RDC: ADF iravugwaho gushimuta abantu 300 mu minsi ibiri.

Abasivili barenga 300 bashimuswe n’inyeshyamba z’umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) mu gihe cy’iminsi ibiri gusa muri Teritwari ya Irumu, ku muhanda Mambasa-Komanda mu Ntara ya Ituri, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’ibanze n’abaharanira uburenganzira bwa muntu abitangaza, ngo ibi bitero byagabwe hagati yo kuwa Gatandatu no […]

Continuer la lecture

Kigali: Umubare w’abakora uburaya ukomeje Gutumbagira.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9 000) barimo ibihumbi bine (4 000) bo mu Karere ka Nyarugenge, buvuga ko gukemura iki kibazo bigomba guhera ku gushaka umuti w’ibibazo biri mu miryango. Byatangajwe n’Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Urujeni […]

Continuer la lecture

Ghana: Urusengero rwarwiriye abantu, batatu barapfa bari gusenga.

Ku cyumweru kuwa 29 werurwe 2026 , abantu batatu, abagore babiri n’umugabo, bemejwe ko bapfuye nyuma y’inyubako y’amagorofa atatu yakoreshwaga mu itorero ryaguye ku basenga mu murwa mukuru wa Ghana, Accra. Minisitiri w’imbere mu gihugu, Muntaka Mohammed Mubarak, yatangaje ko hari abandi 20, biganjemo abagore n’abana, babashije gutabarwa kandi bari kuvurirwa mu bitaro bitandukanye. Yongeyeho […]

Continuer la lecture

Kirikou yongeye guhembwa imodoka abicyesha indirimbo ye.

Umuhanzi uri mu bagezweho mu Burundi, Kirikou Akili, yongeye kwigaragaza mu muziki w’iwabo aho yegukanye igihembo gikomeye kirimo imodoka nshya, abikesha indirimbo ye yise ‘Aha Nihe?’. Ibi byabereye mu birori bya Isanganiro Awards byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2026, aho uyu muhanzi yahize abandi mu cyiciro cy’indirimbo nziza y’umwaka, […]

Continuer la lecture

Icyemezo cya Israel kibuza abakirisitu kwizihiza umunsi wa Mashami, gikomeje kwamaganwa.

Israel yabujije abakirisitu kwizihiza Umunsi Mukuru wa Mashami ku mpamvu ivuga ko ari izo kubungabunga umutekano, kuko iki gihugu kiri mu ntambara na Iran, icyemezo gikomeje kwamaganwa n’ibihugu byinshi birimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Polisi ya Israel yabujije kandi abakuriye Kiliziya Gatolika kwizihiza ibi birori inababuza guteranira kuri Kiliziya Ntagatifu ya Sepulchre, isurwa […]

Continuer la lecture

Aruba yegukanye igikombe cya FIFA Serie mw’itsinda B ryakiniraga kuri Kigali Pele Stadium.

Aruba yanyagiye Liechtenstein ibitego 4-1 mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya FIFA Series 2026 mu Itsinda B, ikora amateka yo kwegukana igikombe ku nshuro ya mbere gikiniwe i Kigali. Kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, ni bwo kuri Kigali Pelé Stadium habereye imikino ya nyuma yo mu Itsinda B, ry’iyi mikino itegurwa n’Ishyirahamwe […]

Continuer la lecture

RSSB Tigers ibonye insinzi yayo ya kabiri mu mikino ya BAL nyuma yo gutsinda Petro de Luanda(AMAFOTO).

RSSB Tigers ihagararariye u Rwanda muri BAL 2026, yatsinze Petro de Luanda yo muri Angola amanota 82-78, ibona intsinzi ya kabiri muri Kalahari Conference. Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026. Wari uhanzwe amaso kuko amakipe yombi ahabwa amahirwe yo kuyobora iri tsinda. Ni umukino watangiye ugenda gake cyane […]

Continuer la lecture

Kapiteni Bizimana Djihad Yijeje abanyarwanda Gutwara igikombe baheruka 1999.

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Bizimana Djihad, yasabye Abanyarwanda kongera kubashyigikira kuko biteguye gukora byose bakegukana Igikombe cya FIFA Series 2026 kizandikwa mu mateka. Ibi ni bimwe mu byo yatangarije mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, kuri iki Cyumweru, tariki ya 29 Werurwe 2026, gitegura umukino wa nyuma w’imikino ya FIFA Series iri kubera i Kigali. […]

Continuer la lecture

AFC/M23 yateye utwatsi ibyo kuva mu bice bimwe yari yarafashe.

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ibikorwa birimo kugaragara ku mirongo inyuranye yo ku rugamba ari ibisanzwe byo “guhinduranya imitwe y’ingabo”, nyuma y’iminsi bivugwa ko abarwanyi baryo bari kuva mu birindiro byabo mu bice bitandukanye muri Kivu y’Amajyaruguru. Mu butumwa bwashyizwe ahagaragara kuri X ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ushize, Umuvugizi wa AFC/M23 Lawrence […]

Continuer la lecture

Abanyamerika babyukiye mu mihanda Bamagana ubutegetsi bwa Donald trump.

Imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana ubuyobozi bwa Trump yabereye mu mijyi yo muri Amerika itandukanye, bikaba bibaye ku nshuro ya gatatu habaye iyi myigaragambyo yiswe “No Kings”. Abategura iyi myigaragambyo bavuga ko bigaragambije bamagana politiki za Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, zirimo intambara yo muri Iran, iy’abinjira n’abasohoka muri Amerika ndetse n’izamuka […]

Continuer la lecture