Sénégal yambuwe Igikombe cya Afurika cya 2026 gihabwa Morocco.

NEWS Sports

Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) kemeje ko Igikombe cya Afurika cyegukanywe na Sénégal icyamburwa, kigahabwa Morocco.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2026, ni bwo CAF yashyize hanze itangazo rigaragaza ibyavuye mu bujurire bwatanzwe na Maroc nyuma y’imyanzuro y’ikibazo cy’imyitwarire yabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2026.

Ku wa 18 Mutarama 2026 ni bwo mu Mujyi wa Rabat muri Maroc, habereye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, ariko ntiwagenda neza kuko waranzwe n’imvururu zikabije zasize na bamwe mu bafana ba Sénégal bafunzwe.

Muri uko kwezi, Komisiyo ishinzwe Imyitwarire muri CAF yafatiye ibihano bikomeye Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal n’iryo mu Bwami bwa Maroc, birimo kwishyura amande, guhagarika Umutoza Pape Thiaw n’abakinnyi batandukanye ku mpande zombi.

Uyu mwanzuro ntabwo wanejeje Maroc yahisemo kujya kujurira, birangira ihawe ubutabera bwo guhabwa igikombe nk’uko byatangajwe na CAF mu itangazo yashyize hanze.

Yagize iti “Akanama gashinzwe Ubujurire muri CAF kashingiye ku Ngingo ya 84 y’Amategeko y’Igikombe cya Afurika (AFCON), kemeza ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal iterwa mpaga ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 muri Maroc, ku bitego 3-0 by’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Maroc FRMF.”

Ismaël Saibar ukinira Maroc wari wahagaritswe imikino itatu akanacibwa amande y’ibihumbi 100 by’Amadolari (asaga miliyoni 145 Frw), ibyo bihano byakuweho ariko ahanwa kudakina imikino ibiri ya CAF harimo umwe usubitse.

FRMF yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025, yari yaciwe kandi ibihumbi 15$ (miliyoni 21 Frw) kubera abafana bakoresheje urumuri (lasers) batunga mu maso y’abakinnyi muri uwo mukino, na yo yagabanyijwe aba ibihumbi 10$.

FRMF yari yaciwe ibihumbi 200$ (hafi miliyoni 291 Frw) kubera imyitwarire idakwiye yaranze abana batoragura imipira ku kibuga muri uwo mukino, ariko yagabanyijwe aba ibihumbi 50$.

Ibihumbi 100$ (miliyoni 145 Frw) yari yaciwe kubera imyitwarire y’abakinnyi b’ikipe y’igihugu yayo n’abatoza bagiye mu cyumba cya VAR kubangamira abasifuzi kandi bikaba bihabanye n’ingingo ya 82 n’iya 83 mu mategeko ngengamyitwarire CAF igenderaho, byagumyeho.

Abandi bakinnyi ba Maroc bandi bari bahagaritswe barimo Kapiteni w’iki gihugu, Achraf Hakimi, ibihano byabo byakuweho.

Byari ibyishimo kubanya morocco nyuma yuko umwanzuro usohotse.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *