Uganda yemeye ko yakiriye Abanyafurika birukanwe na Amerika.

NOUVELLES

Kugeza muri uku kwezi ubutegetsi bwa kabiri bwa Trump bumaze kwirukana muri iki gihugu abantu bagera ku 675,000 nk’uko bivugwa n’ikigo cya leta ya Washington cy’ibarurishamibare.

Leta ya Kampala yemeje ko yakiriye abantu umunani (8) bageze muri icyo gihugu ku wa gatatu boherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’ubwumvikane bw’ibihugu byombi.

Mu itangazo, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda yavuze ko abo bantu atari Abanyamerika kandi atari Abanya-Uganda gusa bose bakomoka muri Afurika.

Ikigo cya Uganda Law Society cyanenze ibi kivuga ko bikorwa mu buryo burimo “iteshagaciro no kwambura ubumuntu” ababikorerwa.

Uganda yiyongereye ku bindi bihugu bya Afurika byemeye kwakira abo Amerika yirukanye ku butaka bwayo birimo Eswatini, Ghana, Sudani y’Epfo n’u Rwanda.

Ibihugu birimo Nigeria, Afurika y’epfo, na Burkina Faso byanze ubwo busabe bwa Washington bwo kwakira abo birukanye.

Umwaka ushize u Rwanda rwemeye kwakira abantu 250 birukanwe na Amerika kandi ikiciro cya mbere cyabo cyahageze muri Kanama (8).

Uganda – kimwe mu bihugu bicumbikiye impunzi nyinshi kurusha ibindi muri Afurika, kivuga ko aba bavuye muri Amerika nabo bazafatwa mu buryo bubahesha agaciro.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *