Ibitero simusiga Israel yagabye kuri Liban bivugwa ko bimaze guhitana abantu 254 bikomeretsa abandi 1165, ibigaragaza uburyo intambara hagati ya Israel na Hezbollah ikomeje nubwo iya Iran yabaye ihagaritswe.
Ni ibitero by’indege bihambaye Israel yagabye muri Liban ku wa 8 Mata 2029, aho ab’i Tel Aviv barashe ahantu 100 byavugaga ko hari ibigo Hezbollah yakoreshaga. Israel yaharashe mu minota 10 gusa.
Ibice Israel yarasheho birimo ibyo mu majyepfo y’Umujyi wa Beirut, amajyepfo ya Liban ndetse n’uburasirazuba bw’ikibaya cya Bekaa.
Minisiteri y’Ubuzima ya Liban yatangaje ko abarenga 254 bahitanywe n’iki gitero ndetse abandi 1165 barakomereka. Imibare ishobora kwiyongera bijyanye n’ubukana bw’iki gitero.
Ibi bitero byagabwe nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yanyomoje Pakistan yari yavuze ko na Liban irebwa n’amasezerano yo guhagarika intambara ya Iran mu byumweru bibiri.
Umuvugizi wa White House, Karoline Leavitt, na we yavuze ko Liban itarebwa n’aya masezerano.
Hezbollah na yo yavuze ko ifite uburenganzira bwo kwirwanaho.
Hezbollah yinjiye muri iyi ntambara ubwo yarasaga kuri Israel ivuga ko iri guhorera Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran wishwe na Israel ku wa 28 Gashyantare ubwo intambara yatangiraga.
Kuva ubwo Israel yahise iyigabaho ibitero bikomeye. Liban itangaza ko abarenga 1700 bamaze kuyigwamo barimo n’abana barenga 139.
Israel yo igaragaza ko imaze kwica abarwanyi 1100 ba Hezbollah. Abarenga miliyoni 1,2 bo muri Liban bamaze kuvanwa mu byabo
What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

