Walikale: M23 yasubije inyuma abarwanyi ba Wazalendo

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wasubije inyuma abarwanyi b’ihuriro rya Wazalendo bashakaga kuwukura mu birindiro ufite ku Musozi wa Bueni muri Teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ibyo byabaye mu mirwamo ikomeye yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ku itariki 13 ku musoza wa Bueni uri […]

Continuer la lecture

Gakenke: Polisi yafunze batandatu bacukuraga gasegereti na colta binyuranyije n’amategeko n’ababaguriraga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gakenke yafunze abantu batandatu bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya gasegereti na colta mu buryo butemewe n’amategeko, mu Mugezi wa Rutumba, bakaba bafunganwe n’abandi batatu bakekwaho kuyagura. Aba bose bafashwe mu rukererera rwo kuri iki Cyumweru, tariki 14 Nzeri 2025, mu Murenge wa Ruli, mu Kagari ka Jango. Umuvugizi […]

Continuer la lecture

Kigali: Abapangayi barashinja ba nyir’inzu kubazamuriraho ibiciro uko bishakiye

Iyo uganiriye n’abakodesha inzu zo guturamo (abapangayi) mu bice bitandukanye cyane cyane abo mu Mujyi wa Kigali, bakubwira ko babangamiwe na ba nyir’inzu bahora babongeza amafaranga y’ubukode mu buryo budasobanutse, nta n’ikintu bavuguruye ku nzu ngo ibe yasizwe n’irangi ise neza kurushaho. Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru, bavuga […]

Continuer la lecture

Ruhango: Bafatiwe mu cyuho bakekwaho kwiba ihene, umwe aricwa

Abagabo babiri bafatiwe mu cyuho bari gucukura inzu ngo bibe ihene, maze bene urugo batabaye barashyamirana maze umwe muri mu bakekwaho ubujura arakubitwa cyane bimuviramo urupfu. Byabaye mu rukerera rwo ku wa 13 Nzeri 2025, mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango, Akagari ka Tambwe, mu Mudugudu wa Ruduha, aho urugo rw’uwitwa Uwineza Providence w’imyaka […]

Continuer la lecture

RCS yasubije abavuga ko bafite ababo bagifunze bararangije ibihano

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rusaba abafite ababo bari mu magororero kujya bagana ubuyobozi bw’ayo magororero bukabereka amakuru ari muri dosiye z’abantu babo bari mu magororero kuko ari uburenganzira bwabo kumenya ayo makuru. Byatangarijwe ku Igororero rya Rusizi ku wa 6 Nzeli 2025, ubwo Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yari yasuye iri […]

Continuer la lecture

Kigali: Abagaragaye bakomeretsa umukobwa bafashwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore babiri biyongera ku wundi umwe bagaragaye mu mashusho batema umuturage mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bakoresheje umuhoro. Ibi yabitangaje mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2025, nyuma y’uko mu masaha ya mu gitondo yari yataye muri yombi umwe muri abo basore bagaragaye […]

Continuer la lecture

U Rwanda mu bihugu byatoye bishyigikira ubwigenge bwa Palestine

U Rwanda ruri mu bihugu byatoye bishyigikiye ishyirwa mu bikorwa ry’umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye ugena ko Abanya-Israel n’Abanye-Palestine bagabanywa ubutaka bubahoza mu makimbirane, buri gihugu kikagira ubwigenge. Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025 nibwo ibihugu biri mu Muryango w’Abibumbye byatoye bishyigikira amahame yiswe aya New York (New York Declaration). Aya mahame agizwe n’amapaji arindwi […]

Continuer la lecture

Papa Léon XIV yasabye abepisikopi kudahishira abihayimana bijandika mu by’ihohotera rishingiye ku gitsina

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Léon XIV, yasabye abepisikopi bashya guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa n’abihayimana, aho kubakingira ikibaba. Ni itangazo ryasohowe na Vatican, kuri uyu wa 12 Nzeri 2025. Mu myaka ishize ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bikozwe n’abihayimana bo muri Kiliziya Gatolika byakunze kugaragara hirya no hino ku Isi. […]

Continuer la lecture

Uvira: Brig Gen Mwaku Mbuluku wa FARDC yapfuye

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko umuyobozi w’akarere ka gisirikare ka 33, Brig Gen. Mwaku Mbuluku Daniel yapfuye. Umuvugizi w’iki gisirikare, Gen Maj Sylvain Ekenge Bomusa, yasobanuye ko uyu musirikare yagize ikibazo cy’ubuzima, apfa kuri uyu wa 12 Nzeri 2025 ubwo yihutishirizwaga mu bitaro bikuru bya Uvira. Gen Maj Ekenge yasobanuye ko […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame na Emir wa Qatar baganiriye ku mahoro n’umubano w’ibihugu byombi

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, Lusail Palace mu Murwa Mukuru wa Qatar Doha, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Emir w’icyo gihugu Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani. Ni ibiganiro byibanze ku mubano ushingiye ku bushuti hagati y’ibihugu byombi, uburyo bwo kuwuteza imbere mu nzego zitandukanye, […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame agiye guhura na Emir wa Qatar

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri, yageze i Doha mu Murwa Mukuru wa Qatar, aho biteganyijwe ko aza kugira ibiganiro na Tamim bin Hamad Al Thani, Emir w’icyo gihugu. Ibiro bye Village Urugwiro, byatangaje ko yakiriwe na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa […]

Continuer la lecture