Kivu y’Amajyepfo: M23 iri gusatira santere ya Shabunda

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri gusatira santere ya Shabunda mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu gihe ikomeje guhangana n’ihuriro ry’ingabo za Leta n’imitwe ya Wazalendo. Teritwari ya Shabunda ni igice cy’ingenzi kuri Leta ya RDC kuko ikungahaye ku mabuye y’agaciro menshi, arimo zahabu. Ingabo za Leta […]

Continuer la lecture

Ubusazi ni uguhora usubiramo ikintu kimwe ugategereza umusaruro utandukanye – Amb. Bakuramutsa kuri RDC

Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa uhagarariye u Rwanda muri Loni no mu yindi miryango mpuzamahanga iherereye i Genève mu Busuwisi, yavuze ko kuba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihora yegeka ibibazo byayo ku Rwanda ikirengagiza umuzi nyawo w’ibibazo by’umutekano muke muri icyo gihugu, bidashobora gutuma haboneka umuti urambye wo kubikemura. Yabigarutseho kuri uyu wa 7 […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwemerewe kujya rukoresha ikirere cy’ibihugu 12 rutiriwe rusaba uruhushya

Abadepite batoye amategeko yemerera kwemeza burundu amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere, yasinywe hagati y’u Rwanda n’ibihugu 12, aya masezerano akaba arwemerera gukoresha ikirere cy’ibyo bihugu rutiriwe rubisaba uruhushya. Ibyo bihugu ni Eswatini, Guinea Conakry, Georgia, Canada, Liberia, Malawi, Mali, Oman, Pologne, Suriname, France na Zimbabwe. Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimy Gasore asobanura iby’aya […]

Continuer la lecture

Kicukiro: Barindwi bakekwaho kwamburira abagenzi kuri Gare ya Nyanza bafashwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Murenge wa Gatenga w’Akarere ka Kicukiro yataye muri yombi abantu barindwi bakekwaho kwamburira abagenzi mu gashyamba kari inyuma ya Gare ya Nyanza no kunywa ibiyobyabwenge. Hashize igihe abagenzi bategera imodoka muri Gare ya Nyanza bagaragariza inzego z’ubuyobozi ko hari abajura banywa urumogi, bakihisha muri aka gashyamba, babona umugenzi bakamwambura ibyo […]

Continuer la lecture

Kinshasa: Kiliziya Gatolika yamaganye igihano cy’urupfu Kabila yakatiwe

Kiliziya Gatolika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye igihano cy’urupfu Urukiko Rukuru rw’Igisirikare rwa Kinshasa, rwakatiye Joseph Kabila wayoboye iki gihugu kuva mu 2001 kugeza mu 2019. Tariki ya 30 Nzeri 2025 ni bwo uru rukiko rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara, ibyibasiye inyokomuntu no kuba mu […]

Continuer la lecture

Rusizi: Uwasozaga amashuri abanza yapfuye arohamye mu kiyaga

Muhawenayo Elysé w’imyaka 15 wigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, akaba yabanaga n’ababyeyi be mu Mudugudu wa Karambo, Akagari ka  Cyangugu, Umurenge wa Gihundwe, Akarere ka Rusizi, yapfuye arohamye mu Kiyaga cya Kivu. Bivugwa ko uwo mwana w’ingimbi yarohamye ubwo yari yajyanye na bagenzi be koga  kandi atabizi nta n’umwambaro w’ubwirinzi yambaye. Uyu mwana abyarwa […]

Continuer la lecture

Karongi: Ibendera ry’Akagari ka Buhoro ryibwe abaharinda basinziriye

Ibendera ry’Akagari ka Buhoro mu Murenge wa Gishyita, Akarere ka Karongi ryibwe, umuzamu n’abanyerondo babiri batabwa muri yombi kuko bavuga ko ryibwe mu gihe bose bari basinziriye. Abo bagabo uko ari batatu bafungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gishyita mu gihe iperereza rikomeje, kandi ubuyobozi bufite icyizere ko bashobora hutanga amakuru y’ibura ryaryo. Umwe […]

Continuer la lecture

Ubuziranenge bwongereye icyizere cy’u Rwanda mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Nsengiyumva Justin, yatangaje ko nyuma y’aho u Rwanda rwimakaje ubuziranenge mu bucuruzi, byagize uruhare rukomeye mu gutuma bugirirwa icyizere ku rwego mpuzamahanga, ashimangira ko ari inkingi y’iterambere rirambye. Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga ku Buziranenge (ISO Annual Meeting […]

Continuer la lecture

Ingabo za Uganda n’iza Somalia zafashe agace kari mu maboko ya Al-Shabaab

Ingabo za Uganda n’Iza Somalia ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zisubije agace ka Awdheegle gaherereye mu majyepfo y’iki gihugu kari karigaruriwe n’umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab. Igisirikare cya Uganda cyatangaje ko abasirikare bacyo ku bufatanye n’aba Somalia, bafashe Awdheegle ku wa 5 Ukwakira 2025 mu bikorwa bya “Operation Silent Storm” bimaze iminsi mu guca intege […]

Continuer la lecture

Minisitiri Biruta yashimangiye ko u Rwanda rutazacika intege mu guharanira imibanire myiza na RDC

Minisitiri w’Umutekano, akaba Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD), Dr. Vincent Biruta, yabwiye abayoboke baryo ko u Rwanda rutazacika intege ku ntambwe zo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’ubwo icyo gihugu cyo gikomeje kugenda biguru ntege ku byemeranyijwe. Ibyo ni bimwe mu byagarutsweho mu nama y’abagize Biro […]

Continuer la lecture

Gen Makenga yashimangiye ko ashaka gukura Tshisekedi ku butegetsi

Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Maj Sultani Makenga, yashimangiye ko afite intego zo gukura ku butegetsi, Perezida Félix Tshisekedi. Ubu butumwa yabuhaye abarwanyi bashya 9.350 bari bamaze amezi batorezwa mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Tchanzu, teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, tariki ya […]

Continuer la lecture