Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bwa Turahirwa Moses rwanzura ko akomeza afungwa imyaka itatu

Urukiko Rukuru rwa Kigali rwashimangiye igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 2 Frw byakatiwe umunyamideli Turahirwa Moses. Ni icyemezo cyatangajwe ku wa 30 Werurwe 2026, gishimangira icyari cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo mu 2024 rwamuhamije icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge no gukoresha inyandiko mpimbano. Icyo gihano Turahirwa yarakijuririye asaba ko yagihabwa ariko gisubitse, ariko Urukiko […]

Continuer la lecture

Icyo wamenya ku munsi mpuzamahanga wo kubeshya.

Umunsi mpuzamahanga witiriwe umunsi wo kubeshya, uba rimwe buri mwaka buri kuwa 1 Mata. Ni umunsi wihariye kandi utangaje abantu benshi bizihiza. Kuri uyu munsi hakunze kubaho gutebya cyane, kugera n’aho umuntu umubwira ikintu cya nyacyo ariko akanga kucyemera akeka ko umubeshya. Nk’uko bisanzwe iyo umuntu akubeshye, uramurakarira ariko kuri uyu munsi habonekana kwisanzura maze […]

Continuer la lecture

Perezida Donald Trump yatangajeko intambara ya Iran izaba yarangiye mu byumweru 3.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko bateganya guhagarika intambara ya Iran nko mu byumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere. Ibi Trump yabitangaje ku wa 31 Werurwe 2026 ubwo yari mu biro bye. Ni imvugo yumvikanisha neza ko ashaka guhagarika iyi ntambara imaze ukwezi ndetse imaze kwangiriza ibintu byinshi no kuzahaza ubukungu bw’Isi […]

Continuer la lecture

Senegal: Abaryamana bahuje igitsina bagiye kujya bafungwa imyaka 10.

Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yemeje itegeko rihana ryihanukiriye abaryamana bahuje ibitsina, aho uzajya afatirwa muri ibi bikorwa azajya ahabwa igifungo cy’imyaka 10. Ni umushinga wemejwe ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’igitutu imiryango mpuzamahanga yashyize kuri perezida w’iki gihugu kugira ngo atazasinya kuri iri tegeko ariko biba iby’ubusa. Kuryamana kw’abahuje ibitsina bisanzwe ari […]

Continuer la lecture

Umunyamakuru DC Clement yafunzwe.

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement kuri YouTube, yafunzwe acyekwaho kwangiza ikintu cy’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko. Niyigaba yabanje gushyira ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’inzu iri gusenywa avuga ko yari afite ibyangombwa byo kubaka ishuri ariko akaba yatunguwe no kubona urwego rw’Akarere ka Gasabo rumusenyera rutanageze aho ikibazo cyabereye. Niyigaba […]

Continuer la lecture

AFC/M23 irashinja ihuriro rishyigikiye Kinshasa kugaba ibitero simusiga ku baturage

Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 31 Werurwe 2026, ihuriro ry’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa ririmo FARDC, FDLR, imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, abacanshuro ndetse n’ingabo z’u Burundi, ryagabye ibitero bikomeye ku mirongo yose y’imbere y’urugamba. Nk’uko bitangazwa n’Ihuriro rya AFC/M23, ibyo bitero byibasiye cyane uturere dutuwe n’abaturage benshi, hifashishijwe imbunda […]

Continuer la lecture

Umuvugizi w’ingabo z’u Burundi yatangaje icyateye iturika ryumvikanye i bujumbura.

Umuvugizi w’ingabo z’u Burundi Yatangaje ko iturika ryumvikanye ku Gicamunsi cy’uyu munsi ryatewe na ikibazo cy’amashyanyarazi cyabereye mu bubiko bw’intwara mu kigo cya gisirikare kiri i Musaga. Mu masaha yashize nibwo hari hatangiye kujya hanze amafoto agaragaza umuriro mwinshi waturukaga mu kigo cya gisirakare aho iyi mpanuka yabereye, aho bamwe bari bagize ubwoba bikanga ko […]

Continuer la lecture

Burundi: Bujumbura humvikanye urusaku rw’imbunda ziremereye.

Mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi, Bujumbura, kuri uyu mugoroba humvikanye urusaku rukomeye rw’ibiturika, nk’uko byatangajwe n’imbuga nkoranyambaga zinyuranye. Aha, ngo hakomeje kumvikana urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje, ibintu byateye ubwoba mu bice byinshi by’umujyi aho bamwe mu baturage batangiye no guhunga ingo zabo, batinya ko umutekano ushobora kurushaho kuzamba. Ababibonye bavuga ko ibyo biturika bisa […]

Continuer la lecture

Rayon Sports yatangaje Haringingo nk’Umutoza wayo nyuma y’imyaka irenga 3 ayivuyemo.

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje Haringingo Francis Christian watozaga Kiyovu Sports nk’umutoza wayo mukuru nyuma y’iminsi 1,035 ayivuyemo. Kuri uyu wa Kabiri, Rayon Sports ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga yanditse iti:”Twishimiye gutangaza ko Umutoza Mukuru Haringingo Francis yagarutse nyuma y’iminsi 1,035. Isura imenyerewe, umuyobozi wemewe n’igice cy’umuryango wacu, ikaze mu rugo. Ntawatatanya umwana n’umuryango wacu.” Rayon Sports […]

Continuer la lecture

Perezida Touadéra yarahiriye kuyobora Santarafurika ashima by’umwihariko Ingabo z’u Rwanda.

Perezida wa Repubulika ya Central Africa, Prof. Faustin-Archange Touadéra, yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda nshya maze ashimira byimazeyo umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu. Ni umuhango wabaye ku wa 30 Werurwe 2026 aho wanitabiriwe na Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva, wari uhagarariye Perezida Paul Kagame. Wari […]

Continuer la lecture

Umuyobozi wa Air Canada yeguye kubera kutavuga Igifaransa.

Umuyobozi Mukuru wa Air Canada, Michael Rousseau, yeguye kuri iyi mirimo nyuma y’uko anenzwe cyane ko atavuze Igifaransa ubwo yihanganishaga imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka yahitanye abapilote babiri, Mackenzie Gunther na Antoine Forest. Mu minsi ishize indege ya Air Canada yari iri kugwa ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia Airport cyo mu Mujyi wa New York, […]

Continuer la lecture