Ishimwe rya Perezida Chapo ku Banyarwanda bafashije Mozambique guhashya ibyihebe

Perezida Daniel Francisco Chapo wa Mozambique yashimye abikuye ku mutima Abanyarwanda bafashije igihugu cye kurwanya iterabwoba ryari ryarahungabanyije umutekano w’intara ya Cabo Delgado. Iri shimwe yaritanze kuri uyu wa 27 Kanama 2025 ubwo yaganiraga na Perezida Paul Kagame wamwakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, anabishimangira mu butumwa yagejeje ku itangazamakuru. Hashingiwe ku masezerano y’ibihugu byombi, […]

Continuer la lecture

Ubutaka burenga hegitari ibihumbi 495 buzahingirwa rimwe

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, RAB, bwatangaje ko mu gihembwe cy’ihinga cya 2026A hitezwe impinduka zirimo ko site 13.379 z’ubutaka buhujwe bungana na hegitari 495.155 buzahabwa umwihariko w’uko abazihingamo bose bazaterera rimwe yaba imbuto ndetse n’imiti mu rwego rwo gufasha abaturage kongera umusaruro. Byatanagawe kuri uyu wa Kabiri ubwo mu Karere ka […]

Continuer la lecture

U Rwanda na Mozambique byavuguruye amasezerano y’ubufatanye mu ishoramari no kurwanya iterabwoba

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Mozambique kuri uyu wa 27 Kanama 2025 zavuguruye amasezerano y’ubufatanye mu ishoramari no kurwanya iterabwoba. Umuhango wo gusinya aya masezerano wayobowe na Perezida Paul Kagame na Daniel Francisco Chapo wa Mozambique uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda kuva kuri uyu wa 27 Kanama. Amasezerano yo kuvurura ubufatanye mu ishoramari yashyizweho umukono […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yakiriye Daniel Chapo uyobora Mozambique

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa 27 Kanama 2025 yakiriye mu biro bye mugenzi we uyobora Mozambique, Daniel Francisco Chapo watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Abakuru b’ibihugu bagiranye ibiganiro mu muhezo, byerekeye ubufatanye busanzwe hagati y’u Rwanda na Mozambique mu nzego z’ingenzi. Perezida Chapo yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 27 […]

Continuer la lecture

Musanze: Batewe inkeke n’insoresore n’abagabo bitwaza imipanga mu tubari

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, cyane cyane muri santere y’ubucuruzi izwi nko mu Gisenyi, mu Karere ka Musanze, bakomeje kugaragaza impungenge ziterwa n’insoresore n’abagabo bitwaza imihoro mu tubari, aho bavuga ko ibikorwa byabo bishobora kubangamira umutekano w’abagiye muri utwo tubari. Abaturage bavuga ko hari igihe aba bantu baza bakenyereye imihoro ku mikandara, […]

Continuer la lecture

Google yaburiye abakoresha Gmail

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Google cyaburiye abokoresha serivisi yacyo ya Gmail, kwirinda gusubiza ubutumwa bubasaba gutanga ijambobanga (passwords) rya konti zabo za Gmail. Iki kigo cyasobanuye ko abasaba aya makuru ari abatekamutwe, ndetse bageze ku makuru y’abantu barenga miliyari ebyiri binyuze mu makuru bibye ikindi kigo cyakoranaga na Google cya Salesforce. Iki kigo cyavuze ko amakuru […]

Continuer la lecture

Perezida wa Mozambique ategerejwe mu Rwanda

Perezida Daniel Francisco Chapo guhera kuri uyu wa 27 Kanama 2025 aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, rugamije kongerera imbaraga ubufatanye bumaze igihe kinini hagati y’ibihugu byombi. Mbere y’uko Chapo agera mu Rwanda, habanje kuza Minisitiri w’Ingabo, Gen Maj Cristóvão Artur Chume na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Maria Manuela dos Santos Lucas, Umugaba Mukuru w’ingabo […]

Continuer la lecture

Rugaju Reagan, Jangwani ,Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro barekuwe

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 26 Kanama 2025, rwategetse ko harekurwa by’agateganyo abasivili 23 barimo abanyamakuru n’aba Ofisiye babiri ba RCS bakurikiranyweho ibyaha byo kwakira no gutanga inyandiko utemerewe ndetse n’icy’ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe. Ibi byaha bifitanye isano n’urugendo APR FC yagiriye mu Misiri muri Nzeri 2024, ubwo […]

Continuer la lecture

Nyanza: Babiri bafunzwe bakekwaho urupfu rw’uwo bari batahanye ubukwe

Abasore babiri bo mu Karere ka Nyanza batawe muri yombi bakekwaho urupfu rwa mugenzi wabo bari batahanye ubukwe, bakagirana amakimbirane yavuyemo imirwano, nyuma bukeye bwaho agapfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kamonyi, Akagari Karama, Umurenge wa Cyabakamyi, ho mu Karere ka Nyanza,ku wa 23 Kanama 2025. Uyu nyakwigendera yahise ajya kwa muganga mu Bitaro bya […]

Continuer la lecture

Rayon Sports yaguze bus nshya

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yaguze imodoka nshya yatwaye ibihumbi 135$ [asaga miliyoni 200 Frw]. Byatangajwe ubwo ubuyobozi bw’iyi kipe bwatangizaga ku mugaragaro umushinga mushya wo kubarura abakunzi bayo uzwi nka Gikundiro *702#. Ni imodoka izaba igendanye n’igihe n’imiterere y’u Rwanda nk’uko byagarutsweho n’Umunyamabanga w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah. Yagize ati “Ni […]

Continuer la lecture

Amasura mashya mu Mavubi yahamagariwe guhangana na Nigeria na Zimbabwe

Umutoza w’w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Adel Amrouche, yahamagaye abakinnyi 27 bazavamo abo azifashisha mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 ku mikino u Rwanda ruzahuramo na Nigeria na Zimbabwe muri Nzeri 2025. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 25 Kanama 2025, ni bwo umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu Adel Amrouche, yashyize ahagaragara urutonde rw’abo […]

Continuer la lecture