Umwanzuro ku rubanza rwa Kabila ugiye gutangazwa

Urukiko Rukuru rw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gitondo cyo ku wa 30 Nzeri 2025 ruzatangaza umwanzuro ku rubanza rwa Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Kabila usanzwe ari Senateri w’ubuzima bwose ashinjwa ibyaha birimo kuba mu mutwe w’ingabo utemewe n’amategeko, ibyaha byibasira inyokomuntu, ubwicanyi bugambiriwe, gufata ku […]

Continuer la lecture

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wageze ku gaciro k’asaga miliyari 5.7 Frw

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko agaciro k’umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu gihembwe cya 2 cya 2025 wari miliyari 5 798 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba yariyongereye ugereranyije na miliyari 4 966 yariho mu gihembwe nk’icyo cya 2024. NISR yatangaje ko ibyo bipimo byafashwe harebwa umwaka wa 2024, bigaragaraza ko byiyongereye ugereranyije n’umwaka wa 2017. Muri […]

Continuer la lecture

Karongi: Isatura yariye uwahiraga hafi ya Nyungwe imwangiza ibice by’umubiri

Musabyimana Vincent w’imyaka 54, wo mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi, ubwo yajyaga kwahira ubwatsi bw’inka ku mukandara wa Nyungwe mu cyanya gikomye, mugitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 28 Nzeri 2025, yahaririwe n’isatura (ingurube y’ishyamba) imwangiza bikomeye ibice bimwe by’umubiri. Avugana na Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ubwo yari amaze kugezwa ku […]

Continuer la lecture

Inteko y’Umuco igiye gutangiza amarushanwa yo gukina igisoro

Inteko y’Umuco yatangaje ko igiye gushaka abafatanyabikorwa bayifasha gutangiza amarushanwa yo gukina igisoro (kubuguza) mu rwego rwo gusigasira imikino gakondo n’indangagaciro ziyirimo. Intebe y’Inteko y’Umuco, Amb. Masozera Robert yagaragaje ko ayo marushanwa agamije gukorerwamo ubukangurambaga ku muco gakondo. Ati “Mu buryo bwo kugarura imikino gakondo yo hambere, Inteko y’umuco ifatanyije n’abandi bafatanyabikorwa dushaka kugarura kubuguza […]

Continuer la lecture

Ingabo za RDC zasenye ikiraro cy’ingenzi muri Walikale

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryasenye ikiraro cya Mpeti cyari ingenzi ku baturage bo muri teritwari ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Iki kiraro giherereye muri gurupoma ya Kisimba cyasenyewe mu gitero cy’indege y’intambara na drone ya CH-4 cyatangiye mu rukerera rwo ku wa 28 Nzeri 2025. Ingabo za RDC zigaragaza […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yahawe umukandara wa “champion” mu Iteramakofe

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye ibiganiro n’umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga Carlos Takam wanashinze ishuri Nyafurika ry’Iteramakofe i Kigali, amuha impano y’umukandara w’umwimerere w’umukinnyi wahize abandi (champion) muri Shampiyona y’Isi y’Iteramakofe. Ni amakaru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu “Village Urugwiro” binyuze mu itangazo ryashyize hanze mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 28 Nzeri 2025. Ubutumwa […]

Continuer la lecture

RDC ishaka ko Amerika ikomeza igisirikare cyayo nk’uko yabigenje kuri Kuwait na Arabie Saoudite

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwohereje intumwa icyenda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo ziganire n’Abanyamerika ku bufatanye impande zombi zishobora kugirana, cyane cyane mu bijyanye n’urwego rw’umutekano. Mu boherejwe i Washington harimo Gen Patrick Sasa Nzita n’izindi nzobere mu gisirikare no mu rwego rw’ubutasi. Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, isobanura ko […]

Continuer la lecture

U Rwanda n’Amerika byaganiriye ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro

U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) byaganiriye ku rugendo rwo gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro rwasinyanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku wa 27 Kamena 2025 i New York. Ni mu biganiro byahuje Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump kuri Afurika Massad Boulos, na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb. Nduhungirehe Olivier […]

Continuer la lecture

U Rwanda na Misiri byakuriranyeho visa ku baturage babyo

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Misiri byasinye amasezerano yo gukuriranaho visa ku baturage b’impande zombi bajya muri buri gihugu. Aya masezerano yashyiriweho umukono muri i New York ku wa 28 Nzeri 2025. Ubutumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda bugaragaza ko amasezerano yasinywe na ba Minisitiri ku mpande zombi bari mu Nteko […]

Continuer la lecture

Rutsiro: Ingo zirenga ibihumbi 11 zahawe amashanyarazi mu mezi icyenda

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro bwatangaje ko mu mezi icyenda ashize bumaze gucanira ingo ibihumbi 11 yo mu midugudu itagiraga umuriro w’amashanyarazi. Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego yo kuba yamaze kugeza amashanyarazi ku baturage 100% bitarenze 2024, gusa iyo ntego ntabwo yagezweho bitewe n’impamvu zirimo icyorezo cya covid-19, hakiyongeraho no ku ba benshi mu baturage batari […]

Continuer la lecture

U Rwanda na Trinidad & Tobago byatangiye ubufatanye mu bwikorezi bw’indege

Leta y’u Rwanda n’iya Trinidad and Tobago byemeranyije ubufatanye mu guteza imbere serivisi z’ubwikorezi bwo mu kirere, bisinyana amasezerano afungurira amarembo ibigo by’ubwikorezi bwo mu kirere ku mpande zombi. Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Gatandatu tariki ya 27 Nzeri, ubwo abahagarariye ibihugu byombi bahuriraga i New York ahateraniye Inama y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye iteranye […]

Continuer la lecture