RIB yakiriye ikirego cya Shaddy Boo wavuye gutanga ikizamini nyuma yo “gusambanywa”.

Nyuma y’uko Shaddy Boo atabaje Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), arusaba gukurikirana umusore witwa Iradukunda Aimable, benshi bazi nka Yugi Umukaraza, amushinja kumusambanya ku gahato, uru rwego rwemeje ko rwakiriye iki kirego. Kuri uyu wa 22 Kamena 2026 ni bwo Shaddy Boo yashyize ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa butabaza RIB, nyuma ahamya ko yasabwe kujya kwa muganga […]

Continuer la lecture

Rayon Sports yatangaje umutoza mushya w’abazamu

Kuri uyu wa mbere tariki 22 Kamena 2026, ikipe ya Rayon Sports yatangaje Umufaransa Hugo Tricarico nk’umutoza wayo mukuru mushya w’abazamu uzajya ufatanya na Ndayishimiye Eric “Bakame” warusanzwe muri izo nshingano. Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Rayon Sports yatangaje uyu mutoza igira iti,”Tunejejwe no gutangaza Hugo Tricarico nk’umutoza mushya w’abanyezamu. Tricarico wakuriye muri OGC Nice, yari […]

Continuer la lecture

Bwa mbere Muri Sudani y’Epfo hagiye kuba amatora ya Perezida

Komisiyo y’Amatora muri Sudani y’Epfo yatangaje ko amatora rusange ya mbere azatorerwamo Perezida  kuva iki gihugu cyashingwa mu 2011 azaba ku wa 22 Ukuboza 2026, nyuma yo gusubikwa inshuro eshanu. Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Abednego Akok Kacuol, yavuze ko nubwo itariki y’amatora yamaze gutangazwa, hari ibibazo bitarakemuka birimo kubura amafaranga ayategura, ibyuho bikiri mu mategeko […]

Continuer la lecture

Dore ibyiza byo kubaho Utuje kandi Uvuga make.

Wigeze ubona umuntu utajya azamura ijwi rye iyo ari gutongana? Wa muntu haba ikibazo abantu bose bakabura amahwemo, ariko we akaba atuje? Wa muntu utavuga amagambo menshi y’ubusa ahubwo akavuga make y’ingenzi? Uwo muntu aba afite imbaraga nyinshi kurusha uko abantu babitekereza. Abantu benshi bitiranya gutuza no kutita ku bintu. Batekereza ko umuntu uvugira hejuru […]

Continuer la lecture

Perezida Tshisekedi wa Congo yatumiye Ndayishimiye w’u Burundi ngo baganire

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na mugenzi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, rurangwa n’ibikorwa binyuranye birimo ibiganiro bibera mu muhezo. Uru ruzinduko ruteganyijwe gutangira none ku wa Mbere tariki 22 Kamena 2026 nk’uko byemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC. Itangazo rashyizwe hanze […]

Continuer la lecture

Uwari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yamaze kwegura.

Sir Keir Starmer wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuva muri Nyakanga 2024, yeguye nyuma y’iminsi yotswa igitutu n’abarimo abahoze bamushyigikiye. Kuri uyu wa 22 Kamena 2026, Sir Starmer yamenyesheje Abongereza ko yanafashe icyemezo cyo kwegura ku mwanya wa Perezida w’ishyaka ry’Abakozi (Labour). Sir Starmer yasobanuye ko icyemezo cyo kwegura ku myanya yombi kigamije gushyira imbere […]

Continuer la lecture

Ruhango: Bafatiwe mu isoko bagurisha inka z’inyibano

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bw’inka zirindwi, nyuma yo kuzifatanwa mu Karere ka Ruhango aho bari bazizanye kuzigurisha mu isoko. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yatangaje ko ifatwa ry’aba bakekwa ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha. […]

Continuer la lecture

Ku myaka 14 agiye guhabwa impamyabumenyi y’ikirenga.

Mu gihe abana benshi bari mu myaka iri hagati ya 6 na 10 usanga baba bakiri mu mashuri abanza biga gusoma, kwandika no kubara, umwana w’umukobwa umwe ukomoka muri Mexico we ntiyigeze agira umwanya wo kunyura muri ibyo byiciro kubera ubwenge budasanzwe afite. Uyu mwana w’umukobwa yitwa Adhara Pérez Sánchez, wavutse mu 2011, amaze kwamamara […]

Continuer la lecture

RIB yaburiye ababyeyi bakubita abana babo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B Thierry, yakebuye ababyeyi bahana abana babo bihanukiriye, ku buryo bishobora kubaviramo kugira ibikomere bikomeye Ibi yabigarutseho ku wa 19 Kamena 2026, ubwo kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamata, uru rwego rwashyikirizaga abantu telefone 140 zifite agaciro kari hejuru ya miliyoni 40 Frw, bari bibiwe hirya no hino […]

Continuer la lecture

Abafana b’Ikipe ya Scoltland banyweye inzoga za Boston zirashira

Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye rwa Sam Adams, rwatangaje ko utubari two mu Mujyi wa Boston, mu mpera z’icyumweru gishize twabuze inzoga ikorwa n’uru ruganda “Boston Lager” nyuma y’uko abafana b’ikipe y’igihugu ya Scotland bitabiriye imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bayinyoye ku rugero rurenze uko byari bisanzwe. Nk’uko uru ruganda rwabitangaje, aba bafana banyoye iyi nzoga […]

Continuer la lecture

Umuhungu wa Perezida Museveni Gen. Muhoozi yinjiye mu kibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly Mutesi.

Bebe Cool yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane yaganiriye kuri telefone na Gen. Muhoozi Kainerugaba ku bijyanye n’amakimbirane yavutse hagati ye na Miss Mutesi Jolly, amugira inama yo kuyahagarika ndetse no gusiba ibyo yari yamuvuzeho kuri konti ye ya X ko yamutekeye umutwe. Yabasabye gukemura ibibazo bidaciye ku mbuga nkoranyambaga. Ibi Bebe […]

Continuer la lecture