Ibiganiro byari byatangiye byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi

NOUVELLES

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi byahagaze, nyuma y’uko iki gihugu gikomeje kugira uruhare mu ntambara iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ku wa 10 Werurwe 2025 intumwa zikora mu bijyanye n’ubutasi bw’u Rwanda n’iz’u Burundi zahuriye mu Ntara ya Kirundo, ziganira ku bibazo by’umutekano byateje umwuka mubi mu mubano w’ibihugu byombi.

Imwe mu ngingo ikomeye zaganiriweho ni ukuba u Burundi bwafungura imipaka yabwo n’u Rwanda bwafunze muri Mutarama 2024.

Ku wa 11 Mutarama 2024 u Burundi bwafunze imipaka yose ibuhuza n’u Rwanda, nyuma yo kurushinja gufasha umutwe wa RED Tabara utavuga rumwe na Gitega, ibintu u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko ari amakuru adafite aho ahuriye n’ukuri.

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi warushijeho kuzamba ubwo iki gihugu cyatangiraga gukorana n’umutwe wa FDLR, mu ntambara yo mu Burasirazuba bwa RDC.

Muri Nyakanga 2024, intumwa z’u Rwanda n’iz’u Burundi zahuriye muri Zanzibar mu mwiherero w’abayobozi bo muri Minisiteri z’Ububanyi n’Amahanga z’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Ibirasirazuba (EAC). Icyo gihe impande zombi zagiranye ibiganiro, ziyemeza gukora ibishoboka byose mu kuzahura umubano.

Uku guhura kwakurikiranye n’inama ndetse n’ibiganiro bitandukanye byagiye bihuza Leta y’u Rwanda n’u Burundi.

Muri Gicurasi 2025, Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko iyi ntambwe yari yatewe yagiye isubizwa inyuma na Perezida Evariste Ndayishimiye wakomeje kugaragara mu mvugo zibasira u Rwanda.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *