Mu birori by’ubukwe, Davido yibutse umwana we witabye Imana

Umuhanzi w’umunyanigeria uririmba injyana ya Afrobeats David Adeleke, yazirikanye umwana we Ifeanyi Adeleke uherutse kwitaba Imana, ubwo yagaragaraga yambaye ishati ifite ibipesu bikozwe mu ifoto y’uwo mwana. Ni ubukwe yakoranye n’umugore we Chioma Rowlan, mu mpera z’icyumweru gishize burangwa no gusezerana imbere y’Imana, i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, byashimangiraga ibirori bari barabanje […]

Continuer la lecture

Musanze-Busogo: Umugabo yasanzwe mu ishyamba yapfuye

Mu Mudugudu wa Karema, Akagari ka Kavumu, Umurenge wa Busogo, Akarere ka Musanze haravugwa urupfu rw’umugabo witwa Niyonzima Joseph w’imyaka 57, wasanzwe yapfuye ari mu ishyamba. Aya makuru kugira ngo amenyekane yatanzwe n’Umukuru w’Umudugudu wa Karema avuga ko nyakwigendera yari yagiye mu bukwe ku munsi wabanje, ariko ntiyagarutse mu rugo, kugeza ubwo mu gitondo cyo […]

Continuer la lecture

Mali: Abarimo Général bafungiwe umugambi wo guhirika ubutegetsi

Igisirikare cya Mali cyataye muri yombi abasirikare bagera kuri 20 barimo Général, bakekwaho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Général Assimi Goïta. Umwe mu bashinzwe umutekano muri iki gihugu ku wa 10 Kanama 2025 yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati “Kuva mu minsi itatu ishize, hatawe muri yombi abakekwaho gushaka guhungabanya inzego. Hafunzwe abagera kuri 20.” Mu […]

Continuer la lecture

Gaza: Abanyamakuru batanu ba Al Jazeera bishwe n’igitero cya Israel

Abanyamakuru batanu bakorera Al Jazeera, barimo n’umunyamakuru uzwi cyane Anas al-Sharif, bishwe n’igitero cya Israel hafi y’ibitaro bya Al-Shifa mu Mujyi wa Gaza, nk’uko televiziyo Al Jazeera yabitangaje. Al-Sharif n’undi munyamakuru, Mohammed Qreiqeh, hamwe n’abafotora Ibrahim Zaher, Mohammed Noufal na Moamen Aliwa, bari mu ihema ryagenewe abanyamakuru ku muryango nyamukuru w’ibyo bitaro ubwo baraswaga, nk’uko […]

Continuer la lecture

Ibiciro ku masoko byiyongereyeho 7,3% muri Nyakanga

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda, NISR, cyatangaje ko ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 7,3% ugereranyije na Nyakanga 2024 mu gihe muri Kamena 2025 byari byiyongereyeho 7%. Muri Nyakanga 2025, ibiciro byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 6,4%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 12,2%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 70,7%. Ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 7% […]

Continuer la lecture

Abagabo babiri bakekwaho kwica abazamu i Rwamagana, barashwe barwanya abashinzwe umutekano

Abagabo babiri bari bakurikiranyweho kwica abazamu barindaga ububiko bw’inzoga mu Karere ka Rwamagana, barashwe ubwo bari basingiriye Abapolisi, bagashaka kubanigisha amapingu. Aba bagabo barashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, ubwo barwanyaga inzego z’umutekano. Bari bagiye kwerekana bimwe mu bikoresho bibye n’ibyo bakoresheje bica abo bazamu. Byabereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa […]

Continuer la lecture

Hatangijwe ubukangurambaga bwa ’Bime Amatwi’ bugamije guhashya ubutekamutwe bukorerwa kuri telefoni

Mu rwego rwo guhangana n’ibikorwa by’ubutekamutwe n’ubujura bukorwa mu kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga by’umwihariko ubukorerwa kuri telefoni bugamije gucucura abantu amafaranga, hatangijwe ubukangurambaga bwiswe ’Bime Amatwi’ bwitezweho gutanga umusaruro. Ni ubukangurambaga bwatangijwe na Banki Nkuru y’u Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Kugenzura Imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro, RURA, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Polisi y’Igihugu, […]

Continuer la lecture

Ubwiteganyirize muri Ejo Heza bwageze kuri miliyari 80 Frw

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, rwagaragaje ko Abanyarwanda bakomeje kwiteganyiriza by’igihe kirekire banyuze muri Ejo Heza, aho kugeza ubu abarenga 4.200.000 bayiyobotse mu gihe ubwiteganyirize bwageze kuri miliyari 80 Frw. Byagarutsweho kuri uyu wa 10 Kanama 2025, mu kiganiro Dusangire Ijambo cya Televiziyo Rwanda cyagarukaga ku kamaro ka pansiyo n’impamvu ari ngombwa kwiteganyiriza by’igihe kirekire. […]

Continuer la lecture

Rubavu: Umugabo ukekwaho gutemagura ibigori by’umuturanyi we yatawe muri yombi

Kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu Karere ka Rubavu hafungiye Harelimana Jean Claude, ukurikiranyweho gutema are 5 z’umurima w’ibigori by’umuturanyi we witwa Ngiruwonsanga Yves amukoreye urugomo, ibyo bigori akabigurisha n’ababihaga inka nk’ubwatsi. Uru rugomo nk’uko umuturage witwa Bigirimana Emmanuel yabitangarije Imvaho Nshya, ngo Harelimana Jean Claude yarukoreye mu Mudugudu wa Kanyamagare, Akagari ka Ryabizige […]

Continuer la lecture

U Bufaransa: Abimukira 15 basanzwe mu ikamyo ikonjesha inyama

Abimukira bagera kuri 15 bakomoka muri Eritrea basanzwe mu ikamyo ikonjesha isanzwe itwara ibirirwa birimo inyama n’imboga mu majyaruguru y’u Bufaransa. Yerekezaga mu Bwongereza kugira ngo binjire muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Aba bimukira babonetse ku wa 9 Kanama 2025, ubwo umushoferi wari utwaye iyo kamyo yari ipakiye imboga yumvise ibintu bikubita, yajya […]

Continuer la lecture

Murekeraho wabaye Umunyamabanga wa Leta yitabye Imana

Murekeraho Joseph wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, ushinzwe amashuri Abanza n’Ayisumbuye, yitabye Imana afite imyaka 73. Umwe mu bagize umuryango we yabwiye itangazamakuru ko Murekeraho yari amaze icyumweru arwaye indwara yoroheje, ariko uburwayi bwe bukarushaho gukomera ku wa Gatanu, tariki ya 8 Kanama 2025, ari na wo munsi yapfiriyeho. Yari arimo kuvurirwa mu […]

Continuer la lecture