Korea: Umukobwa wa perezida Kim Jong un yagaragaye atwaye igifaru.

NOUVELLES Autres nouvelles

Umukobwa wa Perezida wa Koreya ya Ruguru Kim Jong Un, Kim Ju Ae, yagaragaye atwaye igifaru na se amuri inyuma, byongera gushimangira ko uyu mwana yaba ari gutorezwa kuzasimbura se ku butegetsi.

Mu ifoto yashyizwe hanze n’ikinyamakuru cyo muri iki gihugu, KCNA, yagaragaje Ju Ae atwaye igifaru hejuru yacyo hicaye se, Kim Jong Un, ndetse n’abasirikare batatu bari inyuma ye.

Ibi bibaye mu gihe uyu mwana akomeje kugaragara cyane mu itangazamakuru ari kumwe na se, ibishimangira ko ashobora kuzasimbura se ku kuba umukuru w’igihugu.

Byatangiye kuvugwa ko Kim Ju Ae ashobora kuba ari gutorezwa kuzasimbura se ubwo yaherekezaga se mu uruzinduko rw’amateka yagiriye i Beijing mu Bushinwa.

Uyu mwana kandi aherutse kugaragara ari kumwe na se bitoza kurasa.

Ni mu gihe ubutasi bwa Koreya y’Epfo bwemeza ko Kim Jong Un afite undi mwana w’umuhungu mukuru kuri Kim Ju Ae ariko se yanze ko agira ahantu na hamwe agaragara mu itangazamakuru.

Yagaragaye ari kumwe na se atwaye Igifaru.
Ju Ae bikaba bivugwako ariwe ushobora kuzasimbura papa we ku butegetsi.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *