Nyuma y’uko APR FC yegukanye umwanya wa gatatu muri CECAFA Kagame Cup 2025, ubuyobozi bwa CECAFA bwiseguye ku makosa yabaye, bigatuma iyi kipe itahabwa imidali ku gihe nk’uko byari biteganyijwe.
Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yatsinze KMC igitego 1-0 cyatsinzwe na Memel Raouf Dao, bituma isoza iri rushanwa iri ku mwanya wa gatatu. Nyuma y’umukino, APR FC yabwiwe ko imidali izatangwa mu birori byo gusangira ku meza, nyamara byaje guhinduka kuko amakipe yahembwe ku kibuga nyuma y’umukino wa nyuma warangiye Singida Black Stars itsinze Al Hilal Omdurman ibitego 2-1 igatwara igikombe.
Ibi byatumye APR FC isigara idaherewe imidali nk’uko byari biteganyijwe, ibintu byateje urujijo ku bafana bayo. Nyuma y’iki kibazo, Andrew Oryada, Umuyobozi ushinzwe Iyamamazabikorwa n’Itangazamakuru muri CECAFA, yasabye APR FC imbabazi mu izina rya komite itegura iri rushanwa.
Yagize ati:
“Mu izina rya komite ya CECAFA ndashaka gufata uyu mwanya ngo nsabe imbabazi ikipe ya APR FC. Hatanzwe amakuru nabi, bituma ubwo hatangwaga imidali batagaragara ku kibuga. Gusa ndabashimira kuba mwitabiriye ibi birori bya Gala Dinner & Award.”
N’ubwo habaye ako kavuyo, Memel Raouf Dao yahawe igihembo nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa. APR FC nayo yahawe amafaranga 10,000$ nk’igihembo cy’umwanya wa gatatu.
Iyi kipe yahise itaha iva muri Tanzania, aho biteganyijwe ko izongera kugaruka mu kibuga ku wa Kane, tariki ya 18 Nzeri 2025, ikina na Gicumbi FC mu mukino wa Shampiyona y’u Rwanda.


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

