Umwuka mubi hagati ya Leta y’u Burundi n’abatwara abagenzi wahagaritse ingendo

Umwuka mubi hagati ya Leta y’u Burundi n’abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange wahagaritse ingendo zihuza Umujyi wa Bujumbura n’ibice bitandukanye byo muri iki gihugu. U Burundi bumaze igihe kirekire bwugarijwe n’ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri peteroli (lisansi na mazutu), ibyatumye abafite ibinyabiziga bajya kubyishakira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Tanzania. Iyo bagiye kugurira […]

Continuer la lecture

Ba Jenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yemeje ikiruhuko cy’izabukuru cy’abasirikare icyenda bari ku rwego rw’Abajenerali. Icyo kiruhuko cyemejwe n’Itangazo rya RDF rinyuze ku rubuga rwa X kuri wa Kabiri, tariki ya 29 Nyakanga 2025. Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo ba Maj Gen Andrew Kagame na Wilson Gumisiriza, hamwe na ba Brig […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera Amb.Gao guhagararira u Bushinwa mu Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Nyakanga Perezida Paul Kagame yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi mushya w’u Bushinwa, Gao Wenqi guhagararira igihugu cye mu Rwanda. Amb. Gao Wenqi, yageze mu Rwanda ku wa 27 Kamena 2025, aje gusimbura mugenzi we Amb. Wang Xuekun wari usoje imirimo ye mu Rwanda. Yakiriwe n’abayobozi muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga […]

Continuer la lecture

Ingamba z’ubwirinzi zizahoraho kugeza ibyo twifuza bifatiwe umwanzuro ugaragara – Minisitiri Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ubwirinzi bw’u Rwanda buri hafi y’umupaka uruhuza na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buzahoraho igihe cyose ikibazo cy’umutekano gitezwa n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR kitarafatirwa umwanzuro ufatika. Byagarutsweho ku wa 29 Nyakanga 2025, ubwo Abadepite batoraga itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’Amahoro hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi […]

Continuer la lecture

Kenya : Babiri baburiye ubuzima mu myigaragambyo y’impuzi igihe polisi yari ije kuyihoshya

Muri Kenya, impunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Kakuma, zakoze imyagaragambyo yamagana igabanuka ry’imfashanyo z’ibiribwa zihabwa, ndetse n’izindi mpinduka ziteganyijwe, Polisi itabaye babiri bahasiga ubuzima, abandi benshi barakomereka. Inkambi ya Kakuma ni imwe mu zicumbikiye abantu benshi, kuko ifite abagera ku bihumbi 300 bahunze imvururu mu bihugu byabo birimo Sudani y’Epfo, Somalia, Uganda ndetse n’U Burundi. […]

Continuer la lecture

Musanze : Abatuye mu nkengero z’umujyi barinubira ibibazo by’ihuzanzira rya telefone

Bamwe mu baturage batuye mu nkengero z’Umujyi wa Musanze, by’umwihariko mu Mirenge ya Muhoza na Nkotsi, bahangayikishijwe no kubura ihuzanzira rya telefone, bikabatera ingorane mu buzima bwa buri munsi. Nubwo Musanze izwi nk’umujyi uri kwihuta mu iterambere, hari abaturage bawo bataragerwaho n’imiyoboro y’itumanaho ihamye. Bamwe bavuga ko kugira ngo bitabe telefone cyangwa bohereze ubutumwa, bibasaba […]

Continuer la lecture

Ubushomeri bwagabanyutseho 3.4% mu 2025 ugereranyije n’umwaka ushize

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurushamibare, NISR ku miterere y’umurimo mu mwaka wa 2025, (LFS 2025 Q2) bwagaragaje ko igipimo cy’ubushomeri cyagabanyutseho 3.4% aho kiri ku kigero cya 13.4% ugereranyije na 16.8% cyariho mu 2024, (LFS 2024 Q2). Ubwo bushakashatsi bwashyizwe hanze kuri uyu wa 29 Nyakanga 2025, NISR igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka […]

Continuer la lecture

Minisiteri ya Siporo yahakanye byo guhagarika amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ateganyijwe mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2025. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 29 Nyakanga 2025, ni bwo Minisiteri ya Siporo yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo inyomoje amakuru y’uko yasabye FERWAFA gusubika amatora. Nyuma y’uko Komisiyo y’Amatora […]

Continuer la lecture

RDC Ituri: Islamic State yigambye igitero cyahitanye abantu 45 barimo gusenga

Umutwe wa Islamic State (IS) wigambye igitero ku basivile mu gace ka Komanda mu ntara ya Ituri ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo aho, abantu 45 barimo abari bari gusenga bishwe n’umutwe wa Alliance Democratic Forces(ADF) ukorana na IS. Iki gitero cyabaye mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira ku cyumweru cyagaragaje ko umutwe wa […]

Continuer la lecture

Thailand yashinje Cambodia kurenga ku masezerano mashya y’agahenge

Thailand yashinje Cambodia ko yarenze ku bwende ku masezerano y’agahenge impande zombi zari zagezeho ku wa Mbere, agamije guhagarika imirwano ku mupaka imaze guhitana nibura abantu 33 no gutuma ibihumbi bahunga. Ni intangiriro idahwitse y’aya masezerano yari agamije kurangiza iminsi itanu y’ibitero by’amasasu ku mupaka uhuriweho. Igisirikare cya Thailand cyatangaje ko cyahagaritse kurasa nyuma ya […]

Continuer la lecture

Muhanga: Hagaragajwe icyitezwe ku Intore mu biruhuko

Ubuyobozi by’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gahunda yo guhuriza hamwe abanyeshuri bari mu biruhuko, yiswe Intore mu Biruhuko, izatuma hamenyekana ibibazo abana bahura nabyo mu miryango mu gihe cy’ibiruhuko, no gukomeza gukebura abashobora kwitwara nabi. Bitangajwe mu gihe mu Karere kose ka Muhanga hatangijwe iyo gahunda kuri site 60, zingana n’utugari twose tugize Akarere, wongeyeho […]

Continuer la lecture