Umunyamakuru Babu ukorera ISIBO TV yatawe muri yombi

Rugemana Amen wamamaye nka Babu, ukora ku Isibo TV, yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa nk’uko byahamijwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yahamirije IGIHE dukesha iyi nkuru  ko uyu munyamakuru yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku itariki ya 1 rishyira ku ya 2 […]

Continuer la lecture

Afurika y’Epfo yakanye amakuru akomeye yari yatanganjwe na M23

Ingabo z’Afurika y’Epfo ziri mu butumwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bw’umuryango w’ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC) zivuga ko umwe mu basirikare bazo yapfuye nyuma y’imirwano n’inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi bwa Congo. Ingabo z’Afurika y’Epfo (SANDF) zivuga ko ku wa kane “zahuye na M23 i Sake” – umujyi uri mu ntera ya kilometero 25 […]

Continuer la lecture

Rusesagina Paul aracyatoneka inzirakarengane z’ibitero bya FLN

Rusesagina Paul wigeze guhamywa ibyaha by’iterabwoba akomeje kwitabazwa mu bikorwa bibisha byo guhungabanya Abanyarwanda, agahabwa rugari akina ku mubyimba abagizweho ingaruka n’ibitero umutwe w’iterabwoba wa MRCD/FLN yayoboye wakoze mu gihugu. Kuri ubu ibinyamakuru by’amahanga byahagurutse mu mugambi wo gushaka guhungabanya Abanyarwanda mu bihe binjira mu matora, bitangira gusohora inkuru z’uruhererekane zigamije kwanduza isura y’u Rwanda […]

Continuer la lecture

Sergeant Robert Kabera watorotse igisirikare cy’u Rwanda yagaragaye ari kubumba amatafari mu gihugu cya Uganda

Sergeant Major Robert Kabera wari umusirikare w’icyamamare mu ngabi z’u Rwanda (RDF) kubera kuvanga akazi ke ko kurinda igihugu n’umuziki, watorotse igihugu mu Gushyingo k’umwaka w’2020, yagaragaye mu mashusho yashenguye imitima ya benshi, avuga ko asaba ubufasha kubera ubuzima bubi asigaye abamo, aho yabumbaga amatafari [y’ibyondo] y’inzu yavuze ko abanamo n’umuryango we. Mu mashusho amara […]

Continuer la lecture

Umunyarwandakazi w’umupilote ari kubica bigacika mu gihugu cya kenya kubera uburanga bwe

Umunyarwandakazi Huguette Umuhoza, usanzwe ari umupilote, yavugishije Abanya-Kenya amagambo menshi kubera ikimero cye kidasanzwe. Bijya gutangira,umushoramari wo muri Kenya witwa Khalif Kairo yafashe ifoto bari kumwe,hanyuma benshi amatsiko atuma abagabo bo muri iki gihugu bashakisha andi mafoto ya Huguette. Uyu mugabo yanditse ati “Nashyitse amahoro, izina rye ni Iggy. Umupilote w’indashyikirwa ukomoka mu Rwanda.’’ Abanya-Kenya […]

Continuer la lecture

M23 yafashe abasirikare ba Afurika y’Epfo barindwi abandi irabica

Ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Kinshasa zakubitiwe ahareba Nzega mu mirwano yabaye ku munsi w’ejo ku wa kane kuko zakubiswe ahababaza n’inyeshamba z’umutwe wa M23 urwanya leta ya Congo. Ni imirwano yabereye ku misozi yunamiye Centre ya Sake, aho iyi ntambara yari Ihanganishije uruhande rwa M23 n’ihuriro ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi […]

Continuer la lecture

Urukiko rwahaye igihano Dubai wagurishije umudugudu wubatse nabi abantu

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije Nsabimana Jean uzwi nka Dubai, ibyaha yari akurikiranyweho byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimpano rumuhanisha igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi 500 Frw. Rwahamije kandi Nkulikiyimfura Théopiste wari enjeniyeri, icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimpano, rumuhanisha gutanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw. Ku rundi ruhande […]

Continuer la lecture

M23 yavuze ko yabujije SADC kwica abaturage inasenya ibimodoka byayo by’intambara

Umutwe wa ARC/M23 watangaje ko wafashe imodoka eshatu z’ihuriro ry’ingabo zirimo iziri mu butumwa bw’umuryango wa Afurika y’amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, SAMIDRC Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2024 yatangaje ko ibi bitero byiciwemo abasivili 10, abandi benshi barakomereka, abandi bahunga ingo zabo, inzu […]

Continuer la lecture

M23 yarashe kuri SADC na FARDC amaguru bayabangira ingata bata imodoka cy’intambara

Ubwo ingabo za RDC hamwe n’abambari bayo SADC bateraga M23 mu misozi ya Sake baguwe gituma baraswaho kugeza bataye ikimodoka cy’intambara nkuko amakuru abitangaza. Amakuru avuga ko SADC yisunze FARDC na FDLR bashaka gutera batunguye M23,batungurwa nuko basanze yabiteguye ngo bakizwa n’amaguru. Amakuru avuga ko hari abasirikare benshi barashwe, abandi bafatwa mpiri. Ikinyamakuru Actualité.cd cyatangaje […]

Continuer la lecture

Uwashakaga kuba umukandida nyuma yo kubura ibyangombwa yabuze itike imusubiza iwabo

Uwitwa Twagirayezu Bertin wo mu karere ka Kamonyi washakaga kuba umukandida wigenga ku mwanya w’ubudepite, ngo yabuze ibyangombwa hafi ya byose bisabwa uwiyamamaza. Uyu uretse kubura ibyangombwa ngo yabuze itike imusubiza mu rugo bityo ngo arasaba icumbi mu Gatsata abe ariho arara. Mu gihe uyu munsi ariwo munsi wa nyuma wa gutanga kandidatire,Bwana Twagirayezu wifuza […]

Continuer la lecture

Udushya twinshi ku munsi wa nyuma kubatanze kandidatire

Kuri uyu wa 30 Gicurasi nibwo Komisiyo y’igihugu y’amatora ifunga kwakira kandidatire z’abiyamamaza ku mwanya w’ubudepite n’uwa Perezida gusa hari abayiganye bakora udushya twinshi. Mugisha Jessy wifuza kuba umukandida wigenga ku mwanya w’Abadepite mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kandidatire ye. Uyu yaje yambaye ikabutura ndetse n’ingofero isa n’izambarwa n’abarasita. Mugisha […]

Continuer la lecture