M23 yaba yafashe undi mujyi nyuma yo kwigarurira Bukavu

  Mu mirwano ihanganishije M23 n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), biravugwa ko uyu mutwe wamaze gufata undi mujyi ari wo Uvira wo mu Ntara ya Kivu y’Epfo. Amakuru aturuka muri Congo no mu bakurikiranira hafi uru rugamba ruhanganishije M23 n’igisirikare cya DRC gifatanyije n’abarimo Ingabo z’u Burundi n’umutwe wa FDLR n’ingabo za […]

Continuer la lecture

Igitutu cy’Amahanga gishobora gutuma Besigye arekurwa

  Umuryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’icyongereza, Commonwealth wahamagariye Uganda, kimwe mu bihugu 56 bigize uyu muryango, kurekura umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Kizza Besigye, uvuga ko ifungwa rye ryabangamiye demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Cyokora Perezida Yoweri Museveni yamaganye impungenge zijyanye n’ubuzima bwa Besigye, avuga ko kwigaragagambya yiyicisha inzara ari ugusebanya agamije gutera imbabazi ngo abone uko […]

Continuer la lecture

U Rwanda rwahagaritse imikoranire n’u Bubiligi

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier Nduhungirehe, yemeza ko u Rwanda rwahagaritse imikoranire n’u Bubiligi muri gahunda y’imyaka itanu yahereye mu 2024 ikazageza mu 2029. Icyo cyemezo cyafashwe nyuma yuko bigaragariye ko u Bubiligi bukomeje ubukangurambaga rutwitsi bufatanyijemo na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bugamije kuvangira u Rwanda no gutambamira imikorere rufitanye n’ibindi bihugu cyangwa […]

Continuer la lecture

AFC/M23 yongeye mu gisirikare cyayo abasirikare ba Congo baherutse kumanika amaboko

Ihuriro rya AFC/M23 ryafashe icyemezo cyo gushyira mu ngabo zayo abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, baherutse kumanika amaboko bakishyikiriza uyu mutwe. Abasirikare M23 yashyize mu ngabo zayo ni abaherutse kuyishyikiriza ubwo mu mpera za Mutarama 2025, uyu mutwe witwaje intwaro wabohoraga abatuye mu Mujyi wa Goma. Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, […]

Continuer la lecture

Bukavu: M23 yateguye umuganda

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wateguye umuganda mu mujyi wa Bukavu uherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu muganda rusange uzwi nka ‘Salongo’ mu burasirazuba bwa RDC wemerejwe mu nama abahagarariye M23 bagiranye n’abayobozi ba sosiyete sivile zikorera muri Bukavu. Biteganyijwe ko uyu muganda uzaba tariki ya […]

Continuer la lecture

RDC: Ingabo za Uganda zinjiye mu mujyi wa Bunia

Nyuma y’iminsi mike Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba, atangaje umugambi wo kohereza ingabo mu Mujyi wa Bunia kugira ngo zihagarike ubwicanyi bukorerwa Abahima, ubu izo ngabo zamaze kuhagera. Bunia ni umujyi uherereye mu Ntara ya Ituri, hafi ya kilometero 40 uvuye ku mupaka wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda. […]

Continuer la lecture

Tshisekedi yarakariye ibihugu bya Afurika byanze ko Loni yamagana u Rwanda

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yagaragaje ko yijunditse ibihugu bitatu byo ku Mugabane wa Afurika byanze ko Umuryango w’Abibumbye wamagana u Rwanda. Algeria, Sierra Leone na Somalia bifite imyanya idahoraho mu kanama ka Loni gashinzwe umutekano. Byo na Guyana biherutse kwanga gutora umwanzuro wako ushinja u Rwanda kohereza ingabo mu Burasirazuba […]

Continuer la lecture

Goma: M23 yashyizeho abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda

Muri Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, abarwanyi ba M23 bagenzura umujyi bashyizeho umutwe w’abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda. Guhera kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Gashyantare, aba bapolisi batangiye imirimo yabo, bafite inshingano zo guca akajagari, kwigisha uko umuhanda ukoreshwa neza, kugabanya impanuka no gukemura ibibazo by’umutekano mu muhanda. Muri Goma […]

Continuer la lecture

Jari na Rebero hagiye guterwaho ibiti bisaga miliyoni

Hagamijwe gukaza ingamba zo kwirinda isuri no kongera umwuka mwiza mu mu mujyi wa Kigali, hagiye guterwa ibiti ku musozi wa Jali mu Karere ka Gasabo, uwa Kigali mu Karere ka Nyarugenge n’uwa Rebero mu Karere ka Kicukiro. Kubera ibikorwa bitandukanye birimo n’iby’ubwubatsi byagiye byigarurira imyanya yakabayemo amashyamba kuri iyi misozi, byongereye ibyago by’ibiza. Ubuyobozi […]

Continuer la lecture

Uvira: Nyuma yo gusubiranamo hagati ya FARDC na Wazalendo, bikanze imirindi ya M23 bariyunga

Ituze ryagarutse ku wa mbere mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Epfo nyuma y’imirwano yabaye ku cyumweru yiciwemo abantu 12, abasivile n’abasirikare, nk’uko bivugwa na Radio Okapi. Iyo mirwano yabaye hagati y’abasirikare ba leta, FARDC n’itsinda ry’abarwanyi bazwi nka Wazalendo. Ku cyumweru, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiriye amafoto yafashwe n’umwe mu ngabo za leta […]

Continuer la lecture

Abahoze muri FDLR bamennye amabanga y’abo basizemo

Bamwe mu bahoze muri FDLR baherutse gutangaza ko umutwe wa FDLR nyuma y’ibikorwa by’iterambere wongeyeho ibikorwa by’ingengabitekerezo ya jenoside ndetse ukaba ukomeje kuyikwirakwiza hirya no hino. Hashize imyaka ikabakaba 30 Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR w’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ushinzwe. Ni umutwe wubakiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside. Ibi bishingira ku bitero wagiye ugaba […]

Continuer la lecture