APR FC yasinyishije Mamadou Traore wakiniraga Stade Malien yo Muri Mali.

NOUVELLES Sports

‎Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umukinnyi ukina hagati asatira ukomoka muri Mali, Mamadou Traoré, amasezerano y’imyaka ibiri kugira ngo asimbure Mamadou Lamine Bah uherutse gutandukana n’iyi kipe

Aya makuru yatangajwe n’umunyamakuru Bruno Taifa uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, usanzwe atangaza amakuru y’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Yagaragaje ko uyu musore w’imyaka 27 agiye kuva mu Ikipe ya Stade Malien y’iwabo asinyire iyi kipe yambara umweru n’umukara.

‎‎Mamadou Traoré ukoresha ukuguru kw’iburyo, azwiho ubuhanga bwo kurema uburyo bwabyara ibitego hagati mu kibuga. Mu mateka ye yakiniye amakipe atandukanye yo hanze y’igihugu cye arimo Menemen FK yo muri Turukiya ndetse na JS Kabylie yo muri Algérie.

‎‎Uyu mukinnyi kandi afite amateka akomeye ku rwego rw’igihugu kuko yafashije Ikipe y’Igihugu ya Mali y’Abatarengeje imyaka 20 kwegukana Igikombe cya Afurika cy’abakiri bato (U-20 AFCON) cyabaye mu mwaka wa 2019.

‎Uyu Munya-Mali abaye umukinnyi wa kane mushya w’umunyamahanga uvuzwe muri iyi kipe muri iyi mpeshyi. Aje yiyongera kuri myugariro Madou Zon wavuye muri TP Mazembe, Umunya-Côte d’Ivoire Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve usatira anyuze ibumoso wavuye muri AFAD Plateau n’umunyezamu Ernan Siluane ukomoka muri Mozambique.

Que pensez-vous de cet article ?

0%
aimer

J'aime

0%
amour

Amour

0%
heureux

Heureux

0%
haha

Haha

0%
triste

Triste

0%
en colère

En colère

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *