Karongi: Umusore bamusanze y’imanitse mu mugozi yapfuye nyuma yo kurwanira umukobwa n’abandi basore mu masaha y’ijoro

Umusore witwa Sinzumunsi Phenias wo mu Mudugudu wa Kimigenge, Akagari ka Kibirizi, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, yasanzwe mu mugozi yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Kanama 2024. Byabaye nyuma yo gukimbirana n’abasore bakora ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro bapfa umukobwa. Amakuru avuga ko Sinzumunsi yagiranye amakimbirane n’aba basore mu ijoro […]

Continue Reading

Abaturage biraye mu ngoro ya Minisitiri w’Intebe bigabiza n’uburiri bwe

Nyuma yo kwegura kwa Sheikh Hasina Wazed w’imyaka 76 wari Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh, agahungira mu Buhinde, abaturage biraye mu rugo rwe bazambya ibintu byose, ndetse hari n’ababonywe bari ku buriri bwe. Abigaragambya biraye mu ngoro ye iherereye mu Murwa Mukuru, Dhaka, bavugaga ko ari iy’abaturage yagarujwe. Binjiyemo birara mu byumba byose birimo n’icyo araramo, […]

Continue Reading

Abapolisi ba Congo hafi 100 bahungiye muri Uganda

Abapolisi hafi 100 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bahungiye muri Uganda mu mpera z’icyumweru gishize kubera imirwano ikaze yahanganishije umutwe wa M23 n’Ingabo z’iki Gihugu (FARDC). Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda yatangaje ko aba bapolisi bahungiye muri Uganda banyuze ku mupaka wa Ishasha, binjira mu gace ka Kanungu gaherereye mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bwa […]

Continue Reading

Spiro Rwanda yagejeje moto nshya 500 mu Rwanda

Uruganda Spiro Rwanda rukora moto zikoresha umuriro w’amashanyarazi rukomeje kwishimira umusanzu ruri gutanga mu kugabanya imyuka yangiza ikirere, by’umwihariko mu Rwanda. Mu cyumweru gishize, uru ruganda rwari rwahurije hamwe abamotari 150 mu rwego rwo kwishimira intambwe bagezeho, aho bose bakoze akarasisi mu mihanda y’i Kigali, bagamije kumurika moto nshya z’amashanyarazi no kugaragaza ibyiza byazo mu […]

Continue Reading

Imyigaragambyo yatumye Minisitiri w’Intebe yegura ahita ahunga igihugu

Sheikh Hasina Wazed, Minisitiri w’Intebe wa Bangladesh, yeguye ndetse ahunga igihugu nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yaguyemo abagera kuri 300. Hasina, wari ufite imyaka 76, yeguye kuri uyu wa Mbere nyuma y’uko abigaragambya basenye urugo rwe. Kuri iki Cyumweru, Leta yashyizeho Guma mu rugo kugira ngo abantu badasubira mu mihanda kwigaragambya, ariko abigaragambya barenze kuri ayo mabwiriza […]

Continue Reading

Gen Nyakarundi yasuye Ingabo z’ Rwanda ziri muri Centrafrica

Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka za RDF, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa MINUSCA muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) ku cyumweru. Maj Gen Nyakarundi yaganiriye n’abapolisi n’abasirikare b’u Rwanda bakorera mu butumwa bwo kubungabunga amahoro no mu bufatanye bw’ibihugu byombi hagati y’u Rwanda na CAR. Mu kiganiro cyabereye […]

Continue Reading

Gusezeranya abantu bafashe ku ibendera byakuweho

Mu Rwanda, gusezeranya abantu bafashe ku ibendera ry’igihugu byakuwe mu mategeko. Ubusanzwe, abagabo n’abagore bashyingiranywe barahiraga bazamuye ukuboko kw’iburyo, ukw’ibumoso gufashe ku ibendera ry’igihugu. Ibi byari biteganywa n’itegeko rigenga abantu n’umuryango ryo mu 2015. Itegeko rishya ryavuguruwe mu 2024 mu ngingo yaryo ya 207, rishyiraho ko nta muntu uzongera kurahira mu gihe cy’ishyingirwa imbere y’umwanditsi […]

Continue Reading

Gen. Muhoozi Kainerugaba agiye ku garuka mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganya gusura u Rwanda mu minsi mike iri imbere aho azitabira umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame. Gen Muhoozi, usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yemeje aya makuru abinyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Nejejwe no gutangaza ko vuba aha nzasura […]

Continue Reading

Uruganda rukora imyenda mu Rwanda rwahiye rurakongoka

Kuri uyu wa Mbere tariki 5 Kanama 2024, ahagana saa kumi n’imwe z’igitondo, uruganda C&D Products Rwanda rukora imyenda ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali kiri i Masoro, rwafashwe n’inkongi y’umuriro hahiramo imyenda yose rwakoraga. Umuyobozi Ushinzwe Imikoranire n’Ibindi Bigo muri C&D Products Rwanda, Ntabana Yves, yemeje aya makuru agira ati, “Rwahiye Pe! Hahiye […]

Continue Reading

RIB yataye muri yombi umwana w’imyaka 13 akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 3

Ku mugoroba wo ku wa 3 Kanama 2024, umwana w’imyaka 13 wo mu karere ka Rutsiro yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), akekwaho gusambanya mugenzi we w’imyaka itatu. Ibi byabereye mu murenge wa Musasa, mu Kagari ka Gisiza, mu mudugudu wa Karambi, ahagana mu masaha ya saa kumi z’umugoroba. Bivugwa ko ibi byabaye mu […]

Continue Reading

M23 yafashe Ishasha, Abapolisi ba RDC bahungira muri Uganda

Umutwe wa M23 kuri iki Cyumweru tariki ya 4 Kanama, wigaruriye agasantere gakomeye k’ubucuruzi ka Ishasha kari ku mupaka muri teritwari ya Rutshuru, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni agasantere kari ku mupaka ugabanya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na Uganda, kazwiho kugira urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa biva cyangwa byinjira muri Congo. Ijwi rya Amerika […]

Continue Reading