Nimero ya mbere ku Isi mu mukino wo gusiganwa ku magare, Tadej Pogačar, yageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane, aho yitabiriye Shampiyona y’Isi izabera i Kigali tariki 21-28 Nzeri 2025.
Pogačar usanzwe ukinira Ikipe ya UAE Team Emirates XRG, ari mu bakinnyi icyenda bagize Ikipe y’Igihugu y’Abagabo ya Slovenia izitabira Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025.
Ku myaka 26, ni we mukinnyi wa mbere ku Isi ndetse aheruka kwegukana Tour de France ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, iba iya kane muri rusange.
Pogačar yegukanye kandi Shampiyona y’Isi ya 2024 mu gusiganwa mu muhanda yabereye i Zürich mu Busuwisi.
Kuri iyi nshuro, na bwo ayoboye abahabwa amahirwe kuko ari umuzamutsi mwiza mu gihe Shamiyona y’Isi y’i Kigali izaba yuzuyemo udusozi turimo Norvège na Mur de Kigali (Kwa Mutwe) byitezwe ko tuzagora benshi.

Uretse Tadej Pogačar, abandi bakinnyi umunani bagize Ikipe y’Igihugu ya Slovenia ni Primož Roglič, Matej Mohorič, Domen Novak, Luka Mezgec, Matevž Govekar, Gal Glivar, Jaka Primožič na Matic Žumer.
Pogačar wageze mu Rwanda ku mugoroba wo ku wa Kane, i Kigali azahakina amasiganwa abiri gusa; ku munsi wa mbere no ku munsi wa nyuma.
Ku Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri 2025, azaba ari mu bakinnyi b’abagabo bazasiganwa n’igihe buri wese ku giti cye (Men Elite ITT), aho we n’Umubiligi Remco Evenepoel watwaye iri siganwa i Zurich mu 2024, bazaba bahanzwe amaso.
Ni mu gihe ku munsi wa nyuma, ku Cyumweru tariki ya 28 Nzeri 2025, ari mu bazaba bahanzwe amaso mu isiganwa ryo mu muhanda rizakinwa n’abagabo ku ntera y’ibilometero 267,5.
Umugore wa Pogačar, Urška Žigart na we ari mu bazahatana muri Shampiyona y’Isi i Kigali aho ari mu bakinnyi bazakinira Slovenia muri ITT yo ku munsi wa mbere ndetse n’isiganwa ryo mu muhanda ku munsi wa nyuma.


What do you feel about this post?
Like
Love
Happy
Haha
Sad

