Nyabihu: Ukekwaho kwica umugore we amukase ijosi yafashwe ashaka kujya muri Uganda.

Umugabo w’imyaka 40 wo mu Karere ka Nyabihu washakishwaga akekwaho kwica umugore we w’imyaka 26 amukase ijosi akoresheje umuhoro, yafatiwe i Butaro mu Karere ka Burera ashaka gutorokera muri Uganda. Ibi byabereye mu Murenge wa Karago, Akagari ka Kadahenda mu Mudugudu wa Gihira, ku wa 7 Gicurasi 2026. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karago, Muhirwa Robert, […]

Continuer la lecture

Kuberiki igiciro cy’Ibirayi gikomeza kuzamuka kandi n’umusaro wabyo wariyongereye.

ibirayi ni kimwe mu bihingwa biribwa n’abantu benshi mu Rwanda ndetse izamuka ry’ibiciro byabyo biri mu ngingo zigarukwaho kenshi umunsi ku wundi aho abacuruzi babyo n’abaguzi bavuga ko biteye impungenge. Ku masoko atandukanye mu bice binyuranye by’u Rwanda igiciro cy’ibirayi ntigihwema kuzamuka nyamara imibare igaragaza ko buri mwaka umusaruro wabyo wiyongera, ibituma benshi bibaza impamvu […]

Continuer la lecture

Burundi: Amashyaka atanu yanze kugira uruhare mu myiteguro y’amatora.

Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi yatangaje ko atazagira uruhare mu myiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027 bitewe n’uko ibibazo byagaragaye mu mwaka ushize bitakemutse. Mu itangazo rihuriweho ryashyizweho imikono tariki ya 8 Gicurasi 2026, CNL, UPRONA, CODEBU, Sahwanya Frodebu na CDP yatangaje ko amatora y’abadepite n’abasenateri yabaye mu mwaka ushize yabayemo ibibazo […]

Continuer la lecture

Kaminuza 69% za Leta muri Afurika zikoresha Ubwenge buhangano ‘AI’ mu kwigisha.

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano AI muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko Kaminuza za Leta ari zo zigerageza gukoresha iri koranabuhanga cyane mu kwigisha kuko biri ku rugero rwa 69%, mu izigenga ziri kuri 57%. Byagarutsweho mu nama ya ‘ELITE Africa Workshop’ yahuje kaminuza zitandukanye zo muri Afurika igamije kungurana ubumenyi ku ikoreshwa […]

Continuer la lecture

Kigali: Hagiye kuzanwa bisi ntoya zizajya zifata abantu mu ma ‘Quartier’.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko hari gahunda yo gushyiraho bisi zisanga abantu mu duce batuyemo. Ibi yabitangaje ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2026, mu kiganiro yagiranya n’abanyamakuru ubwo yari yitabiriye igitaramo cy’isekarusange cya Gen Z-Comedy Show yari yatumiwemo. Muri iki kiganiro yakomoje kuri gahunda imaze iminsi […]

Continuer la lecture

Muhanga: Umugabo yagwiriwe n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro arapfa.

Habinshuti Alexandre w’imyaka 40 wari utuye  mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyarusange, Akagari ka Rusovu, Umudugudu wa Rwambariro, yapfuye nyuma yo kugwirwa n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Muhanga, ku musozi wa Mushubati uherereye mu Kagari ka Kanyinya, mu ijoro ryo ku wa 7 Gicurasi […]

Continuer la lecture

Federico Valverde na Aurélien Tchouaméni baherutse kurwana basabye imbabazi

Ikipe ya Real Madrid yatangaje ko abakinnyi bayo Federico Valverde na Aurélien Tchouaméni baherutse kurwana basabye imbabazi ariko bakaba baciwe amafaranga angana na miliyoni imwe y’ama euros nk’igihano bombi. Kuri uyu wa gatanu tariki 8 Gicurasi 2026 nibwo ikipe ya Real Madrid yashyize hanze itangazo rivuga ku mvururu zabaye hagati y’abakinnyi bayo Federico Valverde na […]

Continuer la lecture

Umuyobozi wafungiye abaturage mu biro by’Akagari ari gukurikiranwa: Minisitiri Habimana

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yanenze imyitwarire ya bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze bakomeje gufungira abaturage mu biro by’Akagari, avuga ko bitemewe  kandi bidakwiye.‎‎Minisitiri Habimana, yabitangaje kuri uyu Gatanu tariki 08 Gicurasi 2026, abinyujije ku rukuta rwe rwa X.‎‎Yabitangaje nyuma y’aho mu Karere ka Gicumbi humvikanye inkuru y’umusaza n’umukecuru bafungiwe mu biro by’Akagari […]

Continuer la lecture

Icyorezo gishya cyatangiye guhitana abantu abandi  bararwara.

Abantu batatu bamaze gupfa nyuma y’uko hakekwa ko icyorezo cya hantavirus cyagaragaye mu bwato MV Hondius bwari mu rugendo rwari rutwaye abagera ku 150 baturutse muri Argentine. Mu bapfuye harimo umugabo n’umugore b’Abaholandi bafite imyaka 70 na 69. Umurambo w’undi muntu wa gatatu ukiri mu bwato, mu gihe inzego ziri gutegura uko asubizwa mu gihugu […]

Continuer la lecture

Kuki abakobwa benshi banga urunuka abahoze ari abakunzi babo?

Ubusanzwe,abakobwa ntibakunze kurangwa n’urwango rukabije cyangwa umujinya,ariko biratangaje uburyo bisanga bafite urwango rudasanzwe banga abahoze bari kumwe nabo mu rukundo,ndetse bamwe birabangiza. Ibisubizo byavuye mu bushakashatsi  bwakozwe byerekana ko,abakobwa benshi bashobora kwanga  abahoze ari abakunzi babo,ndetse bakifuza kutongera guhura nabo kugera ku mpera y’ubuzima bwabo. Bamwe bagira agahinda gakabije,abandi bakarwara indwara zirimo igifu kubera kunanirwa […]

Continuer la lecture

Abakoresha ‘Bus’ rusange mu Mujyi wa Kigali biyongereyeho 35%

Abaturage bakoresha ‘Bus’ rusange mu Mujyi wa Kigali biyongereyeho 35% nyuma y’amavugurura amaze iminsi akorwa mu rwego rwo kunoza serivisi zo gutwara abantu mu buryo bwa rusange. bi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Uwihanganye Jean de Dieu, mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo kuganiriza urubyiruko mu gitaramo cya Gen-z Comedy cyabereye i […]

Continuer la lecture