Ingabo za RDC zikomeje gusuka amakompora mu bice bigenzurwa na M23

NEWS

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rikomeje kurasa amakompora mu bice bigenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, rikoresheje indege zirimo izitagira abapilote (drone).

Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko mu ijoro ryo ku wa 1 rishyira uwa 2 Ukwakira 2025, ingabo za RDC zagabye igitero cya drone n’indege y’intambara mu bice bituwe cyane muri teritwari ya Rutshuru na Lubero.

Muri Rutshuru, aya makompora yasenye inzu eshatu ziri mu gace ka Kisisile muri gurupoma ya Bukoma; mu bilometero bigera kuri bitatu ugana kuri santere ya Rutshuru. Umubare w’abapfuye cyangwa abakomeretse nturamenyekana.

Kanyuka yagize ati “Ibi bitero byatwaye ubuzima bw’abasivili benshi b’inzirakarengane, bituma abaturage bacu bahunga ku bwinshi. Ibi bitero bigize ibyaha biri gutegurirwa ku cyicaro gikuru cyabo kiri muri Uvira na Bujumbura.”

Mu ijoro ryakeye kandi, drone y’ingabo za RDC yo mu bwoko bwa CH-4 yarashe amakompora mu gace ka Buleusa gaherereye muri gurupoma ya Ikobo muri teritwari ya Walikale, abaturage benshi barahunga, abandi bifungirana mu nzu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Ukwakira, amasomo yahagaze muri Buleusa kuko ababyeyi bafite impungenge ko umutekano w’abana babo ushobora guhungabana mu gihe bajya ku ishuri.

Kanyuka yatangaje ko AFC/M23 ifite inshingano zo kujya kurinda abaturage bari kugabwaho ibitero no kubarwanirira.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *