Ku cyumweru kuwa 29 werurwe 2026 , abantu batatu, abagore babiri n’umugabo, bemejwe ko bapfuye nyuma y’inyubako y’amagorofa atatu yakoreshwaga mu itorero ryaguye ku basenga mu murwa mukuru wa Ghana, Accra.
Minisitiri w’imbere mu gihugu, Muntaka Mohammed Mubarak, yatangaje ko hari abandi 20, biganjemo abagore n’abana, babashije gutabarwa kandi bari kuvurirwa mu bitaro bitandukanye. Yongeyeho ati: ” 95% byabantu bari mu rusengero bamaze gukurwamo utagifite abantu”.
Itsinda rishinzwe gutabara ryakoze ijoro ryose bashakisha abagwiriwe n’inyubako.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu akabaya yatangajeko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe n’imvura nyinshi, akomeza avuga ko ababishinzwe bagikomeje gukurikirana ngo bamenye neza icyabiteye.
iyi nyubako yari igizwe n’ishuri ryo mu gace ka New Town muri accra, ariko abaturage bakaba bavugako iyi nyubako yarimaze imyaka myinshi ikoreshwa kandi ituzuye.
Raporo ya mbere yari yagaragaje ko hapfuye abantu babiri abandi cumi na bane(14) bamaze gutabarwa. gusa imibare ya nyuma yatangajwe na Minisitiri yavugaga ko nyuma y’ubutabazi 20 bose bamaze gutabarwa ari bazima.
Ntago hazwi neza umubare wabantu bari mu rusengero ubwo impanuka yabaga.


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

