Hamenyekanye ibyamamare bizitabira ubukwe bwa The Ben na Pamella

Ubukwe bwa The Ben na Pamella buzabera muri Kigali Convention Centre, ku wa 23 Ukuboza 2023, bikaba byitezwe ko buzatahwa n’abantu batandukanye biganjemo ab’ibyamamare. Byakunze kuvugwa ko hari abahanzi benshi b’amazina akomeye bazabwitabira ariko kugeza uyu munsi amakuru y’ibanze ahari akomoza ku mazina ya bamwe mu bamaze gupakira ibikapu bitegura urugendo rugana i Kigali. Mu […]

Continuer la lecture

Kuki ba Gitifu b’imirenge bambuwe uburenganzira bwo gutanga amakuru?

Kuri uyu wa 21 Ukuboza 2023 hamenyekanye inkuru ivuga ko abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirengere batemerewe gutanga amakuru kuko ari inshingano zo ku rwego rw’akarere gusa. Mu nkuru dukesha KigaliToday ivuga ko mbere yo kujya mu itorero ISONGA ryahuje ba abanyamabanga nshingwabikorwa kuva ku rwego rw’Imirenge kugera ku rwego rw’Intara, ryamaze iminsi itandatu ribera mu kigo cy’ubutore […]

Continuer la lecture

Dr. Frank Habineza ati, “Niduterwa tuzirwanaho”

Umuyobozi w’iri shyaka ritavuga rumwe na leta, Dr. Frank Habineza, ubwo yabazwaga uko afata imvugo za Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, DRC, uri kwiyamamaza avuga Perezida w’u Rwanda Paul Kagame nabi, aho yigeze kumugereranya na Hitileri wayoboye Ubudage akica abantu benshi ndetse akanakora Jenoside yakorewe Abayahudi.   “Kugereranya Kagame na Hitileri sibyo. Hitileri […]

Continuer la lecture

Expo y’Iburengerazuba yafunguriye amarembo abanyamahanga barimo abo muri Ghana

Ubwo hatangizwaga imurikagurisha ryateguwe n’Intara y’Iburengerazuba hagaragayemo abaje kumurika no kugurisha ibyo bakora bakomoka mu burengerazuba bw’Afurika, ibyo Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera muri iyi ntara yavuze ko ari amahirwe kubanyarwanda bazayigana.   Ku ikubitiro Iri murikagurisha ribera ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ryitabiriwe n’ibigo 171  birimo inganda, ibigo by’itumanaho, ubukorikori, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi busanzwe, ubukerarugendo n’ibindi, […]

Continuer la lecture

Ishyaka Green Party ryiyongereyemo komite nshya ryizeza gutsinda amatora

Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, Green Party, ryasabye abarwanashyaka baryo kwimakaza amahame yaryo arimo guharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ndetse rinabibutsa gahunda y’amatora ateganyijwe umwaka utaha wa 2024. Hari mu gikorwa cy’amatora ya komite nyobozi y’abagore bahagarariye abandi ku rwego rw’igihugu cyabaye kuri uyu wa 17 Ukuboza 2023. Ishyaka ritavuga rumwe na leta riharanira […]

Continuer la lecture

Ingamba dufata ni uguha agaciro ubuzima, Dukumire icuruzwa ry’abantu – Nzabonimpa Deogratias

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Nzabonimpa Deogratias avuga ko bitewe n’aho akarere ka Rubavu gaherereye, icuruzwa ry’abantu rishobora kuba kimwe mu bigize ibyaha byambukiranya umupaka. Akaba asanga ingamba zifatwa mu guhangana n’icuruzwa ry’abantu ari uguha agaciro ubuzima.   Ibi yabigarutseho  mu bukangurambaga bwo kurwanya icyaha cy’icuruzwa ry’abantu mu murenge wa Gisenyi uhana […]

Continuer la lecture

Victoire Ingabire yanyomoje abavuga ko urugo rwe rwagoswe n’Abapolisi

Hashize iminsi ku mbugankoranyambaga hari abatabariza Ingabire Victoire bavuga ko urugo rwe rwagoswe n’abapolisi kubera ibitekerezo bye bitavuga rumwe na leta. Gusa mu kiganiro yagiranye n’Ijwi ry’Amerika, yavuze ko kugeza ubu atekanye kandi ko ntabapolisi bagose urugo rwe. Umunyamakuru wa Ijwi rya Amerika, yatangiye abaza madame Ingabire Victoire niba amakuru ari kuvugwa ko urugo rwe […]

Continuer la lecture

Murekatete wigeze kuyobora Rutsiro yeruye ko Dosiye ya Rwamucyo yari ibarenze

Murekatete Triphose wahoze ayobora akarere ka Rutsiro, utaherukaga kuvugwa mu itangazamakuru kuva Inama njyanama y’akarere yaboraga yaseswa na Perezida wa Repubulika, yavuze byinshi mu nzira y’umusaraba yanyuzemo ariko yageze kuri Dosiye ya Rwamucyo n’imicanga arababwa avuga ko yari irenze ubushobozi bw’akarere.   Murekatete Triphose aherutse kugaragara mu itangazamakuru ameze nkugambiriye kuvuguruza amwe mu makuru yamuvuzweho, […]

Continuer la lecture

Rutsiro: Perezida w’abacuruzi arashinjwa gusahura ibicuruzwa bya Kampani y’Umugore batandukanye

Perezida wa Santere y’Ubucuruzi ya Gakeri, Twagirayezu Anastase arashinjwa n’abanyamuryango ba Kampani Amahoro M&F Ltd, gusahura ibicuruzwa byabo abyitirira Hakuzwemariya Bibiyana batandukanyijwe n’Urukiko.   Mu gahinda kenshi Hakuzwemariya n’abo bahuriye kuri iyi Kampani bavuga ko bakeneye ubutabera, nyuma y’Uko Twagirayezu kuri uyu wa kane, tariki 14 Ukuboza 2023 azanye Umuhesha w’inkiko w’umwuga agafatira umutungo wari […]

Continuer la lecture

Rubavu: Abashoferi ba Twegerane babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri mu abakora umurimo wo gutwara abagenzi mu modoka zizwi nka Twegerane mu karere ka Rubavu babyukiye mu gisa n’imyigaragambyo. Kubera ikibazo cy’amafaranga ibihumbi 2,900 Frw bishyuzwa bya buri munsi.   Aba bashoferi abaganiriye n’itangazamakuru bashyiraga mu majwi abakozi ba Jali ari nayo igenzura imikorere ya za Gare ziri […]

Continuer la lecture

Abanyarwanda basabwe gukomeza kwitegura amatora ya perezida n’abadepite

Komisiyo y’igihugu y’amatora, NEC, iributsa abaturage gukomeza kwitegura amatora ateganyijwe umwaka utaha ya perezida n’ay’abadepite. Ni mu gihe hari hashize iminsi hari kuba ibikorwa by’amatora yo kuzuza imyanya itari yuzuye mu nzego z’ibanze.   Takili ya 28 Ukwakira 2023 nibwo hatangiye ibikorwa by’amatora yo kuzuza imyanya itarimo abayobozi mu nzego z’ibanze kuva ku rwego rw’umudugudu […]

Continuer la lecture