Israel na Liban bitegerejwe mu biganiro by’amahoro

NOUVELLES

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yategetse ko hatangizwa ibiganiro na Liban bizanaganirwamo ingingo yo kwambura intwaro umutwe wa Hezbollah.

Israel yubuye ibitero ku mutwe wa Hezbollah ukorera muri Liban ku wa 2 Werurwe, ubwo uyu mutwe ushyigikiwe na Iran watangiraga kurasa ku butaka bwa Israel.

Kuva icyo gihe Israel yarasaga muri Iran no muri Liban icyarimwe.

Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu ku wa 9 Mata 2026 yasohoye itangazo rivuga ko Liban imaze iminsi isaba ko habaho ibiganiro biganisha ku mahoro arambye.

Ati “Hagendewe ku busabe bwa Liban buhora bugaruka bwo kuyoboka ibiganiro bitaziguye, nasabye Guverinoma gutangira ibiganiro na Liban vuba bishoboka. Ibiganiro bizibanda ku kwambura intwaro Hezbollah no gutangiza umubano w’amahoro hagati ya Israel na Liban.”

Leta ya Liban igaragaza ko ibitero bya Israel byahitanye abantu 1.700 abandi barenga miliyoni bava mu byabo.

Reuters yanditse ko ibi bitero byahitanye abarwanyi babarirwa muri 400 ba Hezbollah

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

100%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *