Rutsiro: Harerimana yishwe n’Umwicanyi utaramenyekana, Umugore we arakomeretswa

Non classé

Urugo rwa Harerimana Vianney wo mu karere ka Rutsiro rwatewe n’umwicanyi utaramenyekana aramwica ndetse akomeretsa umugore we.

 

 

Ibi byabaye mu rukerera rwa tariki 25 Gashyantare 2024, mu murenge wa Gihango ho mu kagari ka Ruhingo, ku isaha ya saa saba z’ijoro.

 

 

Kayitesi Dative, Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro yahamije aya makuru.

 

 

Ati “Umugizi wa nabi utaramenyekana niwe yateye urugo rwa Harerimana Vianney, aramwica ndetse akomeretsa umugore we, nyuma yo kumenya aya makuru y’akababaro iperereza ryahise ritangira ngo uwabikoze afatwe.”

 

 

Yakomeje avuga ko umufasha wa nyakwigendera wakomerekejwe yahise atabarwa ajyanwa ku kigo nderabuzima cya Ruhingo, aho akomeje kwitabwaho.

 

 

Nyuma y’iki kibazo, Inzego z’ibanze zageze murugo kwa nyakwigendera umurambo we  ujyanwa ku Bitaro bya Murunda gukorerwa isuzuma mbere y’uko ushyingurwa.

 

 

Abaturage basabwe gutangira amakuru ku gihe no kwirinda ibyaha by’ubugome.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *