Abanduye SIDA mu Rwanda bwavuye kuri 2,7% bugera kuri 2.2% .

Éducation et Santé NOUVELLES

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko urugendo rwo guhangana na Virusi itera SIDA rukomeje gutanga umusaruro, aho ubwandu bwagabanutse bugera kuri 2,2% mu Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49, buvuye kuri 2,7% bwariho mu 2019-2020.

Bigaragara muri raporo yavuze mu bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima bwashyizwe hanze ku wa 30 Kamena 2026.

Raporo igaragaza ko 2,8% by’abagore bafite hagati y’imyaka 15 na 49 babana na HIV, mu gihe ku bagabo ari 1,5%.

Mu rubyiruko rufite hagati y’imyaka 15 na 24, ubwandu bwa Virusi itera SIDA bwaragabanutse kuko bugeze kuri 0,8%. Naho mu bagabo bo muri iki cyiciro ni 0,9%, mu gihe mu bakobwa ari 0,7%.

Mu mijyi ni ho ubwandu bwa Virusi itera SIDA bugaragara cyane kuko buri kuri 3,3%, mu gihe mu cyaro buri kuri 1,7%.

Umujyi wa Kigali ni wo ufite ubwandu buri hejuru mu gihugu, bungana na 3,7%, bukaba bukubye inshuro eshatu uburi mu Ntara y’Amajyaruguru, ifite ubwandu buri hasi kurusha izindi ntara, bungana na 1,0%. Intara y’Amajyepfo yari ifite 2,3%, iy’Iburengerazuba ifite 2,2% mu gihe iy’Iburasirazuba ifite 2,0%.

Mu rubyiruko, Kigali ikomeje kuza imbere, aho ubwandu buri kuri 1,5%, mu gihe Intara y’Amajyaruguru ifite 0,4%.

Kimwe mu byagaragajwe n’ubushakashatsi ni uko uko urwego rw’amashuri ruzamuka, ari na ko ubwandu bwa HIV/SIDA bugabanuka.

Mu bantu batigeze bajya mu ishuri, ubwandu buri kuri 4,9%. Mu gihe mu bize amashuri abanza buri kuri 2,4%, mu bize ayisumbuye bukagera kuri 1,6%, naho mu bize amashuri arenze ayisumbuye bukamanuka bugera kuri 0,9%.

Ubwandu bwagabanutse mu myaka 20 ishize. Raporo igaragaza ko kuva mu 2005 kugeza mu 2014-2015, ubwandu bwa Virusi Itera SIDA bwagumye kuri 3%.

Mu mwaka wa 2019-2020 bwaje kugabanuka bugera kuri 2,7%, naho mu 2025 bugera kuri 2,2%.

Mu bagore, ubwandu bwagabanutse buva kuri 3,5% mu 2019-2020 bugera kuri 2,8% mu 2025. Naho ku bagabo, bwaragabanutse bugera kuri 1,5% buvuye kuri kuri 1,7%.

Raporo ya NISR igaragaza ko imibanire y’abashakanye nayo ifite uruhare mu iganuka n’izamuka  ry’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA aho ubwandu buri hejuru cyane mu bantu bapfakaye, bapfushije abo bashakanye cyangwa abo babanaga, kuko buri kuri 10,9%.

Nko mu bapfakazi, abari bafite ubwandu bari 10,9% mu 2025, abatandukanye n’abo bashakanye bari 7,3%.

Mu bantu bashakanye cyangwa babana nk’umugabo n’umugore, ubwandu buri kuri 2,3%, mu gihe ku batarigeze bashaka buri kuri 1,3%.

Raporo inagaragaza ko 0,4% by’abavuga ko batigeze bakora imibonano mpuzabitsina na bo babana na Virusi itera SIDA.

Abagore bashatse umugabo umwe banduye Virusi itera SIDA bari 6,5% mu mwaka ushize, mu gihe abagore badafite abakeba bari bafite ubwandu bari 2,3%.

Raporo igaragaza kandi ko 1,8% by’abagore batwite babana na Virusi itera Sida.

Umubare w’abo umuntu aryamana na bo ugira ingaruka ku bwandu. Ubushakashatsi bugaragaza ko uko umubare w’abo umuntu aryamana na bo mu buzima bwe wiyongera, ari na ko ibyago byo kwandura Virusi itera SIDA byiyongera.

Mu bagore, ubwandu buri kuri 1,5% ku bagize umufasha umwe gusa mu buzima bwabo, ariko bukazamuka bukagera kuri 16,9% ku bagize abafasha 10 cyangwa barenga.

Mu bagabo, ubwandu buri kuri 0,6% ku bagize umufasha umwe, bukazamuka bukagera kuri 6,1% ku bagize abafasha bari hagati ya batanu n’icyenda, mbere yo kugabanukaho gato bukagera kuri 4,3% ku bagize abafasha 10 cyangwa barenga.

Gusiramurwa kw’abagabo gufitanye isano no kugabanyuka kw’ibyago byo kwandura Virusi itera SIDA. Mu bagabo basiramuwe, ubwandu bwari kuri 1,2%, ugereranyije na 2,5% mu batarasiramuwe cyangwa abasiramuwe nabi.

Ubu bushakashatsi bushingiye ku makuru yizewe ku rwego rwo hejuru hashingiwe ku mubare munini w’ababwitabiriye.

Imibare igaragaza ko abagore 99% bakoreweho ubu bushakashatsi bemeye gutanga amaraso ngo bapimwe virusi itera SIDA mu gihe abagabo babikoze ari 97%.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *