Connect with us

NEWS

Ishyaka rya Joseph Kabila ryahakanye amakuru avuga ko yaba ari i Goma

Published

on

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila ryamaganye ibirego bya Leta ya Congo ribishinja guharabika n’uguharabika impamvu za politiki

Ishyaka PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie) riyobowe na Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryateye utwatsi amakuru avuga ko Kabila yaba ari mu mujyi wa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi byatangajwe na Ferdinand Kambere, Umunyamabanga uhoraho w’iri shyaka, mu kiganiro yagiranye na Radiyo Okapi ya Loni, aho yavuze ko ayo makuru nta shingiro afite kandi ko agamije gusa kwibasira PPRD no guharabika Kabila.

Amakuru y’aho Kabila aherereye yatangiye kuvugwa ku wa Gatanu, tariki ya 18 Mata 2025, aho bamwe bavugaga ko yavuye mu buhungiro i Harare muri Zimbabwe akerekeza i Goma.

Umuvugizi w’umutwe wa M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko kuba Kabila yaba ari muri uyu mujyi nta kibazo bibatera, ariko ntihakunze kugaragara ibimenyetso bifatika byemeza ayo makuru.

Gusa Leta ya RDC yahise itangaza ko igiye gukurikirana Kabila mu butabera, imushinja “ubugambanyi bwo ku rwego rwo hejuru”, inafatira icyemezo cyo guhagarika ibikorwa bya PPRD ku butaka bwa Congo ndetse no kufatira imitungo ya Kabila yose, yaba ifatika n’idafatika.

Ferdinand Kambere yamaganye ibi byemezo bya Kinshasa, abigereranya no gukoresha ubushotoranyi bwa politiki. Yagize ati:

“Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu yaribeshye cyane. Ese ni nde wabonye Kabila i Goma n’amaso ye? Ni nde wabonye amafoto ye? Tubabajwe no kubona ubutegetsi bufata ibyemezo bushingiye ku bihuha bwo bwihimbiye.”

Yakomeje ashinja ubutegetsi bwa Président Félix Tshisekedi guhonyora demokarasi no gukoresha igitugu mu gucecekesha abatavuga rumwe na bwo. Ati:

“Ubutegetsi buriho burimo kwikubira ububasha bushingiye ku bitekerezo by’umuntu umwe. Ibi ni ibikorwa bihabanye n’amategeko ndetse bigamije gucecekesha abatavuga rumwe na bwo.”

Kambere yashimangiye ko ishyaka rya PPRD ritazigera ryemera guterwa ubwoba, kandi ko ibyemezo bya Kinshasa bishingiye ku kuba PPRD yaranze kwifatanya n’imigambi ya Tshisekedi, bigaragaza ko hakomeje kubaho gahunda yo gucecekesha no gukandamiza amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi.

Uru rubanza rushya hagati ya Leta ya RDC na Kabila rurerekana icyuho kinini mu mibanire ya politiki muri icyo gihugu, aho guhangana gukomeje gufata intera ndende hagati y’imitwe ya politiki.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *