M23 yamaze gufata ikibuga cy’Indege cya Kavumu

NEWS

Umuvugizi wa AFC/M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko abarwanyi babo bafashe burundu ikibuga cy’indege cya Kavumu, giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

M23 yemeje ko yigaruriye ikibuga cyose nyuma yo gufata uduce twa Kabamba na Katana, twose dukaba turi muri teritwari ya Kabale.

Kanyuka yavuze ko kwigarurira ikibuga cy’indege cya Kavumu ari intambwe yo kwirukana umwanzi no kwirwanaho.

Yagize ati: “Kuva ubu, Kavumu n’inkengero zayo, harimo n’ikibuga cy’indege, biri mu maboko y’AFC/M23.”

Ku wa 13 Gashyantare, Kanyuka yari yatangaje ko indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’iri huriro yarashe mu bice bituwe cyane muri Kalehe, bikaviramo urupfu rw’abasivili 10, abandi 25 bagakomereka.

AFC/M23 yasobanuye ko ibisasu byatewe n’iyo ndege byangije inzu z’abaturage ndetse n’Ibitaro Bikuru bya Kalehe.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *