Musanze: Umusore w’imyaka 22 yasanzwe mu mugozi hakekwa kwiyahura

Irakiza w’imyaka 22, wo mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Bisoke, Umurenge wa Kinigi, Akarere kaMusanze,  yasanzwe mu mugozi amanitse, bikekwa ko yiyahuye. Ahagana mu ma saa moya z’umugoroba  ni bwo abaturanyi batangiye gutabaza. Umwe mu baturage baturanye n’iwabo yagize ati: “Twumvise inkuru idutunguye, kuko ntitwari tuzi ko afite ibibazo byamugeza aho kwiyambura ubuzima. Uyu […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwanyuzwe n’igiciro cy’umuti mushya urinda kwandura SIDA

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yagaragaje ko yanyuzwe n’igiciro cy’umuti wa Lenacapavir uherutse kwemezwa, nyuma yo kugaragaza ko ufite ubushobozi bwo kurinda abantu kwandura Virusi itera SIDA. Ku wa 24 Nzeri 2025, kubera ubufatanye bw’imiryango irimo Unitaid, Clinton Health Access Initiative na Wits RHI, byatangajwe ko umuti wa Lenacapavir utangwa mu nshinge ebyiri buri mezi […]

Continuer la lecture

Rwamagana: Abayobozi barenga 150 bahawe smartphones

Abayobozi 156 bo mu nzego z’ibanze bo mu Murenge wa Musha uherereye mu Karere ka Rwamagana, bahawe telefone zigezweho, basabwa gufasha abaturage kubona serivisi z’ikoranabuhanga zirimo kwiyishyurira mituweli ndetse no kubona ibyangombwa bimwe na bimwe byabasabaga gukora ingendo ndende bajya gushaka umukozi w’Irembo. Izi telefone bazihawe ku wa 23 Nzeri 2025 nyuma yo guhabwa amahugurwa […]

Continuer la lecture

Peter Mutharika yongeye gutorerwa kuyobora Malawi

Komisiyo y’Amatora muri Malawi yatangaje ko Peter Mutharika wabaye Perezida w’iki gihugu yatsinze amatora ku majwi 57%, mu gihe Lazarus Chakwera wari usanzwe ku butegetsi yagize 37%. Mutharika yayoboye Malawi kuva mu 2014 kugeza mu 2020, atsinzwe amatora na Lazarus Chakwera. Amateka nk’aya yaherukaga muri Amerika aho Trump yatsinzwe amatora arangije manda imwe, hanyuramo Joe […]

Continuer la lecture

Chantal wareze Dr. Nsabimana wabaye Minisitiri, yatsinzwe urubanza anacibwa miliyoni 1 Frw

Muganga yavugaga ko yatunguwe no kubona Nsabimana ashatse undi mugore rwihishwa kandi ko ubwo buriganya yamukoreye bwamuteye uburwayi bukomeye bw’agahinda gakabije ku buryo yavujwe n’umuryango we ariko kugeza ubu bikaba byaranze. Yasabaga urukiko gutegeka Nsabimana Ernest kuryozwa indishyi zitandukanye zingana na 406.000.000 Frw zirimo n’amafaranga agomba kumufasha gukomeza kwivuza. Yaburanye avuga ko igikorwa yakorewe cyo […]

Continuer la lecture

RDF yavuze ku musirikare wayo ufungiye i Burundi

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasobanuye iby’umusirikare wayo witwa Sgt Sadiki Emmanuel, umushoferi mu Ngabo z’u Rwanda, wafatiwe ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi wa Nemba-Gasenyi, ubwo yibeshyaga ku mbibi z’umupaka. Itangazo ryashyizwe hanze na RDF rishimangira ko Sgt Sadiki Emmanuel yahise atabwa muri yombi na Polisi y’u Burundi, ubu aka afungiye kuri Sitasiyo […]

Continuer la lecture

Perezida Macron yavuze ibanga ryafasha Trump guhabwa Prix Nobel

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko kugira ngo mugenzi we uyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ahabwe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, akwiriye kubanza guhagarika intambara yo muri Gaza. Ibi yabigarutseho nyuma y’uko Perezida Trump amaze iminsi avuga ko akwiriye guhabwa igihembo cy’amahoro kubera intambara amaze guhagarika kuva yasubira ku butegetsi. Yagize ati […]

Continuer la lecture

Uganda: Bobi Wine na Gen Mugisha Muntu batanze kandidatire ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu

Umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Robert Kyagulanyi na Gen Muntu Mugisha bashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire zabo aho bagiye guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Kyagulanyi wari uhagarariye ishyaka National Unity Platform mu matora aheruka yongeye kugaragaza ko azahatanira kuyobora Uganda. Kyagulanyi wamamaye cyane mu muziki muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, mu […]

Continuer la lecture

Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje Qatar nk’umufatanyabikorwa w’ingenzi mu biganiro bigamije amahoro mu Burasirazuba bwa RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Qatar ikomeje kugira uruhare rukomeye mu biganiro biganisha ku mahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yabigarutseho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yitabiriye Inteko Rusange ya Loni. Nduhungirehe yabwiye Ibiro Ntaramakuru bya Qatar (QNA) ko Qatar n’u Rwanda bifitanye umubano ukomeye kandi […]

Continuer la lecture

RAB mu mushinga w’ikoranabuhanga uzatuma inka imwe ibyara inyana 16 ku mwaka

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyatangaje ko bitarenze mu 2026, kizaba cyatangije umushinga w’ikoranabuhanga mu bworozi witwa ‘embryo production’, ukazatuma inka y’ishashi ishobora kubyara izindi 16 ku mwaka. Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa RAB, Dr. Uwituze Solange, yavuze ko muri Sitasiyo y’icyo kigo ya Songa mu Karere ka Huye isanzwe ikorerwamo ubushakashatsi ku bworozi bw’inka, […]

Continuer la lecture

Ikipe y’u Rwanda y’Abangavu U20 yerekeje muri Nigeria

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abangavu batarengeje imyaka 20 (U20) yerekeje muri Nigeria gukina umukino wo kwishyura mu ijonjora rya kabiri mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kizaba mu 2026. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 24 Nzeri 2025, ni bwo abakinnyi, abatoza n’abandi baherekeje Ikipe y’u Rwanda y’Abangavu bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege […]

Continuer la lecture