Ibiciro by’udukingirizo bigiye kwiyongera kubera intambara ya Iran na Amerika.

NEWS UTUNTU N'UTUNDI

Ubuyobozi bw’uruganda rwa Karex rwo muri Malaysia rukora udukingirizo twinshi ku Isi rwatangaje ko rugiye kuzamura ibiciro byatwo ku kigero cya 30% kubera uburyo intambara ihuza Amerika na Iran ikomeje gutuma ibikoresho byifashishwa mu kudukora bibura.

Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’uru ruganda, Goh Miah Kiat mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho yavuze ko gukora udukingirizo bisigaye bigoye kuva intambara ihuza Amerika na Iran yatangira muri Gashyantare 2026.

Karex nirwo ruganda rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo twinshi. Mu mwaka rukora uturenga miliyari eshanu ndetse rukaba ruyoboye izindi nganda nyinshi zizwi cyane zirimo Durex na Trojan.

Intambara ya Amerika, Israel na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026, ubwo Amerika yagabaga ibitero muri Iran byasize byishe abayobozi bakuru bari mu nama i Tehran barimo Ayatollah Ali Khamenei wari umuyobozi w’Ikirenga w’iki gihugu.

Ingaruka zikomeye zatewe n’iyi ntambara ni ifungwa ry’inzira ya Hormuz inyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli byoherezwa ku Isi yose, yafunzwe na Iran.

Ibi byatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku Isi bitumbagira cyane kurusha uko byigeze bibaho mu mateka yayo.

Karex igaragaza ko kugira ngo hakorwe udukingirizo ikenera ‘ammonia’ na ‘silicone’ bifite aho bihurira n’ibikomoka kuri peteroli, gusa kubera ifungwa ry’iyi nzira bikomeje kugira ingaruka ku bijyanye no kubona ibikoresho bakenera.

Goh yabwiye Bloomberg ko bakomeje guhura n’ikibazo cy’uko abifuza udukingirizo biyongereye cyane ku kigero cya 30% muri uyu mwaka kandi bakiyongera mu gihe bari mu bibazo byo kubona ibikoresho byifashishwa mu kudukora.

Ati “Mu bihe bibi turimo nkibi by’intambara, abakenera gukoresha udukingirizo bakomeje kwiyongera ubutitsa kubera ko ntabwo bazi neza ahazaza habo, wenda niba bazaba bagifite akazi kabo mu mwaka uri imbere. Igihe ubyaye umwana iki gihe uba wongereye umubare w’abo ugaburira.”

Iyi ntambara imaze gutuma ibiciro by’amatike y’indege bizamuka cyane kubera ko ubungubu itike igura amafaranga macye yiyongereye ku kigero cya 24% kurusha uko yaguraga umwaka ushize.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *