Ruhango: Bafatiwe mu cyuho bakekwaho kwiba ihene, umwe aricwa

Abagabo babiri bafatiwe mu cyuho bari gucukura inzu ngo bibe ihene, maze bene urugo batabaye barashyamirana maze umwe muri mu bakekwaho ubujura arakubitwa cyane bimuviramo urupfu. Byabaye mu rukerera rwo ku wa 13 Nzeri 2025, mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango, Akagari ka Tambwe, mu Mudugudu wa Ruduha, aho urugo rw’uwitwa Uwineza Providence w’imyaka […]

Continuer la lecture

RCS yasubije abavuga ko bafite ababo bagifunze bararangije ibihano

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rusaba abafite ababo bari mu magororero kujya bagana ubuyobozi bw’ayo magororero bukabereka amakuru ari muri dosiye z’abantu babo bari mu magororero kuko ari uburenganzira bwabo kumenya ayo makuru. Byatangarijwe ku Igororero rya Rusizi ku wa 6 Nzeli 2025, ubwo Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yari yasuye iri […]

Continuer la lecture

Kigali: Abagaragaye bakomeretsa umukobwa bafashwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore babiri biyongera ku wundi umwe bagaragaye mu mashusho batema umuturage mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bakoresheje umuhoro. Ibi yabitangaje mu ijoro ryo ku wa 12 Nzeri 2025, nyuma y’uko mu masaha ya mu gitondo yari yataye muri yombi umwe muri abo basore bagaragaye […]

Continuer la lecture

U Rwanda mu bihugu byatoye bishyigikira ubwigenge bwa Palestine

U Rwanda ruri mu bihugu byatoye bishyigikiye ishyirwa mu bikorwa ry’umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye ugena ko Abanya-Israel n’Abanye-Palestine bagabanywa ubutaka bubahoza mu makimbirane, buri gihugu kikagira ubwigenge. Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025 nibwo ibihugu biri mu Muryango w’Abibumbye byatoye bishyigikira amahame yiswe aya New York (New York Declaration). Aya mahame agizwe n’amapaji arindwi […]

Continuer la lecture

Uvira: Brig Gen Mwaku Mbuluku wa FARDC yapfuye

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko umuyobozi w’akarere ka gisirikare ka 33, Brig Gen. Mwaku Mbuluku Daniel yapfuye. Umuvugizi w’iki gisirikare, Gen Maj Sylvain Ekenge Bomusa, yasobanuye ko uyu musirikare yagize ikibazo cy’ubuzima, apfa kuri uyu wa 12 Nzeri 2025 ubwo yihutishirizwaga mu bitaro bikuru bya Uvira. Gen Maj Ekenge yasobanuye ko […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame na Emir wa Qatar baganiriye ku mahoro n’umubano w’ibihugu byombi

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, Lusail Palace mu Murwa Mukuru wa Qatar Doha, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Emir w’icyo gihugu Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani. Ni ibiganiro byibanze ku mubano ushingiye ku bushuti hagati y’ibihugu byombi, uburyo bwo kuwuteza imbere mu nzego zitandukanye, […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame agiye guhura na Emir wa Qatar

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri, yageze i Doha mu Murwa Mukuru wa Qatar, aho biteganyijwe ko aza kugira ibiganiro na Tamim bin Hamad Al Thani, Emir w’icyo gihugu. Ibiro bye Village Urugwiro, byatangaje ko yakiriwe na Sultan bin Saad bin Sultan Al Muraikhi, Umunyamabanga wa […]

Continuer la lecture

Leta ya RDC na AFC/M23 byumvikanye ku buryo bwo kurekura imfungwa

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC/M23 riburwanya byumvikanye ku buryo bwo kurekura imfungwa za buri ruhande, bibifashijwemo na Leta ya Qatar. Aya makuru yemejwe n’umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, kuri uyu wa 12 Nzeri 2025, agaragaza ko ari intambwe nziza iganisha impande zombi ku […]

Continuer la lecture

Leta ya RDC yasubijwe amafaranga yari yaranyerejwe na Mutamba

Rawbank yamenyesheje Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko yamaze kohereza kuri konte ya Leta miliyoni 19 z’Amadolari zari zaranyerejwe na Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera. Aya makuru agaragara mu ibaruwa abanyamategeko b’iyi banki bandikiye uyu Mushinjacyaha, Firmin Mvonde Mambu, tariki ya 5 Nzeri 2025, ishingiye ku mwanzuro […]

Continuer la lecture

Green Amayaga yagabanyije toni zirenga 600 000 z’ibyuka bihumanya ikirere

Icyerekezo cy’u Rwanda ni ukugabanya ibyuka bihumanya ikirere ku kigero cya 38% by’ibyuka bihumanya ikirere bitarenze muri 2030, ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije (REMA) gitangaza ko kugeza ubu umushinga wa Green Amayaga umaze kugabanya toni 625 000 z’imyuka ihumanya ikirere. REMA ivuga ko Umushinga Green Amayaga wari warihaye intego yo kuzatera ibiti […]

Continuer la lecture

Nyarugenge: Polisi iri guhigisha uruhindu abasore bagaragaye bakomeretsa umukobwa

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko iri gushakisha abasore batatu bagaragaraye mu mashusho bakubita bakanakomeretsa umukobwa mu Murenge wa Nyarugenge. Ibyo byabereye mu Kagari ka Rwampara talik ya 11 Nzeri 2025. Amashusho yashyizwe hanze n’uwiyita Kazungu Kaboss kuri X watabazaga inzego za Polisi n’Ubugenzacyaha, agaragaza abasore batatu barimo n’ufite umuhoro bari gukupita umukobwa yaryamye hasi. Bigera […]

Continuer la lecture