Burundi:Abagabo babiri bahawe ibihano birimo icyo gufungwa imyaka 500.

NEWS

Urukiko Rukuru mu Gihugu cy’u Burundi rwahamije abagabo babiri icyaha cyo kwica umuturage rutegeka ko bahanishwa gufungwa imyaka 20 no gutanga indishyi za miliyoni 200fbu batazitanga bagafungwa imyaka 500.

Ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, Urukiko Rukuru mu Gihugu cy’u Burundi rukorera mu Ntara ya Kirundo, nibwo  rwahamije uwitwa Iradukunda na Niyonkuru icyaha cyo kwica uwitwa Nibigira Gerard, rubakatira igifungo cy’imyaka 20 no kwishyura indishyi za miliyoni 200fbu.

Abo bagabo bahamijwe kwica uwitwa Nibigira Gerard,,  wishwe tariki ya 22 Werurwe 2026, mu gihe umurambo we wabonetse tariki ya 28 Werurwe 2026. 

Amakuru avuga ko abo bagabo bishe Nibigira Gerard umurambo bawutaba  mu butaka hejuru hasigara ukuboko gusa. ‎

Ubwo baburanaga urubanza mu mizi abo bagabo baburanye bemera icyaha, bavuga ko Nibigira bamubeshye ko hari ubutaka bagiye kugurisha,  bamubwira ko agiye no kubakorera amasezerano y’Ubugure, ariko bamugejeje aho bari bamubwiye baramuniga arapfa.

Urukiko rwanzuye ko abo bagabo bagomba kwishyura indishyi z’akababaro zingana na miliyoni 200fbu batabikora bagafungwa imyaka 500. Urukiko rwanategetse ko moto batwaye uwo bishe na 3.600.000fbu bari bamwabuye bisubizwa umuryango we. 

What do you feel about this post?

0%
like

Like

0%
love

Love

0%
happy

Happy

0%
haha

Haha

0%
sad

Sad

0%
angry

Angry

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *