Gisagara: Umugabo n’umugore bakekwaho kwica umuntu bakamuta mu musarane batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gisagara yatangaje ko yataye muri yombi umuryango w’umugore w’imyaka 35 n’umugabo we w’imyaka 42 bakekwaho urupfu rw’umusore wari mu kigero cyimyaka 27 wabuze mu 2021 nyuma hakaboneka umurambo mu bwiherero bwabo bari barasibye bikekwa ko ari bo bamutayemo. Ni amakuru yamenyekanye kuri uyu wa 26 Kanama 2025 mu […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yakiriye intumwa za Kongere y’Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye itsinda ry’intumwa za Kongere ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ari bo Austin Scott uhagarariye Leta ya Georgia na Salud Carbajal wa Leta ya California bakorana muri Komisiyo ya Gisirikare, ndetse na Jimmy Panetta uhagarariye Leta California ukora muri Komisiyo Ishinzwe Imisoro. Ibiganiro bagiranye […]

Continuer la lecture

Pakistan: Abarenga ibihumbi 150 bimuwe kubera imyuzure

Ikigo gishinzwe Imicungire y’Ibiza muri Pakistan, (PDMA) kuri uyu wa Kabiri cyatangaje ko cyimuye abarenga 150 000 bari mu turere dutandukanye tw’Intara ya Punjab twugarijwe n’imyuzure yatewe n’imvura idasanzwe yatumye imigezi ya   Sutlej na Ravi yuzura. Kuva muri Kamena Pakistan yugarijwe n’ibiza byahitanye abantu hafi 800 ndetse imvura yakajije umurego hagati muri Kanama yahitanye abarenga […]

Continuer la lecture

Rugaju Reagan, Jangwani ,Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro barekuwe

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 26 Kanama 2025, rwategetse ko harekurwa by’agateganyo abasivili 23 barimo abanyamakuru n’aba Ofisiye babiri ba RCS bakurikiranyweho ibyaha byo kwakira no gutanga inyandiko utemerewe ndetse n’icy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe. Ibi byaha bifitanye isano n’urugendo APR FC yagiriye mu Misiri muri Nzeri 2024, ubwo […]

Continuer la lecture

Umuyobozi wa HCR agiye gusura u Rwanda

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi (UNCHR), Filippo Grandi, agiye gusura u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo aganire n’abayobozi bo muri ibi bihugu ku bibazo by’impunzi. Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku wa 25 Kanama 2025, Grandi yatangaje ko ari mu nzira ajya muri ibi bihugu byombi, kandi […]

Continuer la lecture

Amb. Nduhungirehe yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Singapore

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Singapore aho yitabiriye inama ya gatanu y’abaminisitiri ihuza icyo gihugu n’ibihugu bya Afurika. Iyo nama izwi nka Singapore-Africa ministerial exchange (SAMEV) yatangijwe n’icyo gihugu mu 2014 hagamijwe gusangira amahirwe y’iterambere hagati y’ibihugu byo muri Afurika na Singapore. Biteganyijwe ko Nduhungirehe azamara muri […]

Continuer la lecture

Nyanza: Babiri bafunzwe bakekwaho urupfu rw’uwo bari batahanye ubukwe

Abasore babiri bo mu Karere ka Nyanza batawe muri yombi bakekwaho urupfu rwa mugenzi wabo bari batahanye ubukwe, bakagirana amakimbirane yavuyemo imirwano, nyuma bukeye bwaho agapfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kamonyi, Akagari Karama, Umurenge wa Cyabakamyi, ho mu Karere ka Nyanza,ku wa 23 Kanama 2025. Uyu nyakwigendera yahise ajya kwa muganga mu Bitaro bya […]

Continuer la lecture

Rayon Sports yaguze bus nshya

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yaguze imodoka nshya yatwaye ibihumbi 135$ [asaga miliyoni 200 Frw]. Byatangajwe ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangizaga ku mugaragaro umushinga mushya wo kubarura abakunzi bayo uzwi nka Gikundiro *702#. Ni imodoka izaba igendanye n’igihe n’imiterere y’u Rwanda nk’uko byagarutsweho n’Umunyamabanga w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah. Yagize ati “Ni […]

Continuer la lecture

MINEDUC yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri 2025/2026

Kuri uyu wa Mbere, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yatangaje ko umwaka w’amashuri wa 2025/26 igihembwe cyawo cya mbere kizatangira ku wa 08 Nzeri 2025 gisozwe ku wa 19 Ukuboza 2025. Yagaragaje ko abanyeshuri bazaruhuka ibyumweru bibiri bahite batangira igihembwe cya kabiri ku wa 05 Mutarama 2026, gisozwe ku wa 03 Mata 2026. Abanyeshuri bazasubira mu kiruhuko […]

Continuer la lecture

Amasura mashya mu Mavubi yahamagariwe guhangana na Nigeria na Zimbabwe

Umutoza w’w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Adel Amrouche, yahamagaye abakinnyi 27 bazavamo abo azifashisha mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ku mikino u Rwanda ruzahuramo na Nigeria na Zimbabwe muri Nzeri 2025. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Kanama 2025, ni bwo umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu Adel Amrouche, yashyize ahagaragara urutonde rw’abo […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yaganirije abarenga 6000 barimo abasirikare, abapolisi n’abacungagereza batorezwaga i Gabiro

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yaganirije abasirikare, abapolisi ndetse n’abacungagereza barenga 6000 barangije imyitozo bakoreraga mu kigo cya gisirikare cya Gabiro kiri mu Ntara y’Iburasirazuba. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byasobanuye ko iki kiganiro cyabaye kuri uyu wa 25 Kanama 2025 ubwo aba bakozi b’inzego eshatu z’umutekano barangizaga imyitozo ya gisirikare. Bigaragara […]

Continuer la lecture