Abantu 59 batawe muri yombi mu cyumweru cy’icyunamo kubera ingengabitekerezo ya Jenoside.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko mu cyumweru cyo kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abantu 59 batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibifitanye isano na yo. Imibare ya RIB igaragaza ko muri iki cyumweru cyatangiye ku wa 7 Mata, kirangira ku wa 13 Mata 2026, habonetse ibirego 47 by’ingengabitekerezo ya […]

Continuer la lecture

Abakinnyi n’abayobozi ba PSG bunamiye uwari umukinnyi wa Liverpool Diogo Jota.

Mbere yo gukina umukino wo kwishyura wa UEFA Champions League, ikipe ya Paris Saint Germain yunamiye uwari umukinnyi wa Liverpool FC, Diego Jota, witabye Imana mu bihe byashize. Ku itariki ya 13 Mata 2026, nibwo abakinnyi ba Paris Saint-Germain basuye ahashyizwe urwibutso rwa Diego Jota imbere ya stade ya Anfield, bashyiraho indabo mu kumwibuka. PSG […]

Continuer la lecture

Muhawenimana Claude aravugwaho kunyereza amafaranga y’Abafana b’Amavubi.

Muhawenimana Claude wari Perezida w’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, yahagaritswe by’agateganyo ku nshingano ze nyuma yo gukekwaho kunyereza amafaranga angana na Miliyoni 3 Frw yagenewe abafana mu mikino ya FIFA Series 2026. Icyemezo cyo kumuhagarika cyafashwe na Komite Nyobozi y’iri huriro mu nama zitandukanye zabaye hagati ya tariki ya 4 na 12 Mata 2026, nyuma […]

Continuer la lecture

Rusizi: Gitifu w’Umurenge afunzwe azira gutegeka Kwibuka tariki 6 Mata.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama mu Ntara y’Iburengerazuba, Ndamyimana Daniel, washakaga ko bibuka tariki 6 Mata 2026. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko Ndamyimana akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside no kugoreka ukuri kuri Jenoside agamije kuyobya rubanda. Yafashwe ku wa 11 Mata 2026. Ni nyuma […]

Continuer la lecture

Ngoma: Inkuba yakubise abantu 26, umwe yitaba Imana

Abantu 26 bo mu Karere ka Ngoma bakubiswe n’inkuba, umwe ahita yitaba Imana mu gihe abandi bajyanywe kwa muganga Iyi nkuba yakubise abaturage ahagana Saa Tanu zo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mata 2026, mu Kagari ka Cyarwa mu Murenge wa Gashanda mu Karere ka Ngoma. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashanda, Ngenda Mathias, […]

Continuer la lecture

Amerika: Jay Squeezer yatewe n’abagizi ba nabi bamusiga ari intere

Kambale Wilondja wamamaye nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku ku mbuga nkoranyambaga, yatewe mu rugo aho atuye muri Leta ya Arizona muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’itsinda ry’abagizi ba nabi, baramukubita bamusiga ari intere. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 12-13 Mata 2026 nk’uko yabitangaje yatewe n’itsinda ry’abasore batatu bari bitwaje intwaro icyakora Imana igakinga […]

Continuer la lecture

Uwahoze ari Minisitiri wa RDC mu ntumwa za AFC/M23 zagiye kuganirira na Kinshasa mu Busuwisi.

Franck Mwe di Malila Apenela wahoze ari Minisitiri muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , ari mu ntumwa za AFC/M23 zitabiriye ibiganiro byayo na Leta ya Kinshasa mu Busuwisi. Ni ibiganiro byatangiye kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mata, bikazamara iminsi itanu. Jeune Afrique ivuga ko intumwa 12 ari zo AFC/M23 yohereje […]

Continuer la lecture

Urupfu rw’Ashlee Jenae uzwi ku mbuga nkoranyambaga rukomeje kuvugisha benshi.

Umuryango w’umunyamerikakazi uzwi ku mbuga nkoranyambaga urimo gusaba ibisubizo nyuma y’amakuru avuga ko yapfiriye muri Tanzania aho yari yaragiye gutemberana n’umukunzi we Leta ya Tanzania cyangwa polisi yaho ntacyo baravuga ku makuru y’urupfu rwa Ashlee Jenae uzwi ku mbuga nkoranyambaga aho agaragaza imibereho y’ubuzima bw’agatatangaza. Urupfu rwe rwatangajwe bwa mbere ku cyumweru n’uvuga ko ari […]

Continuer la lecture

Papa Leo XIV yasubije Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yavuze ko adashaka guterana amagambo na Perezida Donald Trump nyuma yuko amwibasiye avuga ko atari umufana we, amuziza kuba yaramaganye ibitero bya America kuri Iran. Ni nyuma yuko Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America atangaje amagambo akomeye kuri Leo XIV wanabaye Umushumba wa […]

Continuer la lecture

Pope Léon XIV agiye gutangira uruzinduko rw’iminsi 10 muri Afurika.

Papa Léon XIV agiye gutangira urugendo rwe rwa mbere ku mugabane wa Afurika, rugomba kumara iminsi icumi. Ni uruzinduko atangira kuri uyu wa Mbere muri Algeria mbere yo gukomereza muri Cameroun. Léon XIV azagera mu mijyi 11 ya Afurika, aho biteganyijwe ko azakora urugendo rwa kilometero ibihumbi 18 mu ngendo z’ingende 18 azakora. Cardinal Michael […]

Continuer la lecture

#Kwibuka32 Ibyaranze tariki ya 13 Mata 1994.

Ku munsi nk’uyu w’itariki ya 13  Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu. Iyi nkuru iragaragaza hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi kuri iyi tariki mu 1994 1. Iyicwa ry’abatutsi muri College Saint Andre i Nyamirambo Mu murenge wa Nyamirambo mu kigo cy’ishuri […]

Continuer la lecture