South Sudan: Perezida Kiir yirukanye abayobozi b’Inteko Ishinga Amategeko.

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yirukanye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko na Visi Perezida we, kubera ibirego bya ruswa no gukoresha nabi ingengo y’imari igenewe uru rwego. Ishyaka rya Rubanda riharanira Ukubohorwa kwa Sudani (SPLM) riri ku butegetsi ni ryo ryatangije inkundura yo kwirukana Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Jemma Nunu Kumba n’umwungirije , Permena Awerial […]

Continuer la lecture

Ingingo 10 zizibandwaho mu guhagarika intambara ya Iran

Ku wa 8 Mata 2026 ni bwo byatangajwe ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaretse ibyo kurimbura Iran nk’uko yari yabirahiriye Mu mpera z’icyumweru gishize, Trump yabwiye Iran ko igomba kuba yafunguye inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli byose bijya hirya no hino ku Isi, bitarenze mu rukerera rwo kuri uyu […]

Continuer la lecture

Trump yasubitse ibikorwa byo kurimbura Iran

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yasubitse umugambi wo kurasa kuri Iran. Mu mpera z’icyumweru gishize, Trump yabwiye Iran ko igomba kuba yafunguye inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli byose bijya hirya no hino ku Isi, bitarenze mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu Saa 2:00 ku isaha […]

Continuer la lecture

Mozambique: Bifatanyije n’ingabo z’u Rwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Inzego z’ Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’umutekano muri Mozambique zifatanyije n’Inzego z’Umutekano za Mozambique, abayobozi ba Leta ndetse n’abahagarariye Sosiyete ya TotalEnergies, mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Abayobozi bitabiriye iki gikorwa barimo Umuyobozi wungirije w’Ingabo za Mozambique (FADM), Brig Gen Tomás Mponha, Bwana Savio uhagarariye […]

Continuer la lecture

Kwibuka32: Perezida Kagame na Madamu bitabiriye ‘Walk to Remember’ n’Umugoroba wo Kwibuka

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka ‘Walk to remember’ ndetse n’Umugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 32 no kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uru rugendo rwatangiriye ku Biro by’Akarere ka Gasabo, rwitabiriwe n’urubyiruko mu ngeri zitandukanye, abahanzi, abakoresha imbuga nkoranyambaga, abanyamakuru, abakinnyi b’umupira w’amaguru, abakinnyi ba […]

Continuer la lecture

Nta bihano cyangwa ibitutsi byahindanya icyubahiro n’ubunyangamugayo bwa RDF- Perezida Kagame.

Perezida Paul Kagame yatangaje ko ingabo z’u Rwanda (RDF) n’izindi nzego z’umutekano zarwo zifite icyubahiro n’ubunyangamugayo zikesha imyitwarire myiza, kandi ko bidashobora guhindurwa n’ibihano cyangwa ibitutsi bituruka mu mahanga. Kuri uyu wa 7 Mata 2026, ubwo yatangizaga icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida Kagame yatangaje […]

Continuer la lecture

Ibyo barimo ni urusaku – Kagame ku bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Perezida Kagame yongeye gushimangira ko abirirwa mu nama zo kugirira nabi u Rwanda ntacyo bazageraho, yemeza ko Jenoside itazongera kuba mu Rwanda. Yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abanyarwanda bahisemo kongera kubaka Igihugu bafatanyije bose hamwe, ibyo bikajyana n’isezerano ryo kutazigera na rimwe bemera ko politiki ya Jenoside yongera kugira aho ishinga […]

Continuer la lecture

‘U Rwanda ntirwapfa kabiri’ – Perezida Kagame.

Perezida Paul Kagame yijeje Abanyarwanda ko u Rwanda rutazongera gupfa ukundi kuko bidashoboka ko rushobora gupfa kabiri, bityo ko uwabigerageza bitamuhira. Ibi Perezida Kagame yabivugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali mu muhango wo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Perezida wa Repubulika yashingiye ku buhamya bwari bumaze gutangwa na Theoneste Ngiruwosanga […]

Continuer la lecture

Mu Mahanga: Ukraine yarashe ububiko bwa peteroli bw’u Burusiya.

Igisirikare cya Ukraine cyigambye igitero cyangije icyambu cya Ust-Luga, kiri mu bya mbere bikoreshwa n’u Burusiya bwohereza ibikomoka kuri peteroli mu mahanga Mu ijoro rishyira kuwa 7 Mata 2026 ni bwo Ukraine yagabye iki gitero, ndetse imaze igihe igaba ibyibasira inganda n’ububiko bw’ibikomoka kuri peteroli by’u Burusiya mu rwego rwo gukoma mu nkokora ubukungu bwabwo. […]

Continuer la lecture

Iran yahize kugaba ibitero ku bubiko bw’amakuru bwa Stargate

Iran yatangajeko ko izagaba ibitero ku bundi bubiko bw’amakuru [artificial intelligence data centers] mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyize mu bikorwa ibyo zimaze iminsi zivuga. Igisirikare cya Iran cyashyize hanze amashusho agaragaza igitero cyagabwe ku gikorwaremezo cya Stargate muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Stargate ni umushinga w’ubufatanye ufite agaciro […]

Continuer la lecture

Kwibuka 32: Dukeneye kwigira ku makosa y’ubushize no kurinda abariho – Antonio Guterres

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yifatanyije n’u Rwanda n’Isi yose muri rusange kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni mu minsi 100 gusa. Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026 Abanyarwanda n’isi yose baribuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Hatangiye […]

Continuer la lecture