Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’ikirenga

NOUVELLES

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro mu bijyanye n’Imiyoborere Rusange bita PhD (Public Policy and Management) na Kaminuza ya Yonsei (Yonsei University) muri Korea y’Epfo.

Iyi Kaminuza iri muri eshatu zikomeye muri Koreya y’Epfo ndetse ifite ibigo by’ubushakashatsi 178 biyishamikiyeho.

Perezida Kagame yashimiye ubuyobozi bw’iyi Kaminuza kuba bwamuhaye impamyabumenyi ikaba ari ikimenyetso gihesha igihugu cye icyubahiro.

Ni inshuro ya Kane Perezida Kagame asuye Koreya akaba ari n’ubwa Mbere asuye Kaminuza yamuhaye impamyabumenyi y’ikirenga kandi ko yizeye ko uwo mubano uzakomeza.

Yashimiye Ban Ki-Moon ukomoka muri Koreya y’Epfo, atangaza ko inshuti ye n’iy’u Rwanda muri rusange.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *