Perezida Trump yateguje Iran kuyifungira inzira muri Hormuz.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ingabo z’igihugu cye zigiye kongera gufungira ubwato bw’ubucuruzi bwa Iran inzira bunyuramo mu Muhora wa Hormuz no gusoresha ubw’ibindi bihugu buhanyura. Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje iki cyemezo kuri uyu wa 13 Nyakanga 2026 mu gihe ingabo za Amerika n’iza Iran zikomeje kurwanira mu Burasirazuba […]

Continuer la lecture

Ntabwo tubarasaho: Trump ku Banya-Iran bari mu kiriyo cya Khamenei

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko  batari burase muri Iran mu gihe bari mu muhango wo gusezera bwa nyuma ku wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga, Ayattolah Ali Khamenei kuko bagikeneye uwo baganira na we. Mu minsi ishize Iran yagaragaje impungenge ko Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bashobora kurogoya ibikorwa […]

Continuer la lecture

Mojtaba yatinye abamugirira nabi ntiyitabira ishyingurwa rya se

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei ntabwo izitabira umuhango wa gushyingura se waguye mu bitero bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 28 Gashyantare 2026, kubera impamvu z’umutekano we. Kuva ku wa Gatanu tariki 03 Nyakanga, kugeza tariki 09 Nyakanga 2026 Abanya-Iran n’inshuti zabo bari mu kiriyo cyo gusezera bwa nyuma kuri, […]

Continuer la lecture

Umutekano ujyanye no kubaho kwacu ntabwo tuwushakira gushimwa n’abahandi: Perezida Kagame

Perezida Paul kagame yatangaje ko intego y’urugamba rwo kubohora igihugu yari iyo gusubiza Abanyarwanda ibyo bari barambuwe ashimangira ko umutekan w’igihugu udashingiye ku gushimwa n’abandi. Perezida Kagame yabitangaje mu ijambo yagejeje ku Abanyarwanda ku munsi wo Kwibohora uri kwizihizwa ku nshuro ya 32. Mu ijambo rye Perezida Paul Kagame yatangiye ashima Ingabo zari iza RPA […]

Continuer la lecture

Abantu 30 bahitanwe n’igitero cy’u Burusiya i Kyiv

Abantu 30 bahitanwe n’igitero gikomeye cy’indege zitagira abapilote na misile u Burusiya bwagabye  ku murwa mukuru wa Ukraine, Kyiv, mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira  mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2026.‎‎Umuyobozi w’Igisirikare cya Ukraine i Kyiv, Timur Tkachenko, yatangaje ko abantu 91 bakomerekeye muri icyo gitero ndetse ko kibasiye […]

Continuer la lecture

Trump yatangaje umuhuro na Iran muri Qatar, Iran ibyamaganira kure

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko intumwa z’igihugu cye zigomba guhurira mu biganiro n’iza Iran muri Qatar mu biganiro bigamije kugera ku masezerano ya nyuma, ariko Iran ibyamaganira kure. Nyuma y’uko impande zombi zishyize umukono ku masezerano y’ibanze ku wa 17 Kamena biteganijwe ko hazakomeza kubaho ibiganiro bigamije kugera ku […]

Continuer la lecture

Le président Kagame s'est exprimé sur Kayumba, Karegeya, Rudasingwa et d'autres qui se voyaient diriger le Rwanda.

Perezida Paul Kagame yavuze kuri bamwe mu bahoze mu nzego zikomeye z’igihugu, barimo Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya na Théogène Rudasingwa, avuga ko bari mu bantu bigeze kwibona cyangwa bakabonwamo n’abari hanze nk’abashobora kuba ba perezida, ariko bagambiriye ikibi. Yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika, yabereye muri Intare Arena, […]

Continuer la lecture

Perezida Tshisekedi wa Congo yatumiye Ndayishimiye w’u Burundi ngo baganire

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na mugenzi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, rurangwa n’ibikorwa binyuranye birimo ibiganiro bibera mu muhezo. Uru ruzinduko ruteganyijwe gutangira none ku wa Mbere tariki 22 Kamena 2026 nk’uko byemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC. Itangazo rashyizwe hanze […]

Continuer la lecture

Ibikubiye mu masezerano y’ibanze Iran na Amerika byitegura gusinya

Nyuma y’igihe kirenga amezi atatu Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe na Israel bahanganye mu ntambara na Iran, hari ikizere ko iyi ntambara yaba igiye guhagarara, nyuma y’uko impande zihanganye zigiye gusinya amasezerano y’ibanze mu gihe cya vuba. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa 13 Kamena 2026, yatangaje ko amasezerano […]

Continuer la lecture

Trump yaciye amarenga ko amasezerano yo guhagarika intambara muri Iran ari hafi kugerwaho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yahagaritse ibitero byari bimaze iminsi utatu yikurikiranya bigabwa kuri Iran, aca amarenga ko amasezerano yo guhagarika iyi intambara yaba agiye kugerwaho. Umwuka mubi wongeye kwaduka hagati y’imbande zombi mu minsi ishize, nyuma y’uko Amerika itangaje ko Iran yarashe indege yayo ya kajugujugu yagenzura umutekano […]

Continuer la lecture

Abasare batatu bo mu Buhinde baguye mu gitero cya Amerika

Leta y’u Buhinde yatangaje ko yababajwe n’ipfu z’abasare batatu baguye mu gitero cy’indege Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati zagabye ku bwato barimo ubwo bwageragezaga gutambuka, aho Ingabo za Amerika zafungiye umuhoro wa Hormuz. Iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira ku wa Kane tariki 11 Kemena 2026, ubwo ubu bwato bwari butwaye ibikomoka […]

Continuer la lecture