Ishyaka DGPR ryemeje manifesto yaryo ryizera intsinzi mu matora

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 11 Gicurasi 2024, Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryagize inama nyobozi ryagaragarijemo imigabo n’imigambi (Manifesto) yaryo rizifashisha mu matora ya Perezida n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Wari umwanya kandi wo kwemeza abakandida bazarihagararira mu matora y’Abadepite uko ari 64 barimo abagore 30 […]

Continue Reading

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Perezida Paul Kagame yageze muri Sénégal yakirwa na mugenzi we Bassirou Diomaye Faye, uherutse gutorerwa kuyobora icyo gihugu, ndetse na bamwe mu bagize Guverinoma. Perezida Kagame yasuye igihugu cya Senegal kuri uyu wa Gatandutu tariki ya 11 Gicurasi 2024, yageze i Dakar mu murwa mukuru nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’umukuru w’Igihugu Village Urugwiro. Perezida Kayishimiye intsinzi […]

Continue Reading

Umukecuru w’imyaka 97 yasanzwe munsi y’umukingo yapfuye

Iryoyavuze Julienne w’imyaka 97 wibanaga mu nzu mu Mudugudu wa Kanome, Akagari ka Kagarama, Umurenge wa Mahembe, Akarere ka Nyamasheke, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Gicurasi, 2024 yasanzwe munsi y’umukingo yapfuye, bikekwa ko yawuhanutseho akagwa akabura gitabara akarinda ahanogokera. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mahembe, Uwizeyimana Emmanuel yatangarije Imvaho Nshya ko […]

Continue Reading

Impanuka y’imodoka yahitanye umushoferi, inakomeretsa 3 yari atwaye

Imodoka yo mu bwoko bwa fuso yavaga i Kigali yageze mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi irenga umuhanda igwa muri metero 10 munsi yawo, umushoferi yahita apfa, abacuruzi 2 yari atwaye na kigingi barakomereka. Iyo modoka yari itwaye toni 10 z’ibicuruzwa ibivanye i Kigali ibijyana muri santere y’ubucuruzi ya Gatare, mu Murengae wa […]

Continue Reading

Etoile de L’Est na Sunrise FC zikozeho zikubitwa akanyafu kunda zisanga iyo zavuye

Amarira ni menshi cyane ku ikipe ya Etoile del’Est imanutse mu cyiciro cya kabiri nyuma yo kunyagirirwa imbere y’abakunzi ba yo na Bugesera FC ibitego 3-0. Wari umukino Etoile del’Est yasabwaga gutsinda kugira ngo igume mu cyiciro cya mbere ariko birangira byanze kuko na Bugesera FC yari mu murongo utukura nta kosa yagombaga gukora. Etoile […]

Continue Reading

Amakuru mashya kuri gerenade zatewe mu bantu i Bujumbura

Abayobozi b’Uburundi batangaje ko umubare w’abamaze gukomeretswa na gerenade yatewe kuri gare ya Bujumbura ari 38, harimo 5 bikomeye cyane. Nk’uko amakuru ava mu bari i Bujumbura abivuga, grenade imwe yatewe ku bagenzi bari batonze umurongo muri iyi gare mu masaha ya saa moya n’igice y’umugoroba wa tariki ya 10 Gicurasi 2024. Indi yatewe hafi […]

Continue Reading

M23 yishe umukoloneli wa FARDC

Imirwano irakomeje hagati y’Umutwe wa M23 n’ihuriro ry’ingabo zifasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC zirimo izaturutse mu muryango wa SADC,iNGABO Z’Uburundi,FDLR,Wazalendo n’abacanshuro b’ababazungu , kuri ubu ikaba yaramaze kugera mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Nyuma yaho abarwanyi ba M23 bakandagije ibirenge muri teritwari ya Kalehe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo ndetse […]

Continue Reading

Abantu batandatu bishwe n’inzara mu kwezi kumwe mu nkambi ya Rusayo 3

Abantu batandatu bapfuye bazize inzara mu gihe cy’ukwezi kumwe mu nkambi ya Rusayo 3 nkuko byatangajwe na Perezida w’inkambi,ku wa gatanu, tariki ya 10 Gicurasi. Nk’uko Joseph Kamara abitangaza ngo iyi nkambi y’impunzi iherereye hafi y’ikigo cya UNICEF kibamo ingo zigera ku bihumbi makumyabiri na bitatu. Ati: “Dukeneye ibiryo kuko hano hari abantu benshi bapfa. […]

Continue Reading

Umutoza w’Amavubi yahamagaye abakinnyi azakoresha kuri Benin na Lesotho

Umutoza w’ikipe y’igihugu ’Amavubi’yatangaje urutonde rw’Agateganyo rw’Abakinnyi yahamagaye, bazitabira umwiherero wo kwitegura imikino yo guhatanira kuzitabira Igikombe cy’isi kizaba mu mwaka wa 2026. Uru rutonde rw’agateganyo ruriho abakinnyi 37 barimo abakina hanze 16. Abo barimo abanyezamu batanu, ba myugariro 12, abakina hagati 14 na ba rutahizamu batandatu. Bugesera FC ishobora kumanukana mu cyiciro cya kabiri […]

Continue Reading

Kylian Mbappé yasezeye ku ikipe ya PSG

Rutahizamu Kylian Mbappé yasezeye byeruye kuri Paris Saint-Germain yari amazemo imyaka 7. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze,yatangaje ko atazongera amasezerano muri PSG – kugira ngo akureho ibihuha byavugaga ko ashobora kwisubiraho akagumana n’iyi kipe. Mbappe yasobanuye muri videwo ikora ku mutima ko atazava muri PSG gusa, ahubwo ko azava mu Bufaransa muri rusange […]

Continue Reading