Chelsea FC yo mu Bwongereza yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cy’Amakipe nyuma yo gutsinda Fluminense yo muri Brésil ibitego 2-0, mu mukino wabereye kuri MetLife Stadium, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Kabiri tariki ya 8 Nyakanga 2025.
Ikipe ya Chelsea yatangiye umukino ikina neza, ndetse ku munota wa 9 Marc Cucurella yari agerageje gutsinda igitego n’umutwe ariko umunyezamu Fábio Deivson wa Fluminense aragikuramo.
Igitego cya mbere cya Chelsea cyaje ku munota wa 18 gitsinzwe na João Pedro, wari inyuma y’urubuga rw’amahina, aho yateye ishoti rikomeye riragenda ritumbagira mu izamu. Nubwo yari yatsinze igitego, João Pedro ntiyagishimye kuko cyari ku mukino we wa mbere muri Chelsea, kandi agitsinze ikipe yahoze akinira.
Fluminense nayo yagerageje kwishyura igitego ku munota wa 26 ubwo Hercules yashyiraga umupira mu izamu, ariko Cucurella wari ushyigikiye umunyezamu Robert Sánchez awukuramo utararenga umurongo.
Ku munota wa 35, Fluminense yasabye penaliti ku mupira wakubise ku kuboko kwa Trevoh Chalobah, ariko umusifuzi yemeza ko nta penaliti ibaye.
Igice cya mbere cyarangiye Chelsea iyoboye n’igitego 1-0.
João Pedro yongeye kuba intwari ku munota wa 56, atsinda igitego cya kabiri cya Chelsea. Icyakora ntiyabashije gukomeza umukino kuko nyuma y’iminota ine yahise asimburwa kubera imvune.
Chelsea yatozwaga na Enzo Maresca yakomeje gushaka igitego cya gatatu, mu gihe Fluminense yatozwaga na Fernando Diniz Silva nayo yarwanaga ishaka uko yishyura, ariko umukino urangira ari ibitego 2-0.
Chelsea izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa na Real Madrid yo muri Espagne, zizakina ku wa Gatatu, tariki ya 9 Nyakanga 2025.


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

