M23 yungutse abarwanyi bashya barenga 7000

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo watangaje ko wungutse abarwanyi bashya 7.437 bari bamaze amezi atandatu batorezwa mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuhango wo kwinjiza aba barwanyi mu gisirikare witabiriwe n’umuyobozi w’ihuriro AFC, Corneille Nangaa Yobeluo, n’umuyobozi w’abarwanyi ba M23, Gen Maj […]

Continuer la lecture

Gakenke: Polisi yafunze batandatu bacukuraga gasegereti na colta binyuranyije n’amategeko n’ababaguriraga

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gakenke yafunze abantu batandatu bafatiwe mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya gasegereti na colta mu buryo butemewe n’amategeko, mu Mugezi wa Rutumba, bakaba bafunganwe n’abandi batatu bakekwaho kuyagura. Aba bose bafashwe mu rukererera rwo kuri iki Cyumweru, tariki 14 Nzeri 2025, mu Murenge wa Ruli, mu Kagari ka Jango. Umuvugizi […]

Continuer la lecture

Kigali: Abapangayi barashinja ba nyir’inzu kubazamuriraho ibiciro uko bishakiye

Iyo uganiriye n’abakodesha inzu zo guturamo (abapangayi) mu bice bitandukanye cyane cyane abo mu Mujyi wa Kigali, bakubwira ko babangamiwe na ba nyir’inzu bahora babongeza amafaranga y’ubukode mu buryo budasobanutse, nta n’ikintu bavuguruye ku nzu ngo ibe yasizwe n’irangi ise neza kurushaho. Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali baganiriye na IGIHE dukesha iyi nkuru, bavuga […]

Continuer la lecture

Ruhango: Bafatiwe mu cyuho bakekwaho kwiba ihene, umwe aricwa

Abagabo babiri bafatiwe mu cyuho bari gucukura inzu ngo bibe ihene, maze bene urugo batabaye barashyamirana maze umwe muri mu bakekwaho ubujura arakubitwa cyane bimuviramo urupfu. Byabaye mu rukerera rwo ku wa 13 Nzeri 2025, mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ruhango, Akagari ka Tambwe, mu Mudugudu wa Ruduha, aho urugo rw’uwitwa Uwineza Providence w’imyaka […]

Continuer la lecture

RCS yasubije abavuga ko bafite ababo bagifunze bararangije ibihano

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rusaba abafite ababo bari mu magororero kujya bagana ubuyobozi bw’ayo magororero bukabereka amakuru ari muri dosiye z’abantu babo bari mu magororero kuko ari uburenganzira bwabo kumenya ayo makuru. Byatangarijwe ku Igororero rya Rusizi ku wa 6 Nzeli 2025, ubwo Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yari yasuye iri […]

Continuer la lecture

U Rwanda mu bihugu byatoye bishyigikira ubwigenge bwa Palestine

U Rwanda ruri mu bihugu byatoye bishyigikiye ishyirwa mu bikorwa ry’umwanzuro w’Umuryango w’Abibumbye ugena ko Abanya-Israel n’Abanye-Palestine bagabanywa ubutaka bubahoza mu makimbirane, buri gihugu kikagira ubwigenge. Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025 nibwo ibihugu biri mu Muryango w’Abibumbye byatoye bishyigikira amahame yiswe aya New York (New York Declaration). Aya mahame agizwe n’amapaji arindwi […]

Continuer la lecture

Papa Léon XIV yasabye abepisikopi kudahishira abihayimana bijandika mu by’ihohotera rishingiye ku gitsina

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Léon XIV, yasabye abepisikopi bashya guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorwa n’abihayimana, aho kubakingira ikibaba. Ni itangazo ryasohowe na Vatican, kuri uyu wa 12 Nzeri 2025. Mu myaka ishize ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bikozwe n’abihayimana bo muri Kiliziya Gatolika byakunze kugaragara hirya no hino ku Isi. […]

Continuer la lecture

Leta ya RDC yasubijwe amafaranga yari yaranyerejwe na Mutamba

Rawbank yamenyesheje Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko yamaze kohereza kuri konte ya Leta miliyoni 19 z’Amadolari zari zaranyerejwe na Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera. Aya makuru agaragara mu ibaruwa abanyamategeko b’iyi banki bandikiye uyu Mushinjacyaha, Firmin Mvonde Mambu, tariki ya 5 Nzeri 2025, ishingiye ku mwanzuro […]

Continuer la lecture

Green Amayaga yagabanyije toni zirenga 600 000 z’ibyuka bihumanya ikirere

Icyerekezo cy’u Rwanda ni ukugabanya ibyuka bihumanya ikirere ku kigero cya 38% by’ibyuka bihumanya ikirere bitarenze muri 2030, ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu cyo kubungabunga ibidukikije (REMA) gitangaza ko kugeza ubu umushinga wa Green Amayaga umaze kugabanya toni 625 000 z’imyuka ihumanya ikirere. REMA ivuga ko Umushinga Green Amayaga wari warihaye intego yo kuzatera ibiti […]

Continuer la lecture

Nyamasheke: Ababuriye ababo mu mpanuka y’urukuta bijejwe impozamarira

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko ikigo cyakoreshaga abakozi bagwiriwe n’urukuta bubaka urugomero rwa Nyirahindwe ya mbere gifite ubwishingizi, bityo ko Leta izakora ubuvugizi imiryango yabo ikabona impozamarira. Yabitangaje ku wa 11 Nzeri 2025, ubwo yari yitabiriye umuhango wo gushyingura imirambo umunani y’abakozi bagwiriwe n’urukuta. Ni abakozi bari mu mirimo yo kubaka urugomero […]

Continuer la lecture

RDC: Wazalendo yasohoye abanyeshuri n’abarimu mu mashuri ibakangisha kubica

Ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo rishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryirukanye abanyeshuri n’abarimu mu mashuri yo muri teritwari ya Kabare na Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ibikorwa byo gusohora abanyeshuri n’abarimu mu mashuri byatangiye tariki ya 9 Nzeri 2025. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza bose bahunga, abarwanyi bo muri […]

Continuer la lecture