Le président Kagame s'est exprimé sur Kayumba, Karegeya, Rudasingwa et d'autres qui se voyaient diriger le Rwanda.

Perezida Paul Kagame yavuze kuri bamwe mu bahoze mu nzego zikomeye z’igihugu, barimo Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya na Théogène Rudasingwa, avuga ko bari mu bantu bigeze kwibona cyangwa bakabonwamo n’abari hanze nk’abashobora kuba ba perezida, ariko bagambiriye ikibi. Yabigarutseho mu nama nyunguranabitekerezo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’Urugamba rwo kuyihagarika, yabereye muri Intare Arena, […]

Continuer la lecture

Perezida Tshisekedi wa Congo yatumiye Ndayishimiye w’u Burundi ngo baganire

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na mugenzi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, rurangwa n’ibikorwa binyuranye birimo ibiganiro bibera mu muhezo. Uru ruzinduko ruteganyijwe gutangira none ku wa Mbere tariki 22 Kamena 2026 nk’uko byemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC. Itangazo rashyizwe hanze […]

Continuer la lecture

Ibikubiye mu masezerano y’ibanze Iran na Amerika byitegura gusinya

Nyuma y’igihe kirenga amezi atatu Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe na Israel bahanganye mu ntambara na Iran, hari ikizere ko iyi ntambara yaba igiye guhagarara, nyuma y’uko impande zihanganye zigiye gusinya amasezerano y’ibanze mu gihe cya vuba. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ku wa 13 Kamena 2026, yatangaje ko amasezerano […]

Continuer la lecture

Trump yaciye amarenga ko amasezerano yo guhagarika intambara muri Iran ari hafi kugerwaho

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yahagaritse ibitero byari bimaze iminsi utatu yikurikiranya bigabwa kuri Iran, aca amarenga ko amasezerano yo guhagarika iyi intambara yaba agiye kugerwaho. Umwuka mubi wongeye kwaduka hagati y’imbande zombi mu minsi ishize, nyuma y’uko Amerika itangaje ko Iran yarashe indege yayo ya kajugujugu yagenzura umutekano […]

Continuer la lecture

Abasare batatu bo mu Buhinde baguye mu gitero cya Amerika

Leta y’u Buhinde yatangaje ko yababajwe n’ipfu z’abasare batatu baguye mu gitero cy’indege Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati zagabye ku bwato barimo ubwo bwageragezaga gutambuka, aho Ingabo za Amerika zafungiye umuhoro wa Hormuz. Iri sanganya ryabaye mu ijoro rishyira ku wa Kane tariki 11 Kemena 2026, ubwo ubu bwato bwari butwaye ibikomoka […]

Continuer la lecture

Umuhora wa Hormuz wongeye gufungwa

Umutwe udusanzwe w’Igisirikare cya Iran, IRGC watangaje ko umuhora wa Hormuz wafunzwe, nyuma y’uko hashize iminsi itatu umwuka mubi wongeye kubura hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu itangazo ryashyizwe hanze na IRGC, yasobanuye ko umuhora wa Hormuz ufunze ndetse ko ugerageza kuhanyura afatwa nk’umwanzi cyangwa ufatanya n’umwanzi. Ni icyemejo kije nyuma […]

Continuer la lecture

Uganda: Ubwenegihugu bwinshi n’uburwayi byatumye ba Minisitiri batanu batarahirira inshingano

Ku wa Mbere tariki 08 Kamena ni bwo hari hateganyijwe umuhango wo kurahiza abagize Guverinoma baherutse gushyirwaho na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ariko batanu muri bo ntibarahiriye izi nshingano kubera ikibazo cy’ubwenegihugu burenze bumwe, n’aho undi we afite ibibazo by’uburwayi. Nyuma y’uko Museveni atangaje Guverinoma y’abo bazafatanya muri manda nshya yatorewe, abayigize bagombaga […]

Continuer la lecture

U Burundi bwahamagaje Ambasaderi wabwo wo mu Bufaransa wakiriwe na Mushikiwabo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr. Edouard Bizimana, yahamagaje bwangu Ambasaderi wabo mu Bufaransa, Spès-Caritas Njebarikanuye, nyuma y’amasaha make yakiriwe n’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo. Ku wa 2 Kamena 2026, Mushikiwabo yakiriye impapuro za ba Ambasaderi b’ibihugu byinshi kugira ngo babihagararire muri OIF, banaganira ku bufatanye. Abo barimo uwa Slovénie, Montenegro, […]

Continuer la lecture

Xi Jinping yakiriwe mu cyubahiro gikomeye na Kim Jong Un n’umugore we

Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yageze muri Koreya ya Ruguru mu ruzinduko rw’akazi rwitezweho gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi, aho yakiriwe mu buryo bwihariye n’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, hamwe n’umugore we Ri Sol Ju. Amashusho yatangajwe na televiziyo ya leta y’Ubushinwa, cctv.com, yagaragaje Kim Jong Un n’umugore we bakoma amashyi ndetse banaseka […]

Continuer la lecture

Ibiganiro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bigeze he?

Kuri iki Cyumweru tariki 07 Kamena 2026, ni umunsi w’ijna (100) intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel batangije kuri Iran, imaze itangiye kuko yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026. Kimwe mu byo abantu bakomeje kwibaza ni iherezo ryayo, ni nyuma y’uko bemeranyije agahenge muri Mata, abantu bagatekereza ko amasezerano y’amahoro arambye yaba agiye […]

Continuer la lecture