MINALOC ivuga iki ku bayobozi mu nzego z’ibanze basiragiza itangazamakuru

Mu nzego z’ibanze, by’umwihariko mu turere, ni hamwe mu hacyumvikana abayobozi basiragiza itangazamakuru ntibaryohoreze kubona amakuru yo muri izo nzego kandi biri mu nshingano zabo ndetse binagira uruhare mu iterambere ry’umuturage. Mu mahugurwa yavugaga ku ruhare rw’abaturage mu iterambere ry’uturere Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yahaye abanyamakuru, bagaragaje ko hakiri ikibazo cy’abayobozi bakoma mu nkokora imikorere […]

Continuer la lecture

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abajyanama be

Perezida wa Reoubulika Paul Kagame, yayoboye Inama y’Akanama Ngishwanama k’Umukuru w’Igihugu (PAC), ihuriro ruhurizwamo impuguke z’Abanyarwanda n’abo ku rwego mpuzamahanga, bashinzwe kugira inama Umukuru w’Igihugu na Guverinoma kugira ngo bungurane ibitekerezo ku iterambere ry’u Rwanda. Iyi nama yabereye kuri Kigali Golf Resort, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Ukwakira 2025. Ibi biganiro by’Umukuru w’Igihugu […]

Continuer la lecture

Kabila yayoboye inama y’abatavuga rumwe na Tshisekedi

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019 ayoboye inama ihuza abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi iri kubera i Nairobi. Abanyapolitiki bitabiriye iyi nama barimo Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe kuva mu 2012 kugeza mu 2016, Seth Kikuni, Franck Diongo, Néhémie Mwilanya, Raymond Tshibanda, José […]

Continuer la lecture

Abana 10 bazahagararira u Rwanda muri ‘FC Bayern Youth Cup 2025’

Abana 10 bazahagararira u Rwanda mu Irushanwa ry’Abatarengeje imyaka 16 “FC Bayern Youth Cup World Final” ritegurwa na FC Bayern Munich yo mu Budage, bakiriwe na Minisiteri ya Siporo. Ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 13 Ukwakira 2025, ni bwo Minisiteri ya Siporo yatangaje ko Umuyobozi wa Isonga, Dr. Claireon Niyonsenga, yakiriye abana […]

Continuer la lecture

Dr. Frank Habineza na Alphonse Nkubana batorewe kuba Abasenateri

Dr. Frank Habineza uyobora ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democaratic Green Party Rwanda) na Alphonse Nkubana uyobora Ishyaka ry’Ubwisungane Bugamije Iterambere (PSP), batowe n’abahagarariye Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) kuba Abasenateri. Mu nama rusange idasanzwe y’iryo huriro yateraniye i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukwakira 2025 ni yo […]

Continuer la lecture

Ross Kana yijeje gucana umucyo muri ‘The Silver Gala’

Ross Kana yagaragaje ko ageze kure imyiteguro y’ibirori azaririmbamo bya ‘The Silver Gala’, bizaba mu Ugushyingo 2025. Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE dukesha iyi nkuru aho yavuze ko atari we uzabona uwo munsi w’ibi birori ugeze. Ati “Sinjye uzabona uwo munsi ugeze, natunguwe n’abana tuzafatanya bo muri Sherrie Silver Foundation, njye nasanze hari ibyo […]

Continuer la lecture

Abasenateri batandatu barakoza imitwe y’intoki ku iherezo rya manda zabo

Senateri Evode Uwizeyimana, André Twahirwa, Clotilde Mukakarangwa, Epiphanie Kanziza, Alexis Mugisha, na Jean Pierre Dusingizemungu, bazasoza manda yabo y’imyaka itanu mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Sena, mu cyumweru gitaha. Abo Basenateri bose barahiriye kwinjira muri Sena imbere ya Perezida Paul Kagame ku wa 22 Ukwakira 2020. Bivuze ko ku wa 22 Ukwakira 2025 bazaba […]

Continuer la lecture

Rubavu: Afungiye kwicisha umutego w’igitoki umugore w’umuturanyi

Uzarama w’imyaka 18 y’amavuko afungiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Kanama mu Karere ka Rubavu, akurikiranyweho kwica Manizabayo Béatrice w’imyaka 43 amukubise umutego w’igitoki (urwego, injagwe, isando) mu mutwe inshuro eshatu. Bivugwa ko Uzarama yivuganye uwo mugore w’umuturanyi ubwo yari amukurikiye agiye kumwaka uwo mutego yari ashinguye ku nsina ye ku bw’urugomo. Umuturage wo […]

Continuer la lecture

Ambasaderi Ngoga yasabye Loni kutavangira amasezerano y’u Rwanda na RDC

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yasabye ibihugu bigize akanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano kwirinda kuvangira iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ubwo ibihugu bigize aka kanama byaganiraga ku mutekano mu karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari ku wa 13 Ukwakira 2025, Ambasaderi Ngoga yavuze ko bigaragara ko […]

Continuer la lecture

Abivuriza mu bitaro bya CARAES Ndera bageze ku bihumbi 119 mu 2024/2025

Ubuyobozi bw’ibitaro bya CARAES Ndera bwatangaje ko mu mwaka wa 2024/2025 byakiriye abarwayi 119.859, biyongereyeho 17,7% ugereranyije n’umwaka wari wabanje. Ibi bitaro mu 2023 byari byakiriye abarwayi ibihumbi 94, mu mwaka wakurikiyeho wa 2024 barenga ibihumbi 101. Kuri iyi nshuro abarwayi ibi bitaro byakira bariyongereye nk’uko byagaragajwe muri raporo yakozwe kuva muri Nyakanga 2024 kugeza […]

Continuer la lecture

Abadepite bo muri Kenya bemeje itegeko rigenga ifaranga koranabuhanga

Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya yemeje itegeko rigenga amafaranga y’ikoranabuhanga arimo azwi nka ’Cryptocurrency’, mu rwego rwo gukurura ishoramari no gukemura ikibazo cyo kubura amabwiriza ahamye agenga uru rwego. Iri tegeko nirimara kwemezwa n’umukuru w’igihugu, Banki Nkuru ya Kenya izaba ifite inshingano zo kugenzura no gushyiraho amafaranga y’ikoranabuhanga. Ni mu gihe Urwego rw’Isoko ry’Imari n’Imigabane […]

Continuer la lecture