USA: Umugabo yikoze munda yica abana be barindwi nundi umwe bose barapfa.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru, Umugabo w’imyaka 31 y’amavuko witwa Shamar Elkins yishe arashe abana umunani, barindwi muri bo bakaba bari abe. Aba bana biciwe mu Mujyi wa Shreveport, muri Leta ya Louisiana. Polisi yatangaje ko aya ari amahano akomeye akozwe mu myaka ya vuba muri Amerika, ivuga ko igikorwa nk’iki cyaherukaga kuba mu 2024. […]

Continuer la lecture

Harimo uwo basambanye inshuro 15,Ibyo wamenya kuri dosiye ya Semuhungu.

Semuhungu Eric umaze iminsi atawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha binyuranye birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ibikubiye muri dosiye ye bikagaragaza ko harimo umusore baryamanye inshuro 15. Semuhungu akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ndetse n’icyo gusebanya. […]

Continuer la lecture

Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye.

Perezida wa Amerika, Donald Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye bishobora gusenya ibikorwa remezo by’ingenzi, mu gihe ibiganiro bigamije kugabanya umwuka mubi hagati y’impande zombi bikomeje kudindira. Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kohereza intumwa mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, aho hateganyijwe gukomereza ibiganiro na Iran. Icyakora, yagaragaje ko niharamuka hatabayeho […]

Continuer la lecture

Indirimbo ‘ celebrate me’ yakozwe na AI iyoboye Isi

Indirimbo ya R&B yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI) yitwa “Celebrate Me” iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa iTunes ku Isi hose, ibintu bikomeje kugaragaza uko umuziki ukozwe n’imashini uri kwigarurira isoko. Iyi ndirimbo yakozwe n’umuhanzi w’ikoranabuhanga witwa IngaRose, aho iri kugurwa cyane kurusha izindi ndirimbo zose ku rwego mpuzamahanga. Aya makuru yatangajwe n’urubuga […]

Continuer la lecture

AFC/M23 na FARDC bitanye ba mwana ku bitero byagabwe muri Masisi na Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Cyumweru buri ruhande rwashinje urundi kuba inyuma y’ibitero byagabwe muri Masisi na Minembwe hakoreshejwe drone, nyuma y’amasaha make bavuye mu biganiro by’iminsi itanu byaberaga i Montreux mu Busuwisi. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, saa 17:15 yanditse ku rubuga rwe rwa X ko mu […]

Continuer la lecture

Isi yahombye miliyari 50$ z’ibikomoka kuri peteroli kubera intambara ya Iran.

Kuva intambara ya Iran yatangira, Isi yahombye miliyari 50$ nk’agaciro k’ibikomoka kuri peteroli bitatunganyijwe mu minsi irenga 50 iyi ntambara imaze. Impamvu ni uko gutunganya uyu mutungo kamere byahagaze ntunacuruzwe. Abahanga mu by’ubukungu bavuga ko iki ari igihombo gikomeye cyabaye mu bihe bya vuba ndetse ko ingaruka zacyo zishobora kuzamara imyaka. Ubwo iyi ntambara yatangiraga […]

Continuer la lecture

Rayon Sports n’umutoza wayo mushya Haringingo bakomeje kubura insinzi.

‎Ikipe ya Rayon Sports yakomeje gutakaza amanota mu rugamba rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda nyuma yo kunganya na Rutsiro FC ubusa ku busa mu mukino w’umunsi wa 27 wabereye kuri Stade Umuganda. Uyu mukino wasize Gikundiro yujuje imikino itanu yikurikiranya ya Shampiyona itazi uko gukura amanota atatu mu kibuga bimera kuko iheruka kuyabona […]

Continuer la lecture

Inzozi arsenal yarotaga zirasa nizigeze ku musozo nyuma yo gutsindwa na manchester city.

Ibitego bya Rayan Cherki na Erling Haaland byafashije Manchester City gutsinda Arsenal 2-1, iyisatira ku rutonde rwa Shampiyona y’u Bwongereza igeze mu mikino ya nyuma. Uyu mukino w’Umunsi wa 33 wa Premier League, wari utegerejwe na benshi, wabereye kuri Etihad Stadium ya Manchester City kuri iki Cyumweru. Iyi kipe yari mu rugo yatangiye umukino yotsa […]

Continuer la lecture

Meta igiye kugabanya hafi 10% by’abakozi bayo kubera AI.

Sosiyete ya Meta ifite imbuga nkoranyambaga za WhatsApp, Facebook na Instagram, iri guteganya kugabanya umubare w’abakozi bayo mu rwego rwo kuvugurura imikorere no kurushaho kwibanda ku ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI). Biteganyijwe ko icyiciro cya mbere cyo kugabanya abakozi kizatangira ku wa 20 Gicurasi 2026 nk’uko Reuters yabitangaje. Meta izasezerera hafi 10% by’abakozi bayo ku rwego […]

Continuer la lecture

AFC/M23 yongeye gusaba Leta gufungura amabanki i Goma n’i Bukavu.

Ihuriro rya AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye gusaba ko Leta ifungura amabanki mu bice rigenzura kandi ikanakuraho ibihano byafatiwe abayobozi bakuru baryo. Ni ibyagarutsweho mu biganiro byahuje AFC/M23 na Leta ya RDC, byabereye mu Busuwisi guhera ku wa 13 Mata 2026. Kuva Ihuriro rya AFC/M23 ryafata Umujyi wa Goma muri […]

Continuer la lecture

Uganda: batangiye guhabwa umuti urinda kwandura Agakoko gatera Sida ufatwa kabiri mu mwaka.

Guverinoma ya Uganda yatangije ku mugaragaro itangwa ry’umuti mushya urinda kwandura Agakoko gatera SIDA witwa Lenacapavir, mu rwego rwo kongera ikibatsi mu guhangana n’icyo cyorezo kimaze imyaka myinshi kibasiye abatuye Isi. Umuti wa Lenacapavir utangwa buri mezi atandatu ndetse utanga amahirwe ya 99,9% yo kurinda uwawuhawe kwandura Virusi itera Sida. Uterwa mu rushinge aho iyo […]

Continuer la lecture