Kylian Mbappé yasezeye ku ikipe ya PSG

Rutahizamu Kylian Mbappé yasezeye byeruye kuri Paris Saint-Germain yari amazemo imyaka 7. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze,yatangaje ko atazongera amasezerano muri PSG – kugira ngo akureho ibihuha byavugaga ko ashobora kwisubiraho akagumana n’iyi kipe. Mbappe yasobanuye muri videwo ikora ku mutima ko atazava muri PSG gusa, ahubwo ko azava mu Bufaransa muri rusange […]

Continuer la lecture

FERWAFA ku byo kuzana rutahizamu Elijah mu Mavubi

Ferwafa ryatangaje ko kugeza ubu nta biganiro byari byaba hagati yabo na rutahizamu wa Bugesera Ani Elijah ngo abe yakinira ikipe y’igihugu Amavubi. Ibi Ferwafa ikaba yabitangaje nyuma y’amakuru yiriwe acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko bisa nk’ibyarangiye ko uyu mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Nigeria yaba agiye gukinira ikipe y’igihugu Amavubi. Aganira na IGIHE […]

Continuer la lecture

Uko Abanyarwanda bakina hanze bitwaye mu mpera z’icyumweru

Mu mpera z’iki cyumweru gishize mu bihugu bitandukanye, imikino ya shampiyona yarakinwe ndetse n’andi marushanwa arakomeza mu gihe umwaka w’imikino uri kugana ku musozo. Uko ni nako bimeze ku bakinnyi b’Abanyarwanda bagiye gukina hanze y’u Rwanda bafashije amakipe yabo nubwo hari abo shampiyona zabo zitahiriye muri iyi minsi. Mu mpera z’iki Cyumweru muri Kenya Shampiyona […]

Continuer la lecture

Ihere ijisho uburanga bw’umukobwa Rujugiro umufana ukomeye yatereye ivi {AMAFOTO}

Umufana ukomeye wa APR FC n’Amavubi Stars, Munyaneza Jacques uzwi nka Rujugiro yateye ivi imbere y’umukunzi we, Dovine amusaba ko yazamubera umugore undi arabyemera. Kuri uyu wa Gatanu,tariki 03 Gicurasi nibwo Munyaneza Jacques Rujugiro,yatereye ivi anambika impeta umukunzi we Uwimana Dovine bemeranyije kuzabana ubuziraherezo.Ibi byahurijwe hamwe n’isabukuru ye  y’imyaka 30 y’amavuko amaze ku isi. Mu […]

Continuer la lecture

Police FC yatsinze Bugesera FC yegukana igikombe cya kabiri cy’Amahoro

Ikipe ya Police FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-1 yegukana Igikombe cy’Amahoro ku nshuro ya kabiri mu mateka yayo mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali yitiriwe Pele. Police FC yari imaze igihe igorwa na Bugesera FC yisubiyeho iyitsinda aho bikenewe yegukana igikombe cy’Amahoro yari ikeneye cyane. Mbere y’umukino,amakipe yombi yakoze ku bafana bayo bose […]

Continuer la lecture

Gitego yatsinze uko Abanyarwanda bakina hanze bitwaye

Mu mpera z’iki cyumweru gishize mu bihugu bitandukanye, imikino ya shampiyona yarakinwe ndetse n’andi marushanwa arakomeza mu gihe umwaka w’imikino uri kugana ku musozo. Uko ni na ko bimeze ku bakinnyi b’Abanyarwanda bagiye gukina hanze y’u Rwanda bafashije amakipe yabo nubwo hari abo shampiyona zabo zitahiriye muri iyi minsi. Muri Kenya bakinaga igikombe cy’igihugu AFC […]

Continuer la lecture

Umurozi w’amakipe yo mu Rwanda yahaye gasopo abanyamakuru b’imikino

Uyu mugabo ukomoka muri Tanzania, yavuze ko amaze igihe kinini mu mwuga wo gufasha amakipe kugera ku ntsinzi abinyujije mu cyo yise “Dua” na “Dawa”, aho ngo umukino wa mbere yakoze ari uwo Terminus yatsinzemo Kiyovu Sports ibitego 4-3 mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu kiganiro yahaye IGIHE dukesha iyi nkuru, Mupenzi yavuze ko mu […]

Continuer la lecture

Icyumweru kiruzuye Umunyamakuru Ishimwe Olivier “Demba Ba”aburiwe irengero n’umuryango we

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, umunyamakuru Ishimwe Olivier uzwi nka Ba nta hantu agaragara na hamwe byateye abo mu muryango we ndetse n’inshuti ze kwibaza icyo yaba yarabaye. Uyu munyamakuru usanzwe yandika inkuru z’imikino ku Kinyamakuru Inyarwanda.com yateye benshi kwibaza aho yaba aherereye, nyuma y’uko atari iwe ndetse akaba atanaboneka kuri telefoni.umuntu wa nyuma wavuganye […]

Continuer la lecture

Ingabo za Tanzania zasubiriye iz’u Rwanda mu mukino w’ishiraniro

Kuri uyu wa Kane, tariki 25 Mata 2024, Ikipe y’umupira w’amaguru ya Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yakinnye umukino wa gicuti na Brigade ya 202 y’Ingabo za Tanzania (TPDF). Uyu mukino wo kwishyura wabereye mu Karere ka Bukoba, ho mu Ntara ya Kagera. Uwa mbere wabereye mu Karere ka Ngoma mu Rwanda tariki […]

Continuer la lecture

APR FC igiye kuzana barutahizamu babiri bakomoka muri Zambia

Biravugwa ko kuri ubu ikipe ya APR FC ihanze amaso abakinnyi babiri bakomoka muri Zambia, Abraham Siankombo na Ricky Banda. Ni mu rwego rwo gukomeza kongera amaraso mashya muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu izahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League. Umunyamakuru w’inararibonye muri ruhago Nyafurika Micky Jr ukomoka muri Ghana, akaba azwiho cyane […]

Continuer la lecture

APR FC mu biganiro n’umukinnyi wakiniye Arsenal

APR FC ishobora kugura Gervais Yao Kouassi (Gervinho) wakiniye Arsenal na AS Roma. nyuma yo kugaruka kuri politike yo gukinisha abanyamahanga. Umunya-Côte d’Ivoire,Gervais Yao Kouassi wanyuze mu makipe arimo Arsenal na AS Roma zo ku Mugabane w’u Burayi, ashobora kwisanga akinira kuri Kigali Pele Stadium, cyangwa Stade Amahoro yambaye umukara n’umweru. Ku myaka 36 y’amavuko […]

Continuer la lecture