Rafael York yasinyiye ikipe yo muri koreya y’Epfo.

NEWS Sports

Umukinnyi wo hagati mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Rafael York, yakoze amateka yo kuba Umunyarwanda wa mbere ugiye gukina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Koreya y’Epfo nyuma yo gusinyira ikipe ya FC Anyang avuye muri IK Oddevold.

‎Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2026 ni bwo iyi kipe ibarizwa mu Cyiciro cya Mbere (K League 1) yatangaje ku mugaragaro ko yasinyishije uyu mukinnyi w’imyaka 27 kugira ngo yongere imbaraga mu kibuga hagati.

FC Anyang kuri ubu iri ku mwanya wa karindwi n’amanota atanu mu mikino itanu imaze gukina muri iyi shampiyona igizwe n’amakipe 12.

Nyuma yo gushyira umukono ku masezerano, Rafael York yashimye iyi kipe nshya agiye gukinira ndetse yizeza ibyiza abakunzi bayo.

‎Yagize ati “Ndishimye cyane kuba nsinyiye FC Anyang. Nzumva vuba inshingano ikipe inshakaho kandi nzakora ibishoboka byose mu kibuga kugira ngo ntange umusaruro mu kugera ku ntego z’ikipe.”

‎Uyu musore wavukiye muri Suède, yazamukiye mu makipe y’abakiri bato ya Bragges IF na Sandvikens IF yakiniye bwa mbere mu nkuru mu 2014. Yanyuze mu makipe atandukanye arimo Bochum yo mu Budage, IFK Värnamo na Kalmar FF yagezemo mu 2019.

‎Yakiniye kandi AFC Eskilstuna imikino irenga 50, atsinda ibitego umunani mbere yo kwerekeza muri ZED FC yo mu Misiri, Örebro SK ndetse na IK Oddevold yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Suède yari arimo mbere yo kwerekeza muri FC Anyang.

‎Mbere yo guhitamo gukinira u Rwanda akomokamo binyuze ku babyeyi be, Rafael York yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Suède mu byiciro by’abakiri bato kuva ku batarengeje imyaka 16 kugeza ku batarengeje imyaka 19.

Yakiniye Amavubi bwa mbere mu 2021 mu mukino u Rwanda rwatsinzwemo na Uganda igitego 1-0, Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar, aho kugeza ubu York amaze gukina imikino 10.

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *