RURA yahamagaje Canalbox kubera serivisi mbi abakiriya bayo bamaze iminsi binubira.

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ko rwahamagaje Canalbox kugira ngo itange ibisobanuro n’ingamba zihuse ku makosa amaze iminsi agaragara mu mitangire ya serivisi zayo Hashize iminsi mike abantu bagaragaza ko internet ya Canalbox igenda gake, by’umwihariko abakenera gukora ibisaba internet nyinshi bagorwa cyane. Itangazo RURA yashyize hanze ku wa 21 Mata 2026 rivuga ko uru rwego […]

Continuer la lecture

Bishop Harerimana wayoboraga Zeraphat Holy Church  yasabiwe gufungwa imyaka irindwi

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, guhamya Bishop Harerimana Jean Bosco ibyaha bumukurikiranyeho, agahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka irindwi. Bishop Jean Bosco Harerimana wayoboraga Zeraphat Holy Church yaburanye mu mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, kuri uyu wa Kabiri. Kuri iyi nshuro iburanisha ry’uru rubanza ryabereye mu ruhame bitandukanye n’uko byari bimeze mbere ubwo abaregwa baburanaga ku […]

Continuer la lecture

Minisitiri Uwihanganye yaburiye abazamuye ibiciro by’ubukode bw’inzu bitwaje intambara ya Iran.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean De Dieu, yatangaje ko leta igiye gufatira ingamba abakomeje kuzamura ibiciro bitwaje intambara ya Iran, agaragaza ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ari byo byazamutse n’ibyo ikoreshwamo gusa. Ibi yabitangaje ku wa 21 Mata 2026 mu kiganiro na B&B Kigali, ubwo yagarukaga ku izamuka ry’ibiciro ry’ibikomoka kuri […]

Continuer la lecture

Iran yishe imanitse umunyagihugu washinjwaga gukorana na Israel na Amerika.

Iran yishe Amirali Mirjafari kubera gukekwaho umugambi wo gutwika umusigiti wa Tehran no gukorana na Israel na Amerika, mu gihe imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu yamagana iyicwa ryiyongera. Kuri uyu wa Kabiri, Iran yishe umuntu wahamwe n’icyaha cyo gufasha gutwika umusigiti munini muri Tehran ndetse no gukorana na Israel na Amerika mu myigaragambyo yabanjirije intambara, […]

Continuer la lecture

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bikomeje gutumbagira aho byiyongereyeho 5%

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byazamutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje ko igisirikare cyabo cyarashe ubwato bwariho ibendera rya Iran. Igiciro cya peteroli idatunganyije cyazamutseho 5% kigera kuri 95,29$ ku kagunguru kamwe. Byongeye kuzamuka nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize byari byagabanyutse nyuma y’uko Iran yari yagaragaje ko ikomoreye […]

Continuer la lecture

Bugesera: Umugabo yatemye umugore we n’umwana w’ukwezi kumwe.

Inzego z’umutekano mu Karere ka Bugesera zataye muri yombi umugabo w’imyaka 33 wo mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Mwogo, wishe umugore we w’imyaka 22 n’umwana wabo w’uruhinja rw’ukwezi kumwe n’iminsi ibiri, abatemesheje umuhoro. Ibi byabaye ku wa 20 Mata 2026 mu Mudugudu wa Rukore mu Kagari ka Rugunga mu Murenge wa Mwogo mu […]

Continuer la lecture

Ubushinjacyaha bwasabiye DJ Toxxyk gufungwa imyaka ibiri.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge guhamya Shema Arnaud De Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk, ibyaha bumukurikiranyeho birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake, rukamuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw. Iburanisha ry’urubanza mu mizi ryabaye kuri uyu wa 20 Mata 2026, nyuma y’uko ku wa 15 Mata rwasubitswe ku busabe bw’uruhande rwunganira uregwa […]

Continuer la lecture

Marina yamaganye Bad Rama wamwise umukobwa we.

Umuhanzi Marina yihanije Bad Rama amwibutsa ko ntaho bagihuriye ku buryo yavanga izina rye mu murongo mubi yahisemo w’ibikorwa byo guharabika u Rwanda anibasira abayobozi barwo. Bad Rama yifashishije imbuga nkoranyambaga, yasangije abamukurikira ifoto ya Marina ahamya ko ari umukobwa we nubwo batagikorana. Ati “Ni umukobwa wanjye, ntacyabihindura […] icyo nshaka kubabwira ni uko ari […]

Continuer la lecture

USA: Umugabo yikoze munda yica abana be barindwi nundi umwe bose barapfa.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru, Umugabo w’imyaka 31 y’amavuko witwa Shamar Elkins yishe arashe abana umunani, barindwi muri bo bakaba bari abe. Aba bana biciwe mu Mujyi wa Shreveport, muri Leta ya Louisiana. Polisi yatangaje ko aya ari amahano akomeye akozwe mu myaka ya vuba muri Amerika, ivuga ko igikorwa nk’iki cyaherukaga kuba mu 2024. […]

Continuer la lecture

Harimo uwo basambanye inshuro 15,Ibyo wamenya kuri dosiye ya Semuhungu.

Semuhungu Eric umaze iminsi atawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha binyuranye birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, ibikubiye muri dosiye ye bikagaragaza ko harimo umusore baryamanye inshuro 15. Semuhungu akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ndetse n’icyo gusebanya. […]

Continuer la lecture

Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye.

Perezida wa Amerika, Donald Trump yongeye gukangisha Iran ibitero bikomeye bishobora gusenya ibikorwa remezo by’ingenzi, mu gihe ibiganiro bigamije kugabanya umwuka mubi hagati y’impande zombi bikomeje kudindira. Trump yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kohereza intumwa mu mujyi wa Islamabad muri Pakistan, aho hateganyijwe gukomereza ibiganiro na Iran. Icyakora, yagaragaje ko niharamuka hatabayeho […]

Continuer la lecture