“Kwibuka ni ibya buri muntu wese, bikaba umwihariko ku Banyarwanda”-Dr Murangira

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangir B Thierry, yavuze ko iyo abantu basobanukiwe impamvu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ibya buri wese, bituma birinda ibyaha. Yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mata 2026, mu kiganiro Waramutse Rwanda cyo kuri Tereviziyo y’u Rwanda.  Ni  mu gihe habura amasaha make ngo u Rwanda rwifatanye n’Isi […]

Continuer la lecture

Ku wa 6 Mata 1994: Itangira ry’icuraburindi ku Batutsi.

Ku wa 6 Mata 1994 ni itariki yatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda aho uyu mugambi wari umaze imyaka myinshi utegurwa kuva kuri butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri bwashyiraga imbere politiki y’ivangura. Uyu mugambi watangiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’ihanurwa ry’indege Falcon 50 yari itwaye perezida Habyarimana Juvenal […]

Continuer la lecture

Amerika yishe Gen Maj Khademi wari ushinzwe ubutasi mu gisirikare cya Iran.

Leta ya Iran yemeje ko Umuyobozi w’Urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Revolutionary Guards (IRGC), Gen Maj. Majid Khademi, yiciwe mu gitero cyo ku wa 6 Mata 2026. Itangazo ryemeza urupfu rwa Gen Maj Khademi, ryashyizwe hanze n’uru rwego, ryavuze ko yishwe n’igitero cy’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Israel. Khademi yagiye kuri […]

Continuer la lecture

Uganda:Arembejwe n’inkoni yakubiswe yigize Yezu.

Dennis Zziwa wiga mu mwaka wa kabiri mu Ishami ry’Amategeko muri Kaminuza ya Kampala International University, arembeye mu bitaro kubera inkoni yakubiswe, ubwo yari mu mukino yagaragayemo yigize Yezu. Dennis Zziwa yakubiswe ku wa 3 Mata 2026, ku wa Gatanu Mutagatifu, ubwo we na bagenzi be bari mu mukino ushushanya inzira y’Umusaraba Yezu yakoze mbere […]

Continuer la lecture

Gatsibo: Abapadiri babiri barimo Padiri Mukuru batawe muri yombi kuri Pasika.

Abapadiri babiri bo muri Diyosezi ya Byumba batawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu karere ka Gatsibo kubera gusomera misa ahatemewe. Byabereye mu murenge wa Kabarore mu karere ka Gatsibo, ku munsi mukuru wa Pasika tariki ya 5 Mata 2026. Padiri Didier Nzaramba ukorera ubutumwa muri paruwasi ya Kiziguro yari yaje gusomera Misa i Kabarore […]

Continuer la lecture

Minisitiri Bizimana yasabye gukosora imvugo “indangamirwa” ikoreshwa ku bakora uburaya.

Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abanyarwanda gukosora imvugo ikoreshwa ku bakora uburaya, anenga ababitirira izina ry’“indangamirwa”, avuga ko rinyuranye n’igisobanuro nyacyo cy’iri jambo. Yabitangaje ku mugoroba wo ku Cyumweru, ubwo yari mu kiganiro kuri Televiziyo y’Igihugu cyagarukaga ku ngingo zitandukanye zirimo gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe […]

Continuer la lecture

Hafi y’ibiro bya Trump humvikanye amasasu

Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rucunga umutekano wa perezida, bandi bategetsi bo hejuru n’abahoze ari abategetsi bo hejuru (Secret Service), rurimo gukora iperereza ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye mu masaha ya kare yo ku cyumweru hafi y’ibiro bya perezida, bizwi nka White House. Abashinzwe umutekano b’urwo rwego bageze ahumvikaniye amasasu mu gace gakikije Pariki […]

Continuer la lecture

Ibyihariye ku buryo bugezweho bwo kwiteresha ibinure by’abapfuye hongerwa ubwiza.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hadutse uburyo bushya bw’ubuvuzi bugamije ubwiza aho abaganga bakoresha ibinure by’abantu bapfuye bakabitunganya neza bakabitera abantu bashaka kongera ingano y’ikibuno, amabere n’igituza batagombye kubagwa nk’uko bisanzwe bikorwa. Ni buryo bamwe mu mbuga nkoranyambaga bahaye izina rya ‘zombie filler’ bitewe n’uko ari bushya mu by’ubuvuzi bugamije kwita ku bwiza n’imiteterere. […]

Continuer la lecture

Minisitiri Sebahizi Predunce Yakanguriye abanyarwanda Gukora ingendo ziri ngombwa.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi yasabye Abanyarwanda bose, gukora ingendo za ngombwa hagamijwe gufasha Igihugu kugabanya amafaranga yagendaga ku gutumiza mu mahanga ibikomoka kuri peteroli, by’umwihariko muri iki gihe byahenze. Yasobanuye ko hari ingamba Igihugu cyafashe, kugira ngo ibikomoka kuri peteroli  bitabura, harimo kugabanya umuvuduko w’ibyo Abanyarwanda bakoresha bitumizwa hanze, no kongera umuvuduko mu gukoresha […]

Continuer la lecture

umukinnyi wa Patriots BBC Damaria Franklin yakoze amateka yo gutsinda amanota menshi mu mukino umwe.

Damaria Franklin yakoze amateka yo gutsinda amanota menshi muri shampiona ya basketball hano mu Rwanda yatsinze amanota 66 mu mukino umwe. Ni umukino wabaye ku wa 05.04.2026 ubwo Patriots basketball club yatsinda 103 kuri 78 ya East Africa university basketball club ubwo hakinwaga imikino yo kwishura ya shampiona umukino wabereye kuri petit stade amahoro i […]

Continuer la lecture

Igitego kimwe cya Hakim Kiwanuka nicyo Gihesheje amanota ikipe ya APR FC mu mukino yahuragamo na AS Muhanga.

Ikipe ya APR FC yatsinze AS Muhanga y’abakinnyi 10 mu mukino wo ku munsi wa 26 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026 ihita ishyiramo ikinyuranyo cy’amanota 9 hagati yayo na mukeba Rayon Sports. Ni mu mukino wakinwe kuri iki Cyumweru saa kumi Nebyiri n’iminota 30 kuri Kigali Pele Stadium. Umukino watangiye wihuta […]

Continuer la lecture