Rayon Sports yananiwe Gicumbi FC ,itangira guhunga igikombe cya shampiyona.

Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Gicumbi FC 0-0 mu mukino wo ku munsi wa 26 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ,amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona atangira kuyoyoka. Uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Gatandatu saa Kumi Nebyiri n’iminota 30 kuri Kigali Pele Stadium. Mu minota itanu ya mbere umukino wagendaga gacye […]

Continuer la lecture

Umukinnyi wa filime Clapton Kibonge yakoze ubukwe n’umugore we Ntambara Jacky.

Umunyarwenya akaba n’umwanditsi wa Filime Mugisha Emmanuel uzwi nka Clapton Kibonge yakoze ubukwe n’umugore we Mutoni Ntambara Jacky bari bamaranye imyaka umunani bubakanye umuryango. Ni ubukwe bwaranzwe n’umuhango wo gusaba no gukwa byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Mata 2026 bibera Rwempasha mu Karere ka Nyagatare. Ni ibirori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye babarizwa mu myidagaduro […]

Continuer la lecture

Dore ibintu 10 wakorera umukunzi wawe agahora akwirahira.

Dore ibintu ushobora gukorera umukunzi wawe kugira ngo ubagarire urukundo rwanyu kandi unamushimishe bityo utavaho witesha amahirwe yo gukunda no gukundwa mu buzima bwawe. 1. Mu gihe uri kumwe n’uwo ukunda, jya ugerageza kumubwira mu ijwi ryoroheje ndetse akenshi nujya kumubwira akantu gasekeje cyangwa se k’ibanga ujye ukoresha kumwongorera, kuko ibi bituma yumva ibizongamubiri n’itandukaniro […]

Continuer la lecture

BAL 2026: Craig Randall yanditse amateka mashya mu mukino RSSB Tigers yanyagiyemo Dar City.

Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye imikino ya Basketball Africa League, yakoze amateka yo gutsinda imikino ine yukurikiranya nyuma yo gutsinda Dar City amanota 104-92. Iyi kipe ihagarariye u Rwanda, yanditse aya mateka nyuma y’uko ibaye kandi n’iya mbere yabonye itike iyijyana mu mikino ya nyuma ya kamarampaka […]

Continuer la lecture

Uganda yemeye ko yakiriye Abanyafurika birukanwe na Amerika.

Kugeza muri uku kwezi ubutegetsi bwa kabiri bwa Trump bumaze kwirukana muri iki gihugu abantu bagera ku 675,000 nk’uko bivugwa n’ikigo cya leta ya Washington cy’ibarurishamibare. Leta ya Kampala yemeje ko yakiriye abantu umunani (8) bageze muri icyo gihugu ku wa gatatu boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’ubwumvikane bw’ibihugu byombi. Mu itangazo, […]

Continuer la lecture

Burundi:Abagabo babiri bahawe ibihano birimo icyo gufungwa imyaka 500.

Urukiko Rukuru mu Gihugu cy’u Burundi rwahamije abagabo babiri icyaha cyo kwica umuturage rutegeka ko bahanishwa gufungwa imyaka 20 no gutanga indishyi za miliyoni 200fbu batazitanga bagafungwa imyaka 500. Ku wa Kane tariki ya 2 Mata 2026, Urukiko Rukuru mu Gihugu cy’u Burundi rukorera mu Ntara ya Kirundo, nibwo  rwahamije uwitwa Iradukunda na Niyonkuru icyaha […]

Continuer la lecture

Papa Leo XIV yikoreye umusaraba; ibyaherukaga mu myaka irenga 30 ishize.

Ku wa Gatanu Mutagatifu, Papa Leo XIV w’imyaka 70 yagaruye umuco wa kera, ayobora abantu bagera ku bihumbi 30 mu isengesho ry’Inzira y’Umusaraba mu byiciro byose uko ari 14 mu nyubako y’amateka y’i Roma, Colosseum, abikora yikoreye umusaraba. Iki gikorwa cyari kimaze imyaka irenga 30 kitakibaho. Papa ubwe yikoreye umusaraba amasaha hafi abiri, igikorwa gisaba […]

Continuer la lecture

Igiciro cya lisansi cyazamutseho 314 Frw naho mazutu izamukaho 257 Frw

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya ntarengwa by’ibikomoka kuri peteroli, kimwe n’ibiciro bishya by’ingendo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara. Lisansi yazamutseho 314 Frw kuko ibiciro byaherukaga gushyirwaho tariki ya 5 Werurwe lisansi yari ku 1,989 Frw naho mazutu yari ku 1,948Frw, yo yazamutseho 257 Frw. Urwego Ngenzuramikorere […]

Continuer la lecture

FERWAFA yimye Rayon Sports ibyangombwa by’umutoza Haringingo Francis.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamenyesheje Ikipe ya Rayon Sports ko idashobora kubona ibyangombwa byemerera umutoza Haringingo Francis kuyitoza muri aka kanya kuko hari ikibazo cy’amasezerano agifitanye na Kiyovu Sports yahozemo. Ku wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, ni bwo Rayon Sports yandikiye FERWAFA isaba ko Umutoza wayo mushya, Haringingo Francis, yahabwa ibyangombwa […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yavuze ku gukura Ingabo z’u Rwanda muri Mozambique.

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushobora gukura Ingabo zarwo mu Ntara ya Cabo Delgado yo mu Majyaruguru ya Mozambique, aho zafashaga kurwanya imitwe yitwaje intwaro, mu gihe Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi hagarika inkunga y’amafaranga ashyirwa muri ibyo bikorwa. Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Jeune Afrique cyagarutse ku ngingo zitandukanye aho yagaragaje ko […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: Arakekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 6.

Manirabona Corneille w’imyaka 30 y’amavuko, wo mu Mudugudu wa Mataba, Akagari ka Nyakabingo, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, arashakishwa akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka itandatu y’amavuko yibyariye. Amakuru y’uko Maniragaba yasambanyije umwana we w’imfura, yatanzwe na nyina w’umwana akaba n’umugore we Mukamana Charlotte w’imyaka 28 y’amavuko, bikimara kuba.  Umwe mu bayobozi b’Inzego z’ibanze […]

Continuer la lecture