Ntibisanzwe Nyamasheke Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana w’umugore we.

Kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha( RIB) ya Macuba mu Karere ka Nyamasheke, hafungiye Karera Emile w’imyaka 30 ukurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 13 w’umugore bashakanye. Bivugwa ko Karera yasambanyije uyu mwana ahengereye nyina yagiye kurwaza nyinza mu Bitaro bya Kibogora. wo mu Mudugudu wa Rutaragwe, akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka 13 umugore we yahashakanye,ahengereye uwo mugore arwaje nyina […]

Continuer la lecture

Perezida Kim Jong Un yigambye ko nta kizamubuza gukora intwaro za nucléaire.

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko nta kizabuza igihugu cye umugambi wo gukomeza gukora intwaro za nucléaire, ndetse no gufata Koreya y’Epfo nk’umwanzi w’ibihe byose. Ibi Perezida Kim yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Koreya ya Ruguru nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru KCNA kuri uyu wa Kabiri. Yavuze ko […]

Continuer la lecture

Iran yavuguruje Trump wari watangaje ko hari kuba ibiganiro.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo ibitero ku bikorwaremezo bitanga ingufu byo muri Iran kubera ko hari kuba ibiganiro, ariko iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati gihita kibihakana. Ibihugu byombi biri mu ntambara kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026. Amerika yateguje Iran ko nifunga […]

Continuer la lecture

Gukora ikosa rimwe buri gihe ukarisabira imbabazi, ukarisubiramo ntabwo mbyumva-Perezida Kagame.

Perezida Kagame yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana ibibazo by’abaturage, bakabikemura, bitaba ibyo bakegura kuko imikorere yabo idahwitse idashobora kugira aho igeza igihugu. Yabigarutseho ubwo yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, ba minisitiri batandukanye n’abandi. Muri iyi nama hagarutswe ku bibazo […]

Continuer la lecture

Muri abirasi kandi mwiratana ubusa – Perezida Kagame abwira abayobozi batuzuza inshingano.

Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi batuzuza inshingano, avuga ko babiterwa n’imico mibi kandi ko iyo yiganjemo ubwirasi nubwo baba babikora ntacyo bishingikirije. Yabigarutseho ubwo yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, ba minisitiri batandukanye n’abandi. Ati “Impamvu ya mbere mufite imico […]

Continuer la lecture

Joshua Baraka yaciye kuri Diamond Platnumz ku rubuga rwa sportfy.

Umuhanzi wo muri Uganda Joshua Baraka niwe wumvwa cyane ku rubuga rwa Spotify mu karere k’Afurika y’I Burasirazuba.  Urebye imibare y’abumva abahanzi bo muri Afurika y’I Burasirazuba, Joshua Baraka ni we ufite abamwumva basaga miliyoni 1.7. ku rundi ruhande ariko Diamond Platnumz yumvwa n’abasaga miliyoni 1.6. Abantu bumva umuhanzi buri kwezi kuri Spotify,kubatangaza bifasha umuhanzi […]

Continuer la lecture

Kudahabwa ku mafaranga Rayon Sports yahawe mu byatumye Gasogi United yanga gukina?

Nyuma y’uko Gasogi United yanze gukina umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yatewemo mpaga na Rayon Sports ku wa 22 Werurwe 2026, hakomeje kwibazwa impamvu yaba yarabiteye ahavugwa nyinshi zirimo no kuba yarifuzaga guhabwa amafaranga yatanzwe na Al Hilal SC kugira yemere impinduka zakozwe. Uyu mukino ubusanzwe wagombaga kubera kuri Kigali Pele Stadium ku Cyumweru, […]

Continuer la lecture

Angola: Petro de Luanda yateye mpaga 1º de Agosto yabuze ku kibuga.

ikipe ya 1º de Agosto yatewe mpaga na Petro de Luanda mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wagombaga kuba ku wa 22 Werurwe 2026 ariko iyi kipe ikabura ku kibuga Ibi byabaye ku Cyumweru, tariki 22 Werurwe 2026, aho 1º de Agosto yashakaga ko uyu mukino wayo ukinirwa kuri Stade yayo França Ndala ariko […]

Continuer la lecture

Twarapimye dusanga ni uburozi: Minisitiri Butera ku nzoga zimaze iminsi zica abantu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Ivan Butera, yasabye urubyiruko kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge kuko byagaragaye ko zirimo ikinyabutabire cya methanol cyangiza umubiri bikomeye. Yabigarutseho mu Nama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi. Dr. Butera yasobanuye ko inzoga z’inkorano ziheruka gusuzumwa bikagaragara ko zifitemo uburozi. Ati “Hari ikintu cyadutse cyangwa […]

Continuer la lecture

Amb. Bazivamo yibukije urubyiruko rwo muri FPR-Inkotanyi ko kwimana u Rwanda ari inshingano.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yasabye urubyiruko kurangwa n’indangagaciro nzima, gukoresha neza imbuga nkoranyambaga no gukomeza kwimana u Rwanda. Yabigarutseho kuri uyu wa 22 Werurwe 2026, mu Nama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi, yanatorewemo abayobozi bashya. Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yasabye urubyiruko kurangwa n’indangagaciro […]

Continuer la lecture

Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye umwiherero yitegura FIFA series.

Abakinnyi bahamagawe mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda izitabira imikino ya FIFA Series 2026 bageze mu mwiherero ugomba gutangira kuri uyu wa Mbere, tariki ya 23 Werurwe 2026. Ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026, ni bwo abakinnyi bose bageze kuri hoteli y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kugira ngo batangire umwiherero. Mu […]

Continuer la lecture