U Burundi bwagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Evariste Ndayishimiye yihanganishije abakomerekeye mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe ahahoze Isoko Rikuru rya Bujumbura. Ni igitero cyagabwe ku masaha y’umugoroba aho bivugwa ko abantu bagera ku icyenda bamaze kugikomerekeramo, icyakora amakuru y’abakiguyemo ntiyahise amanyekana. Nyuma y’iki gitero, imodoka nyinshi z’abashinzwe umutekano zahise zigota aho cyabereye ndetse n’imihanda imwe n’imwe irafungwa, mu gihe iperereza ryahise ritangizwa […]

Continuer la lecture

“Navuye muri FPR Inkotanyi ku mugaragaro ari bwo natangije ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya DGPR.” Ubuhamya bwa Dr. Frank Habineza

Mu kiganiro The Long Form na Sanny Ntayombya, Dr Habineza yagarutse ku rugendo rwe muri politiki, kuva kuri wa mwana wakuriye mu nka zo mu buhungiro muri Mityana, Uganda kugeza ku guhatanira kuyobora u Rwanda. Democratic Green Party of Rwanda, ni ishyaka rimaze imyaka 15 muri politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse rikomeje gukura […]

Continuer la lecture

Wa mukobwa wagonzwe na Ritco I Rubavu yashyinguwe mu cyubahiro

Mutoni Furaha wakundaga kwitwa Tonny, umukobwa wagozwe n’imodoka ya Ritco y’ikigo gitwara abagenzi yakoreraga, yashyinguwe mu cyubahiro kuri uyu wa Gatanu taliki ya 10 Gicurasi 2024. Furaha yakoreraga Ritco nk’umukozi ukata amatike muri gare ya Rubavu mu karere ka Rubavu mu ntara y’iburengerazuba, gusa yari yaragiyeyo mu rwego rwo gushakisha amaramuko kuko akomoka mu karere […]

Continuer la lecture

Bamwe mu bacungagereza basabiwe gufungwa by’agateganyo

Kuri uyu wa Gatatu taliki ya 08 Gicurasi 2024 mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge, ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye gusabira abacungagereza kuba bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 mu gihe bagikorwaho amaperereza ku byaha bakurikiranyweho birimo ibifitanye isano na ruswa. Abaregwa barasaba kurekurwa kuko bamaze amezi agera muri atanu bafunzwe binyuranyije n’amategeko. Umucungagereza mukuru waburanye kuri […]

Continuer la lecture

Perezida Ndayishimiye yatanze itegeko rikarishye nyuma y’igitero

Nyuma y’uko umutwe wa RED Tabara ugabye igitero muri Zone ya Gatumba mu Burundi, mu gace gahana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukivugana abantu 20, Perezira Evariste Ndayishimiye yategetse ko abagabye iki gitero bahigwa bukware. Iki gitero cyagabwe mu ijoro ryo ku ya 22 Ukuboza, aho uyu mutwe usanzwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi, […]

Continuer la lecture

Hagiye kuba ubwirakabiri buzagera no mu Rwanda

Abahanga mu by’isanzura batangaje ko kuwa Mbere tariki 16 Gicurasi 2022 hirya no hino ku Isi hazagaragara ubwirakabiri bw’ukwezi (Lunar eclipse) buzatuma uwo munsi kugaragara gusa nk’ukwatukuye cyangwa se gufite ibara ry’amaraso ibizwi nka ‘blood moon’. Ubwirakabiri bw’Ukwezi buba igihe kwanyuze inyuma y’Isi kugakingirizwa nayo bigatuma imirasire y’izuba itakugeraho neza ndetse kugahindura ibara. Biteganyijwe ko […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwamaganye amagambo ya Minisitiri wa RDC abeshyera Perezida Kagame

  , yamaganye ibyatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa RDC wavuze ko Perezida Paul Kagame amaze iminsi avugira mu bitangazamakuru mpuzamahanga ko “ingabo z’u Rwanda ntizizava muri RDC kugeza igihe Abatutsi b’abanye-Congo bazabonera uburenganzira bwabo.” Imbere y’abadipolomate bakorera i Kinshasa, tariki ya 8 Gicurasi 2024, Minisitiri Lutundula yavuze ko Perezida Kagame aherutse kubwira ikinyamakuru cyo […]

Continuer la lecture

FERWAFA ku byo kuzana rutahizamu Elijah mu Mavubi

Ferwafa ryatangaje ko kugeza ubu nta biganiro byari byaba hagati yabo na rutahizamu wa Bugesera Ani Elijah ngo abe yakinira ikipe y’igihugu Amavubi. Ibi Ferwafa ikaba yabitangaje nyuma y’amakuru yiriwe acaracara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko bisa nk’ibyarangiye ko uyu mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Nigeria yaba agiye gukinira ikipe y’igihugu Amavubi. Aganira na IGIHE […]

Continuer la lecture

Ntabanganyimana arasaba ubufasha bwo kwivuza kanseri y’ibihaha

Umunyarwanda witwa Ntabanganyimana Francois arasaba ubufasha bwo kwivuza kanseri y’ibihaha. Ntabanganyimana avuga ko nyuma y’igihe kinini yarahuye n’ikibazo cy’ubuzima, mu mwaka wa 2022 nibwo yagiye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal nuko amenya ko arwaye kanseri y’ibihaha. Akomeza avuga ko yabwiwe ko agomba gushaka uburyo ajya kuvurirwa hanze y’igihugu, ariko ahura n’inzitizi z’ubushobozi buke. Binyuze mu […]

Continuer la lecture

AFC/M23 yabwiye ikintu gikomeye amahanga atayifuza

Babinyujije mu Itangazo Abanyamuryango ba AFC/M23 bateye utwatsi uburyarya bw’imwe mu miryango mpuzamahanga, bavuga ko bakomeje guhagarara ku ntego yabo yo gutuma Abanyekongo bose basubirana uburenganganzira bwabo mu Gihugu cyabo. Bikubiye mu itangazo ryashyizweho umukondo n’Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo), Corneille Nangaa Yobeluo, risubiza ibimaze iminsi bisabwa n’amahanga ko umutwe wa M23 ukwiye kurekura […]

Continuer la lecture

Umukozi wa Ritco yagonze mugenzi we ahita apfa

Imodoka y’ikigo gitwara abagenzi ya, Ritco yagongeye umukozi wacyo wakataga amatike muri Gare ya Rubavu, arapfa. Umukozi wagonzwe n’iyo modoka yitwa Furaha. Iyi mpanuka yamuhitanye yabaye ku wa Gatatu tariki 8 Gicurasi 2024. Iyi mpanuka yaturutse ku kuba uyu mukobwa yari avuye mu modoka ya Ritco asohokamo ku ruhande hari indi modoka y’iki kigo nayo […]

Continuer la lecture