Minisitiri Mukazayire yagaragaje ko u Rwanda rutarava mu biganiro na Formula 1

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko u Rwanda rutarava mu biganiro byo kwakira Grand Prix ya Formula 1 kandi icyizere cyo kwakira iryo rushanwa kiri hejuru ugereranyije n’uko ibiganiro biri kugenda. Mu Ukuboza 2024, ni bwo Perezida Kagame yatangaje ko u Rwanda rwatanze ubusabe bwo kwakira Isiganwa rya Formula 1, rikaba irya mbere ribereye […]

Continuer la lecture

U Rwanda na Maroc basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS, n’Urwego rushinzwe amagereza mu gihugu cya Maroc basinye amasezerano mu bijyanye no kugorora. Aya masezerano yasinywe mu gihe Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi, yari yitabiriye ubutumire bwa mugenzi we wo muri Maroc, DG Mohamed Salah Tamek. Ni ubutumire bugamije guteza imbere umubano w’inzego zombi. Umuvugizi w’Urwego rw’u […]

Continuer la lecture

RDF yababajwe n’impanuka ya drone yakomerekeje abana i Rutsiro

Ingabo z’u Rwanda zatangaje ko drone nto itagira abapilote yakoreye impanuka mu Karere ka Rutsiro ikomeretsa abanyeshuri batatu, bahita bajyanwa kwa muganga ngo bahabwe ubuvuzi. Iyi mpanuka yabaye ku wa 16 Nzeri 2025 saa Saba n’iminota 40 z’amanywa. Itangazo rya RDF risobanura ko ari drone nto itagira abapilote y’Ingabo z’u Rwanda yakoreshwaga mu myitozo. Riti […]

Continuer la lecture

Musanze: Polisi yafunze babiri bafatanywe litiro zirenga 1000 z’inzoga bise “Muhenyina”

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafunze abagabo babiri bo mu Mirenge ya Muhoza na Muko, bafatanywe litiro zirenga 1000 z’inzoga zitemewe bengeraga mu ngo zabo. Aba bagabo bafashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri, taliki ya 16 Nzeri 2025, ku bufatanye n’izindi nzego mu bikorwa byo gufata ibinyobwa bitemewe n’amategeko. Umuvugizi wa Polisi […]

Continuer la lecture

MINEDUC yatanze amabwiriza ku mashuri mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu gihe u Rwanda ruzaba rwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare amashuri y’inshuke kugeza ku makuru na kaminuza azaba ahagaritse ibikorwa hagamijwe imigendekere myiza y’irushanwa. Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera mu Mujyi wa Kigali kuva ku wa 21-28 Nzeri 2025. Itangazo rya Minisiteri y’Uburezi rimenyesha amashuri yose ko muri iki gihe amasomo azahagarikwa by’agateganyo […]

Continuer la lecture

Ingabo z’u Rwanda zavuye abarenga 200 muri Centrafrique ku buntu

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique zigize amatsinda ya RWABG VII na RWAMED X yita ku buvuzi, zahaye serivisi z’ubuvuzi abarenga 200 bo mu Bitaro bya Sam-Ouandja ku buntu. Aba baturage basuzumwe ndetse banavurwa indwara zitandukanye bikorwa nta kiguzi batanze. Hasuzumwe indwara zirimo malaria indwara zo mu nda, iz’imikaya, iz’ubuhumekero, […]

Continuer la lecture

AFC/M23 ihamya ko abasirikare ba FARDC na Wazalendo bayiyunzeho ku bushake

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagaragaje ko ritahatiye abasirikare b’iki gihugu, Wazalendo n’abasivili kuryiyungaho, ahubwo ko babikoze ku bushake bwabo kandi babyishimiye. Byasobanuwe n’Umuyobozi wungirije w’iri huriro ushinzwe ubukungu n’imari, Freddy Kaniki Rukema, ubwo umushakashatsi Dr. Bojana Coulibaly yamwibutsaga ko hari raporo zavuze ko aba bantu binjijwe muri AFC/M23 ku […]

Continuer la lecture

Musanze: Ababyeyi basubiye ku ntebe y’ishuri byabahinduriye ubuzima

Mu Karere ka Musanze, bamwe mu babyeyi biyemeje gusubira mu ishuri, bavuga ko n’ubwo babanje kunengwa n’abaturanyi, barangije amasomo yabo neza kandi bibahindurira ubuzima. Bamwe bazamuwe mu ntera mu kazi, abandi bongererwa imishahara, bituma barushaho guteza imbere imiryango yabo. Manishimwe Fulgence w’imyaka 45, umubyeyi w’abana batatu, yarangije amasomo mu bijyanye n’amashanyarazi muri imwe muri Kaminuza […]

Continuer la lecture

Rusizi: Umukozi wo mu rugo yatawe muri yombi akekwaho gutwika umwana

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi yataye muri yombi umukobwa wareraga umwana w’imyaka 2 wo mu Murenge wa Rwimbogo, nyuma y’uko uwo mwana yari agiye guhira mu nzu, Imana igakinga ukuboko. Abaturanyi b’iwabo w’uyu mwana bamutabaye yahiye ku gice cy’umutwe, yihishe mu nguni y’inzu. Icyo gihe umukozi umururera yavuze ko yamukarabije aramuryamisha ashiduka […]

Continuer la lecture

Nyabihu: Barasaba ingurane z’ibyabo bimaze imyaka 3 byangijwe

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kinyababa, Akagari ka Rubaya, Umurenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu, bavuga ko bamaze imyaka 3 basiragira ku ngurane z’ibyabo byangijwe n’umuyoboro w’amashanyarazi, bakaba bifuza ko inzego bireba zabafasha kubona ingurane. Abo baturage bavuga ko batewe igihombo n’ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi kuko wangije imitungo yabo inyuranye harimo imyaka, amashyamba n’ibiti […]

Continuer la lecture

Rusizi: Umwana w’imyaka 2 n’amezi 7 yahiriye mu nzu akurwamo akiri muzima

Umwana  w’imyaka 2 n’amezi 7 yahiriye mu cyumba yari aryamyemo mu Mudugudu wa Ruzeneko, Akagari ka Karenge, Umurenge wa Rwimbogo, Akarere ka Rusizi, ashya igice cy’umutwe, amaguru n’amaboko, akurwamo hasigaye gato ngo umuriro umukongore ariko akiri muzima. Uwo mwana w’umuhungu yahiriye mu nzu mu gihe se ukora akazi ko gucunga umutungo wa koperative yari amaze ibyimweru […]

Continuer la lecture